• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwanda yemeye ko yabeshye inzego za Amerika ngo ahabwe ubwenegihugu

Umunyarwanda yemeye ko yabeshye inzego za Amerika ngo ahabwe ubwenegihugu

Editorial 02 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda witwa Peter Kalimu w’imyaka 52 uba ahitwa Buffalo, umwe mu Mijyi yo muri Leta ya New York, yemereye umucamanza Frank P. Geraci, Jr ko yakoresheje impapuro mpimbano ngo ahabwe ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kalimu ashinjwa kubeshya abayobozi mu nzego zishinzwe umutekano mu gihugu (U.S. Department of Homeland Security), akabahisha uwo ariwe.

Intumwa ya leta yungirije, Jonathan Cantil, wakurikiranye iki kirego, yavuze ko Kalimu, yahishe ko yigeze gukoresha izina rya Fidele Twizere. Avuga ko mu gusaba ubwenegihugu yasubije ko ‘ntayo’ ahantu hamusabaga gushyiraho andi mazina yaba yarigeze kwitwa.

Avuga ko mu Ugushyingo 2014, Kalimu yandikiye inzego z’umutekano azimenyesha ko nta rindi zina yigeze akoresha keretse Peter Kalimu ndetse akiri no mu Rwanda ntarindi yigeze. Ibi byatumye izo nzego zagenzuraga niba akwiriye guhabwa ubwenegihugu zidakomeza iperereza ryimbitse ku nkomoko ye.

Yatangiye gukurikiranwa nyuma y’amaperereza yakozwe n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka n’urushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu bisabwe n’inzego zirimo izishinzwe iby’ubwenegihugu n’ubuyobozi bwa Buffalo.

Abashinjacyaha bavuze ko umuntu witwa Fidele Twizere akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Ibiro by’intumwa nkuru ya Leta byatangaje ko icyaha Kalimu yemeye gihanishwa igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu y’ibihumbi 250 by’amadolari. Biteganyijwe ko urubanza ruzasomwa ku wa 7 Kamena uyu mwaka.

2018-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Editorial 15 Apr 2021
Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Editorial 19 Dec 2017
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Editorial 28 Feb 2020
Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Editorial 30 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasabo: Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima
Mu Rwanda

Gasabo: Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Editorial 04 Nov 2017
Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare
Mu Mahanga

Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare

Editorial 17 Sep 2016
Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye
ITOHOZA

Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye

Editorial 11 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru