• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2018: Turajya mu kibuga tutitaye ko Libya ari Abarabu-Bizimana Djihad

CHAN 2018: Turajya mu kibuga tutitaye ko Libya ari Abarabu-Bizimana Djihad

Ubwanditsi 23 Jan 2018 IMIKINO

Bizimana Djihad umukinnyi wo hagati mu ikipe y’igihugu Amavubi na APR FC akanaba kapiteni wungirije Ndayishimiye Eric Bakame, avuga ko kuri uyu mugoroba ubwo Amavubi araba akina na Libya batari buze gukangwa nuko ari Abarabu ahubwo ko bari bube bareba icyatanga amanota yaba rimwe cya atatu y’umunsi.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru b’abanyarwanda bari i Tanger muri Maroc, Bizimana Djihad yababwiye ko imyitozo ya nyuma yagenze neza bityo ko igisigaye ari ukureba uko bazamuka muri kimwe cya kane cy’irangiza (1/4). Bizimana Djihad yagize ati:

Birashoboka kuko yaba Libya n’izindi kipe zose ziri hano zose zirashoboye. Tuzashyiramo imbaraga zishoboka mu buryo dushoboye. Icyo twe tureba ntabwo ari bya bindi ngo ni Libya ikipe y’Abarabu, ubu twe turareba ngo ni umukino wacu tugomba kubonamo itike.

Mu myitozo ya nyuma, abakinnyi bose uko ari 23 bari bagarutse nyuma yuko Mico Justin wari ufite ikibazo ku mugongo yari yagarutse kandi ko Bizimana abona ko ari ikintu gitanga icyizere ku mukino wa Libya ugomba gukinwa saa tatu z’umugoroba ku masaha ya Kigali (21h00’).

Umukino u Rwanda rwakinnye na Nigeria banganyije 0-0, Bizimana Djihad aba umukinnyi w’umukino. Ku mukino Amavubi yatsinzemo Equatorial Guinea ni Bizimana watanze umupira wavuyemo igitego cyatsinzwe na Manzi Thierry. Icyo gihe Manzi Thierry yahise aba umukinnyi w’umukino.

Kuba abakinnyi b’abanyarwanda bagenda baba abakinnyi bitwara neza mu mukino, Bizimana Djihad avuga ko hari ikintu kinini bivuze kandi ko binerekana ko mu Rwanda hari impano. Bizimana yagize ati:

Nk’uko nari nabivuze ubwa mbere ku mukino wa mbere mba umukinnyi w’umukino, navuze ko bitanga akanyabugabo ku bandi bakinnyi n’ikipe muri rusange. Buriya abakinnyi bava mu ikipe iyo bitwaye neza mu mukino biba bigaragaza ko harimo impano, biradufasha bikanatwongerera icyizere.

Bizimana asoza avuga ko nta kindi bagamije kuri uyu mugoroba ni ukwitanga bakareba uko baba bageze muri kimwe cya kane nyuma bakazarwana urundi rugamba rwabageza muri kimwe cya kabiri bagana ku mukino wa nyuma.

Kuri ubu u Rwanda rurasabwa nibura kunganya na Libya kugira ngo bazamuke ari aba mbere mu itsinda rya Gatatu (C-) n’amanota atanu. Mu gihe byaba amahire Amavubi agatsinda umukino, bazamuka bafite amanota arindwi (7).

Bizimana Djihad yabaye umukinnyi w'umukino wahuje Rwanda 0-0 Nigeria

Bizimana Djihad yabaye umukinnyi w’umukino ubwo u Rwanda rwanganyaga na Nigeria 0-0

Manzi Thierry yabaye umukinnyi w'umukino w'u Rwanda 1-0 Equatorial Guinea

Manzi Thierry yabaye umukinnyi w’umukino w’u Rwanda 1-0 Equatorial Guinea

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Ubwanditsi 28 Sep 2025
Abahanzi nyarwanda batangiye gushaka amajwi muri Guma Guma

Abahanzi nyarwanda batangiye gushaka amajwi muri Guma Guma

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Ubwanditsi 09 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero
HIRYA NO HINO

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Ubwanditsi 04 Oct 2019
#Kwibuka23: Umunyamabanga Mukuru wa LOni arasaba Isi kwigira ku Rwanda
ITOHOZA

#Kwibuka23: Umunyamabanga Mukuru wa LOni arasaba Isi kwigira ku Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye
INKURU NYAMUKURU

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Ubwanditsi 02 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru