• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Besigye asanga iby’u Rwanda na Uganda ari nk’umucuraguzi ubuza umukire amahwemo

Besigye asanga iby’u Rwanda na Uganda ari nk’umucuraguzi ubuza umukire amahwemo

Editorial 07 Mar 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kizza Besigye, Umunyapolitiki utavuga rumwe na Yoweri Kaguta Museveni uyobora Uganda yatangaje ko umubano w’u Rwanda na Uganda utameze neza muri iki gihe uzakomeza kuzamba no kugora abantu benshi bitewe n’amateka ibihugu byombi bisangiye.

Ibi uyu mugabo wari umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri mu kiganiro n’abanyamakuru, aho yavuze ku bibazo bitandukanye byugarije igihugu cye birimo no kuba uwari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, Gen. Kale Kayihura, yarasimbujwe ku mwanya we.

Besigye umaze gushaka uburyo yayobora Uganda inshuro enye, yabwiye abanyamakuru ko imwe mu mpamvu zatumye Gen Kale Kayihura yirukanwa ku mwanya w’Umuyobozi wa Polisi; ari ibibazo biri mu mubano w’u Rwanda na Uganda.

Yakomeje atangaza ko mu busanzwe, Kayihura ari umuntu mwiza, wahuye n’ibyago byo gukorana n’abantu babi. Ati “Nzi Kayihura mbere y’uko aba umusirikare ndetse na mbere y’uko ahinduka igikoresho. Nk’umuntu, Kayihura ni mwiza. Ni umunyabwenge. Ibikorwa bye ntabwo ari iby’ubuswa.”

Impamvu z’ukwirukanwa kwe ngo si ugushaka impinduka muri Polisi ya Uganda ahubwo ngo byaturutse kandi ku mubano we na Perezida Museveni.

‘U Rwanda rwa Kagame ruri ku murongo’

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Besigye yashimye uburyo u Rwanda ruyobowe, avuga ko bitandukanye n’igihugu cye kuko ngo ishyaka riri ku butegetsi ritakoze ibyo ryagombaga gukora.

Yatanze urugero kuri gahunda zirimo nko kuhira, avuga ko Uganda ifite amavomo menshi ariko Museveni ashobora kuhira imyaka akoresheje uducupa.

Ati “U Rwanda rwa Kagame ruteye imbere, ruri ku murongo kurusha hano…hano umuntu amaze igihe kirekire, n’ubushobozi bwinshi. [Mu Rwanda] Hari imisozi, imihanda myiza, uburyo bwo kuhira. Hano ufite imihanda irimo ibinogo hanyuma Museveni azakoresha amacupa mu kuhira.”

Yakomeje avuga ko Museveni afitiye Kagame ishyari bitewe n’uko igihugu cye ari gito kurusha Uganda ariko kikaba gikomeje gutera imbere.

Yagarutse ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Hashize igihe umubano w’u Rwanda na Uganda urimo agatotsi biturutse ku mutwe wa RNC wagabye ibirindiro muri iki gihugu cy’igituranyi, aho uta muri yombi Abanyarwanda badashyigikiye ibikorwa byawo. Ni ibintu byavuzwe kenshi ko bishyigikiwe n’Inzego z’Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda.

Mu bihe bitandukanye, Abanyarwanda batawe muri yombi, barafungwa abandi bakorerwa iyicarubozo bashinjwa kuba muri Uganda nk’intasi mu gihe bo bakora ibikorwa bisanzwe by’ubucuruzi.

Abakuru b’ibihugu byombi baherutse kugirana ibiganiro bigamije gushyira ibintu mu buryo byaje binakurikira ibyo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kuteesa, yagiranye na Perezida Kagame bigamije gukemura ibibazo bya Politiki biri hagati y’ibihugu byombi.

Besigye yabwiye abanyamakuru ko ’’umubano w’u Rwanda na Uganda uzakomeza kugora abantu benshi kuko abayobozi b’ibihugu byombi bagiye bagirana umubano mwiza n’umubi.”

Yawugereranyije n’umucuraguzi, ashaka kwerekana ko Uganda yabaye gashozantambara. Ati “Abacuraguzi bajya mu mbuga y’ababayeho neza bashaka ko babura amahwemo nka bo, ibyo ni bike mu byo mbona mu mubano w’u Rwanda na Uganda.”

Warren Kizza Besigye Kifefe wavuye mu gisirikare cya Uganda afite ipeti rya Colonel, yayoboye ishyaka riharanira impinduka muri demokarasi, FDC, ndetse aribera umukandida mu matora yo mu 2001,2006,2011 na 2016 hose atsindwa na Museveni.

Besigye yavuze ko impamvu zatumye IGP Kayihula yirukanwa ku mwanya w’Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, ari ukubera umubano w’igihugu cye n’u Rwanda

Besigye yashimye uburyo u Rwanda ruyobowe, avuga ko bitandukanye n’igihugu cye

Yavuze ko muri Uganda, Museveni akoresha amacupa mu kuhira imyaka naho mu Rwanda hakaba hari uburyo bwo kuhira bugezweho

2018-03-07
Editorial

IZINDI NKURU

Ubutegetsi bwa Museveni bukomeje kuba indiri n’umuhuza w’abarwanya u Rwanda cyane cyane RNC na FDLR

Ubutegetsi bwa Museveni bukomeje kuba indiri n’umuhuza w’abarwanya u Rwanda cyane cyane RNC na FDLR

Editorial 21 Dec 2018
Ikibazo cya FDLR si umubare w’abawugize, ikibazo ni ingengabitekerezo bagenderaho, ibikorwa byabo muri iyi minsi bigaragaza ko bacitse intege” –  Maj Gen Paul Rwarakabije

Ikibazo cya FDLR si umubare w’abawugize, ikibazo ni ingengabitekerezo bagenderaho, ibikorwa byabo muri iyi minsi bigaragaza ko bacitse intege” –  Maj Gen Paul Rwarakabije

Editorial 14 Oct 2019
Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Editorial 27 Dec 2019
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Editorial 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]
INKURU ZAKUNZWE CYANE

L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]

Editorial 12 Oct 2018
Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu
POLITIKI

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Editorial 07 Apr 2018
Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?
Amakuru

Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Editorial 19 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru