• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Seyoboka yashinjwe ko amafoto ye yigaragambya muri Canada agaragaza ko yari agifite imigambi mibi

Seyoboka yashinjwe ko amafoto ye yigaragambya muri Canada agaragaza ko yari agifite imigambi mibi

Ubwanditsi 09 Feb 2018 Mu Rwanda

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwerekanye amafoto ya Sous Lt Henri Jean Claude Seyoboka ubwo yabaga muri Canada yitabiriye imyigaragambyo yamagana Leta y’u Rwanda, bushimangira ko ari ikimenyetso cy’uko yari agifite imigambi mibi.

Ni kuri uyu wa Kane ubwo mu Rukiko rwa Gisirikare i Nyamirambo hakomezaga urubanza ubushinjacyaha buregamo Sous Lt Seyoboka ibyaha bya Jenoside.

Seyoboka w’imyaka 51 yagejejwe mu Rwanda mu 2016 nyuma y’imyaka 20 aba muri Canada. Ashinjwa ibyaha bitatu birimo icya Jenoside, icyo kurimbura imbaga n’ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu.

Ibi byaha ashinjwa kuba yarabikoreye ahahoze hazwi nka CELA (Centre d’Etudes des Langues Africaine), St Famille na Saint Paul mu Mujyi wa Kigali.

Ibyaha uyu mugabo ashinjwa ko yabikoze hagati ya tariki 1 Ukwakira 1990 na 31 Ukuboza 1994.

Mu iburanisha ry’uyu munsi, umwanya munini wihariwe n’ubushinjacyaha, bushimangira ibimenyetso bwatanze ku byo Seyoboka aregwa.

Seyoboka kuri uyu wa Gatatu yari yahakanye ibyaha byose aregwa, avuga ko uvugwa atari we ndetse n’aho bivuga ko yiciye Abatutsi muri Jenoside atahageze.

Umushinjacyaha ashimangira ibimenyetso yatanze, yabanje kugaruka ku mvugo Seyoboka yakoresheje avuga ko we ku matariki ashinjwaho kujya mu bitero yabaga ari guhangana n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi, azirasaho ibisasu biremereye ndetse ko ari we warashe ku nyubako ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko (yahoze yitwa CND).

Umushinjacyaha yavuze ko ibyo ari ubwishongozi kuza kugaragaza ibyo yagiye akora mu rukiko.

Yakomeje avuga ko ibyo bashinja Seyoboka bafite ibimenyetso ko yabikoze.

Ku kijyanye no kugira umugambi wo gukora Jenoside, umushinjacyaha yavuze ko Seyoboka yatozaga Interahamwe muri Komini Nyarugenge kandi ngo nubwo yireguye avuga ko icyo gihe ashinjwa kuzitoza yigaga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare, ngo ntabwo yari afungiweyo ku buryo atashoboraga kuvayo ngo aze i Kigali.

Yavuze ko kandi ko Seyoboka hari amafoto yafashwe ari mu myigaragambyo yamagana Leta y’u Rwanda ubwo yabaga muri Canada, umushinjacyaha akavuga ko bishimangira umugambi we w’urwango n’imigambi mibi byari bigikomeje.

Seyoboka yaburanye ahakana ibyo aregwa avuga ko uwo abatangabuhamya bavuga witwa Lt Claude atari we.

Umushinjacyaha yavuze ko Seyoboka ari gushaka kujijisha kandi abatangabuhamya baravuze ko bamuzi neza ndetse hari umwe muri bo beretse ifoto akemeza ko ari we wabayoboraga mu bitero byagiye kwica Abatutsi.

Yavuze ko bishoboka ko abatangabuhamya batatanze amazina ye yose ariko ko bidakuraho ibyo ashinjwa.

Yavuze ko kandi kuba ushinjwa ari Seyoboka binemezwa no kuba ubutabera bwa Canada bwaramwohereje mu Rwanda bwabanje gusuzuma neza, ngo iyo aba atari we ntibwari kumwohereza.

Ikindi ngo birasanzwe haba mu gisirikare cyangwa mu basivili ko ufite ipeti rya Sous Lieutenant ashobora kwitwa Lieutenant.

Umushinjacyaha avuga ko mu bashinja Seyoboka harimo uwari Burugumesitiri wa Nyarugenge ndetse n’uwari wungirije Seyoboka mu kuyobora ibitero byishe Abatutsi, bityo ko abo bantu batabeshya kandi barakoranye, byongeye bari banaturanye.

Umushinjacyaha yavuze ko ahubwo Seyoboka yakabaye asaba imbabazi Abanyarwanda aho kugaragaza ko ari umwere.

Avuga ku batangabuhamya b’ubushinjacyaha, Seyoboka yavuze ko hari abo atizeye ibyo bavuze, agaragaza ko hari n’ahandi bagiye batanga ubuhamya bukangwa kubera ko burimo ibinyoma.

Yavuze ko adashobora kubona amagambo asobanuramo Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ari icyaha gikomeye cyane, by’umwihariko kuba ari Abanyarwanda bishe bagenzi babo b’Abatutsi babahora ubwoko bwabo.

Yavuze ko iyo aza kugirira urwango Abatutsi atari gusiga mukase wari umugore wa kabiri.

Seyoboka yavuze ko iyo aba yarahawe ‘mission’ yo kurimbura Abatutsi atari kuyihabwa wenyine, ko yari kuyihabwa hamwe n’abasirikare bagenzi be biganagana i Butare guhera mu 1993. Yireguye avuga ko yagiye mu gisirikare agiye gutabara igihugu atari agiye kwica.

Impande zombi zimaze kugaragaza ibimenyetso byazo, zahawe kugaragaza amazina y’abatangabuhamya bazo.

Ubushinjacyaha bwagaragaje urutonde rw’abatangabuhamya icyenda bazaza gushinja Seyoboka, biganjemo abasanzwe baratanze ubuhamya ubushinjacyaha bushingiraho ibirego.

Seyoboka yatanze amazina y’abantu 16 barimo ababa mu mahanga bahoranye mu gisirikare, nubwo umucamanaza yagaragaje ko bishobora kuzagorana kuko nta buryo bwo kuvugana imbonankubone n’abari kure buri muri urwo rukiko.

Mu bo yatanze, harimo n’uwarokokeye aho ashinjwa kuyoborera ibitero na bariyeri ziciweho Abatutsi.

Urubanza ruzakomeza tariki ya 19 na 20 Werurwe 2018 humvwa abatangabuhamya b’ubushinjacyaha.

2018-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Ubwanditsi 26 May 2017
Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo  n’ ibitabo by’indirimbo

Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Ubwanditsi 13 Oct 2017
General  Major Musare wayoboraga FDLR-RUD  yitabye Imana

General Major Musare wayoboraga FDLR-RUD yitabye Imana

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya
Amakuru

Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Ubwanditsi 15 Nov 2021
Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Ubwanditsi 18 May 2019
Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho
Mu Rwanda

Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Ubwanditsi 26 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru