• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Editorial 17 Mar 2018 Mu Rwanda

Uzayisaba Alex uherutse gukurwa ku bunyamabanga bw’Ishyirahamwe ry’abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO), yanze gukora ihererekanyabubasha n’uwamusimbuye.

Hashize igihe kitari gito, Uzayisaba yegujwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) nyuma y’ubugenzuzi cyakoze kigasanga yarakoresheje nabi umutungo w’iri shyirahamwe.

Ibi byaje gutuma uyu mugabo anafungwa kugira ngo akurikiranweho ibyo byaha uretse ko yaje kurekurwa n’Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo, bigaragaye ko ibyo yaregwagwa nta shingiro bifite.

Amaze gufungurwa, Uzayisaba yatangaje  ko yanze gukora ihererekanyabubasha n’uwamusimbuye kuko yashyizweho mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yagize ati “ Njye nanze kubikora kuko n’uwo RCA yansimbuje yamushyizeho binyuranyije n’amategeko kubera ko ihererekanyabubasha rikorwa hari inteko rusange n’inama y’ubutegetsi nk’uko ingingo ya 49 y’itegeko rigenga koperative ivuga ko nteko ari yo ifata umwanzuro w’ibibazo biri muri koperative.”

Uzayisaba yakomeje avuga ko atiyumvisha uburyo RCA yamusimbuje Muvunyi Augustin wahoze ari Umugenzuzi wa FERWACOTAMO mu gihe manda ye yari yararangiye.

Uhagarariye RCA mu Mujyi wa Kigali, Abdoul Wahab, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko RCA yasabye ishyirahamwe ko rimuhagarika kuko biri mu nshingano zayo.

Yagize ati “RCA ni urwego rushinzwe kurebera amakoperative, twe iyo dukoze ubugenzunzi umuntu akagaragaraho imicungire mibi, ni mu bubasha bwacu ko twandikira inzego kugira ngo zihagarike uwo mukozi, n’aho ibyo kuvuga ngo bazane komite n’uko abizi ko nta ikiriho, yavuyeho.”

Yongeyeho ko FERWACOTAMO ari yo ikwiye kwitabaza izindi nzego zisumbuye kugira ngo akore ihererekanyabubasha kuko RCA idafite ububasha bwo gukoreha umuntu ikintu adashaka.

Umuyobozi w’agateganyo wa FERWACOTAMO, Bigirimana Salomon, avuga ko bagiye kwitabaza inzego z’ubutabera.

Yagize ati “ Kuba yaranze gukora ihererekanyabubasha hari byinshi birimo kwica kuko hari moto 116 zatanzwe ku banyamuryango tutari kumenya uko zishyurwa kandi n’ibyangombwa byazo birakingiranye. Ikindi hari n’abanyamuryango bishyuye imisanzu kugira ngo bahabwe moto ariko babuze uko bazihabwa.”

Kugeza ubu hari moto 50 zo muri gahunda ya ‘Twigire motari’ zikiri mu bubiko bwa MAGERWA ku buryo amafaranga zizishyura ngo zisohoke akomeje kwiyongera.

Mu Rwanda habarurwa abamotari barenga ibihumbi 19.

Uzayisaba Alex uherutse gukurwa ku bunyamabanga bw’Ishyirahamwe ry’abamotari mu Rwanda

Umuyobozi w’agateganyo w’Impuzamashyirahamwe y’abamotari, Bigirimana Salomon

2018-03-17
Editorial

IZINDI NKURU

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Editorial 21 Mar 2017
Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura

Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura

Editorial 18 May 2017
Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Editorial 21 Sep 2023
Kuri uyu wa gatandatu mu mukino wa gishuti, ikipe ya APR FC irakira Kiyovu SC.

Kuri uyu wa gatandatu mu mukino wa gishuti, ikipe ya APR FC irakira Kiyovu SC.

Editorial 04 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Editorial 27 Feb 2017
Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu

Editorial 24 Mar 2016
Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD
Mu Rwanda

Ishyaka PS Imberakuri ryemeje ko nta mukandida rizatanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ntirizashyigikira na Kagame nka PL na PSD

Editorial 12 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru