• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Ubwanditsi 27 Dec 2017 POLITIKI

Senateri Tito Rutaremara atangaza ko hari ibanga ryakoreshejwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi nka kimwe mu byihishe ubuyobozi bwabayeho mu Rwanda kuva rubonye ubwigenge kugeza mu 1994, ku ikubitiro harimo kugira impamvu nyakuri, imiyoborere n’imigabo n’imigambi.

Mu gihe Umuryango FPR-Inkotanyi ubwo wizihizaga imyaka 30 umaze, Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru  yagiranye ikiganiro kihariye na Senateri Tito Rutaremara, avuga ko hari ibanga mu miyoborere ryakoreshejwe na FPR-Inkotanyi nka kimwe mu byihishe ubuyobozi bwabayeho mu Rwanda kuva rubonye ubwigenge kugeza mu 1994.

Avuga ko nta banga ridasanzwe usibye kubanza kugira impamvu ituma ubohora igihugu, ukamenya impamvu z’ukuri buri wese yabona z’uko igihugu kimeze kandi ukagenda uzishakira politiki yo kuzirangiza, ari byo umuntu yakwita imigabo n’imigambi y’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Tito agira ati “Icyo twarushije abandi nka RPF-Inkotanyi, ni ukugira impamvu nyakuri, tugira umurongo wa Politiki muzima kandi mwiza urangiza ibibazo igihugu gifite, tugira Imana tugira n’abayobozi beza kuko iyo tutabagira ntitwari kubigeraho. Ni icyo cyonyine twarushije ubuyobozi bwari buriho mbere ya 1994”.

Tito kandi anagaruka yerekana zimwe mu mpamvu nyakuri zavuzwe hejuru zatumye RPF yiyemeza kubohora u Rwanda, atanga ingero z’uko igihugu cyari kibuze ubumwe kuko hari abari barahunze kimwe n’abari barasigaye mu gihugu imbere kuko batabanaga. Yongeraho iby’amoko y’Abahutu, Abatutsi, Abanyenduga n’Abakiga byagaragazaga ko ubwo bumwe bwari bubuze, ndetse n’ubukene mu banyarwanda bwagaragariraga buri wese.

Atangaza ko Abanyarwanda batishyiraga ngo bizane basa n’abafungiranye batabona impapuro zo kugenda, batava muri komini ngo bage mu yindi, hakaza impamvu z’imiyoborere myiza, iza ruswa, kwiga, ubona nta n’ubwigenge, ibyo n’ibyo FPR-Inkotanyi yubakiyeho imigambi.

Tito avuga ko nyuma y’imyaka 30 umuryango FPR-Inkotanyi umaze uvutse ndetse ukaza kugera kuri byinshi birimo no kubohora igihugu ukanagiteza imbere ku buryo butangaza n’amahanga, ko ibyo byose iyo FPR itizera ko byashobokaga kugerwaho, itari no kwirirwa ibikora kuko ari ibintu abantu bari bafite mu gitekerezo ko bigomba kugerwaho kandi hagombaga gushakwa imbaraga zose kugira ngo ibyo yifuzaga bigerweho.

Tito agira ati “Twari RPF-Inkotanyi yari ifite igitekerezo ishaka n’imbaraga kugira ngo ibyifuzo byayo bigerweho. Buriya abantu bose babohora igihugu baba bazi ko bafite imbaraga zo kugera kuri iyo ntego naho ubundi bazi ko batazifite bakekeranya nta cyo bakora, yewe nta n’icyo bageraho”.

Mu kiganiro anafata umwanya wo gusubiza ku banyamahanga badashimishwa n’ukunyurwa kw’abanyarwanda nyuma y’ibyo byose RPF-Inkotanyi yabagejejeho mu myaka 23 imaze kubohora u Rwanda, avuga ko babiterwa no kuba hari bamwe badakunda u Rwanda cyangwa babanye na Leta zabanje, icyakorwa cyose kiza bakaba batakemera, abandi bakumva ko umunyafurika adakwiye kugira igitekerezo ke, adakwiye kwigenga mu bitekerezo kandi atanakwiye kwishyira ngo yizane.

Mu rwego rwo guhangana nabyo, Senateri Tito ahamagarira Abanyarwanda kubikumira kuko bafite umurongo wabo wa politiki, abayobozi bayobora bakamenya ko bagomba gukorera abaturage kandi nabo bakabibonamo, hakabaho no guhora bashaka icyabateza imbere, ibyo bafite bagaharanira kongeraho ibindi.

Mu rugamba rwo gukomeza guteza imbere Abanyarwanda, Tito anagaruka ku munyarwanda wifuzwa mu myaka 30 iri imbere kandi agendeye ku kerekezo u Rwanda rwerekezamo cya 2050, avuga ko na n’ubu umunyarwanda atarabohoka byifuzwa kuko hakiri intambara yo kumubohora.

Agira ati “Muri iyo myaka hifuzwa Umunyarwanda utagifite ubujiji, ubukene, ufite aho yivuza indwara zose kandi ufite aho umwana yiga ibyo ashaka kandi ashoboye, umunyarwanda ashobora gukora umwaka cyangwa 2 akabasha kureba aho aruhukira yifuza hose, aho ni ho azaba abohotse”.

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Mushikiwabo yavuye imuzi ibyo kwakira abimukira bazaturuka muri Libya na Israel

Minisitiri Mushikiwabo yavuye imuzi ibyo kwakira abimukira bazaturuka muri Libya na Israel

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura

Ubwanditsi 17 Feb 2020
Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Ubwanditsi 26 May 2025
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida
Amakuru

Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro
Mu Mahanga

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF
IMIKINO

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Ubwanditsi 23 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru