• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

Ubwanditsi 06 Mar 2018 POLITIKI

Nyuma y’igihe kinini u Rwanda rudacana uwaka na Human Rights Watch (HRW), umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, kubera raporo irutangazaho, amasezerano y’imikoranire yageze ku ndunduro.

Muri Nyakanga 2017, uyu muryango wasohoye raporo ku Rwanda wise “All Thieves must be killed”, bisobanuye ngo “Abajura bose bagomba kwicwa”; ishinja inzego z’umutekano ko zishe abaturage bagera kuri 37 mu Burengerazuba bw’u Rwanda kuva muri Mata 2016.

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yaje gusohora raporo yerekana ko HRW yavuze ko hari abantu bishwe nyamara bakiriho. Itangazamakuru ryeretswe bamwe mu bavugwa muri iyo raporo bakiriho n’abandi bahamya ko bagenzi babo bakiriho ndetse ko abapfuye bazize indwara bitari ukwicwa.

Iyo raporo ya HRW yazamuye uburakari ku ruhande rw’u Rwanda, maze mu Ukwakira 2017 abadepite baganira na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Nirere Madeleine, abahamirije ko raporo ya HRW yuzuyemo ibinyoma.

Mu myanzuro Inteko Ishinga Amategeko yashyikirije Guverinoma, harimo uwayisabaga ‘kongera gusuzuma amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch, ku buryo ibikorwa bigayitse bikomeje kuyiranga mu guharabika isura y’u Rwanda n’Abanyarwanda bitakomeza gukorwa hashingiwe cyangwa hitwajwe ayo masezerano atanakurikizwa’. Guverinoma yahawe iminsi 30 kuba yagaragaje icyo yabikozeho.

Mu kiganiro cyihariye na IGIHE, Ukuriye Ishami rya Minisiteri y’Ubutabera rishinzwe ubufatanye mu butabera mpuzamahanga, Umurungi Providence, yatangaje ko ibyo Inteko Ishinga Amategeko yasabaga byakozwe, isubizwa mu ibaruwa iyimenyesha icyemezo cyo kutazavugurura amasezerano na HRW.

Amasezerano u Rwanda rwari rufitanye na HRW yari yarasinywe ku wa 29 Kamena 2016 arangira ku wa 29 Werurwe 2017.

Murungi yagize ati “Icyemezo cyafashwe ni uko Guverinoma yasanze nta mpamvu yo kongera kuvugurura ayo masezerano, bishingiye ku mikoranire n’imikorere n’ubundi yari yabanjirije amasezerano yari acyuye igihe. Ibikorwa bya HRW twasanze nta burenganzira bwa muntu birengera ahubwo bifite impamvu zihishe za politiki aho kuba iz’uburenganzira bwa muntu.”

Ikindi kandi raporo ya HRW yo muri Nyakanga 2017 yasohotse n’ubundi nta cyangombwa cyo gukorera mu Rwanda ifite.

Minisiteri y’Ubutabera ivuga ko hafashwe icyo cyemezo cyo kutavugurura ayo masezerano ariko n’ubundi nta baruwa HRW yari yandika isaba kuyongera. Ariko ngo hari amakuru ifite ko abantu bayo bagenda baca muri za Ambasade, bashaka ko zayifasha akongerwa.

Amasezerano HRW yagiye yica, yavugaga ko mu gihe iri gukora raporo yajya ibanza kuganira na Minsiiteri y’Ubutabera ku kintu ibonye kitagenda mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu mbere yo kuyitangaza.

Mu gihe HRW nta mikoranire n’u Rwanda, Guverinoma yamenyesheje Inteko ko hari indi miryango itegamiye kuri leta yita ku burenganzira bwa muntu izakomeza gukorana nayo.

Ese u Rwanda ruzajyana mu nkiko HRW?

Mu bitekerezo byatanzwe nyuma ya raporo yerekanaga ko hari abantu bapfuye nyamara bakiriho, harimo no kuba HRW yagezwa mu nkiko.

Kuri iki kirebana n’ubutabera, Murungi yagize ati “Twaje gusanga atari ngombwa, kwaba ari ukuyiha ingufu tugiye mu manza nayo.”

Akomeza avuga ko abashyizwe muri iyo raporo ko bapfuye nyamara bakiriho begerwa bagahumurizwa.

Inteko Ishinga Amategeko yari yasabye Guverinoma gushakira abunganira abo raporo ya HRW ivuga ko bapfuye kandi bariho kugira ngo bayikurikirane mu nkiko kubera ko bahungabanyijwe (préjudice moral) n’ibinyoma bikubiye muri raporo yise “All Thieves must be killed”.
Raporo za Human Rights Watch zagiye zishoka zishinja u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa muntu zaramaganywe, ndetse rukanagaragaza ko ushaka ukuri adakwiye kuzisoma.

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ubwanditsi 26 Jul 2016
RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Ubwanditsi 20 Sep 2024
Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Ubwanditsi 01 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagore barasabwa  gutinyuka   umwuga  wa  sinema
Mu Rwanda

Abagore barasabwa  gutinyuka   umwuga  wa  sinema

Ubwanditsi 16 Mar 2018
KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako
Mu Rwanda

KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

Ubwanditsi 31 May 2018
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba
Amakuru

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru