• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma yo kwanga ubufasha bahawe impunzi z’abarundi ziramya Zebiya zatangiye gusubira I Burundi
Impunzi z'abarundi k'umupaka wa Nemba OSBP basubira iwabo

Nyuma yo kwanga ubufasha bahawe impunzi z’abarundi ziramya Zebiya zatangiye gusubira I Burundi

Editorial 01 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Burya umunyarwanda yaciye umugani ngo “amaherezo y’inzira ni munzu” yari inararibonye!

Ibi nibyo byabaye ku mpunzi z’abarundi zari zimaze iminsi zihungiye mu Rwanda nyuma yo kwanga kuguma muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo aho zasabwaga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi arimo kwibaruza hakoreshejwe ikoranabuhanga, guhabwa ibiribwa (bo badashobora kurya kubera imyemerere yabo ibabuza kurya ibiryo byakorewe mu ruganda) ndetse no gukingiza abana babo indwara.

Kubera imyemerere y’izi mpunzi, zanze ko abana babo bakingirwa banga kwemera ko babarurwa. Leta y’u Rwanda nayo yahise itangaza ko izabafasha gusubira iwabo niba babyifuza.

Uku kwigomeka kandi kubangamiye amabwiriza ashyirwaho na World Health Organization kubyerekeye ubuzima bw’abantu cyane cyane abana bagizwe ingwate ntibahabwe inkingo kubera iyo myemerere.

Amakuru twabonye aravuga ko umwe mu bana bato cyane muri izi mpunzi yitabye Imana kubera indwara ziterwa no kuba atarakingiwe.

Guverinoma y’u Rwanda yari yatangaje ko itazigera na rimwe igira uwo yima ubuhungiro, ariko yihanangiriza ko uwifuza kwinjira mu Rwanda agomba gukurikiza amategeko yarwo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louse Mushikiwabo yabitangarije abanyamakuru mu kiganiro yagiranye nabo mu byumweru bibiri bishinze.

Yagize ati “Icya mbere ni uko ntawasubiza inyuma uje aguhungiraho. Kuba batemera kubarurwa ni ikibazo kuko utakwakira abantu utazi abo ari bo kuko batemera kubazwa.

Igihugu rero nticyabyihanganira, tuzakomeza tuganire nabo turebe ko bakwemera kubahiriza amabwiriza.”

Nyuma y’ibiganiro (bikinakomeza) bamwe bafashe icyemezo cyo gusubira mu gihugu cyabo ariko amakuru twabonye nuko hari bamwe muribo basigaye bakaba bacyitekerezaho niba bava kwizima bagasubira mu gihugu bahunze cyangwa baguma mu Rwanda bakubahiriza amategeko n’amabwiriza y’igihugu cyabakiriye.

Impunzi z’Abarundi zaturutse muri RDC, zashyizwe mu nkambi eshatu z’agateganyo; 1607 bari i Bugesera, 522 bashyizwe i Nyanza, abasigaye 394 bagumye Nyarushishi mu Karere ka Rusizi aho bahise bajyanwa bakigera mu Rwanda.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Impunzi muri Ministeri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi, Rwahama Jean Claude, yatangarije IGIHE ko kugeza ku mugoroba wo ku wa 31 Werurwe 2018, impunzi zari zicumbitse i Bugesera zamaze kwiyemeza gutaha iwabo.

Yagize ati “Abari mu nkambi y’i Gashora muri Bugesera, imibare ni 1574 biyandikishije bamaze gufata icyemezo, buri wese akagenda asinya imbere y’izina rye ko yiyemeje gutaha.”

2018-04-01
Editorial

IZINDI NKURU

Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Editorial 18 Mar 2019
UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

Editorial 07 Mar 2018
Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho

Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho

Editorial 09 Dec 2019
Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Editorial 13 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Umwe mu batwara abagenzi kuri moto afunzwe akekwaho guha ruswa Umupolisi
Mu Rwanda

Rubavu: Umwe mu batwara abagenzi kuri moto afunzwe akekwaho guha ruswa Umupolisi

Editorial 07 Aug 2017
AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo
INKURU NYAMUKURU

AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

Editorial 30 Sep 2018
Zari Hassani ntiyifuza ko Wema Sepetu azitabira ibirori by’umwana we nubwo yatumirwa na Diamond
SHOWBIZ

Zari Hassani ntiyifuza ko Wema Sepetu azitabira ibirori by’umwana we nubwo yatumirwa na Diamond

Editorial 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru