• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Editorial 12 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga ryita ku buzima (OMS), Tedros Adhanom Ghebreyesus, yashimye umuhate wa Perezida Paul Kagame mu guteza imbere ubuzima kuri bose.

Tedros yabitangaje nyuma yo guhura na Perezida Kagame kuri uyu wa Kane tariki 11 Mutarama 2018.

Abinyujije uri Twitter yagize ati “Ni icyubahiro gikomeye guhura na Perezida Kagame. Namushimiye ubuyobozi bwe n’ubufasha bwe bwa politiki igamije ubuzima kuri bose. U Rwanda ruri gukora ibikomeye mu kwita buzima bwa bose.”

Kuri uyu wa Kane, ubwo yasuraga Ikigo Nderabuzima cya Mayange giherereye mu Karere ka Bugesera mu ruzinduko rugamije kureba ibikorwa by’u Rwanda mu kwegereza ubuvuzi abaturage, Dr. Tedros, yavuze ko yanyuzwe n’uruhare abajyanama b’ubuzima bagira mu gutuma abanyarwanda bagerwaho na serivisi z’ubuzima.

Dr. Tedros yakomeje avuga ko yanyuzwe n’ibikorwa bamugaragarije birimo kuba abana bose bakingirwa, kuba abaturage bagura mituweli, isuku, kuringaniza urubyaro, kuba abagore babyarira kwa muganga n’ibindi, ashimangira ko ibindi bihugu bikwiye gushyiraho urwego rw’abajyanama b’ubuzima kugira ngo bigeze ubuvuzi ku baturage bose.

Perezida Paul Kagame na we abinyujije kuri Twitter, yabwiye Dr Tedros ko kugeza ubuzima kuri bose bikwiye kuba inshingano y’ingenzi ya buri muntu cyane cyane abayobozi.

Yagize ati “Ubuzima bw’abatuye isi niyo nshingano y’ingenzi kuri twese cyane cyane abayobozi.Bifite n’ingaruka kandi ku mutekano.Urakoze Dr Tedros ku kazi k’ingirakamaro.”

Mu 2003, abanyarwanda 7% ni bo bari bafite mituweli ifatwa nk’inkingi ikomeye mu gutanga ubuvuzi kuri bose, ariko kubera umuhate wa Leta y’u Rwanda ibinyujije mu bukangurambaga bukorwa n’abajyanama b’ubuzima, ubu bwitabire bugeze hejuru ya 84%.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba , yavuze ko mu Rwanda ababyeyi babyarira kwa muganga ari 91%, abana bafata inkingo bari kuri 93% kandi ngo hari gukorwa ibishoboka byose ngo bigere ku 100% .

2018-01-12
Editorial

IZINDI NKURU

Musanze : Perezida Kagame aribaza impamvu ibibazo bimara igihe bivugwa ariko ntibikemurwe

Musanze : Perezida Kagame aribaza impamvu ibibazo bimara igihe bivugwa ariko ntibikemurwe

Editorial 09 May 2019
Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana

Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana

Editorial 12 Feb 2021
Uganda: Rene Rutagungira yitabaje  Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Editorial 10 Dec 2017
Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa

Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa

Editorial 03 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Morgan Tsvangirai yitabye Imana
Mu Mahanga

Zimbabwe: Morgan Tsvangirai yitabye Imana

Editorial 15 Feb 2018
Inkuru yabaye impamo, umunyacyaha Cassien Ntamuhanga watorotse gereza mu Rwanda yafatiwe i Maputo
Amakuru

Inkuru yabaye impamo, umunyacyaha Cassien Ntamuhanga watorotse gereza mu Rwanda yafatiwe i Maputo

Editorial 28 May 2021
Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”
Mu Mahanga

Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Editorial 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru