• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Trump yahakanye gutanga amadolari yahawe umugore ukina filime z’urukozasoni bivugwa ko baryamanye

Trump yahakanye gutanga amadolari yahawe umugore ukina filime z’urukozasoni bivugwa ko baryamanye

Ubwanditsi 06 Apr 2018 Mu Mahanga

Ku nshuro ya mbere Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ku mukinnyi wa filime z’urukuzasoni, Stormy Daniels, bivugwa ko baryamanye mu 2006, ashimangira ko atazi iby’amadolari ibihumbi 130 yishyuwe ngo ntasakaze iyo nkuru.

Muri Mutarama 2018 hasohotse inkuru ivuga ko umunyamategeko wa Trump, Michael Cohen, yishyuye Daniels amadolari 130 000, akabakaba 112,905,650 mu mafaranga y’u Rwanda, ngo atavuga iby’umubano w’ibanga yagiranye na Trump mu 2006.

Perezida Donald Trump yashimangiye ko amadolari yishyuwe binyuze ku munyamategeko we Michael Cohen mu Ukwakira 2016 atari we wayatanze. Mu ijambo rimwe yagize ati “Oya.”

CNN dukesha iyi nkuru yanditse ko iri jambo Trump yavuze kuri uyu wa Kane rije nyuma y’igihe yaririnze kugira icyo atangaza kuri iki kibazo mu ruhame; yari yarahakaniye mu buryo bw’ibanga ibyegera bye ko atazi ibijyanye n’ikirego cy’uwo mugore uvuga ko bagiranye umubano wihariye mu 2006.

Trump bivugwa ko yaryamanye na Stormy Daniels mu 2006, nyuma y’umwaka umwe ashyingiranwe n’umugore we Melania Trump.

Ubwo abanyamakuru bari bamaze kumubaza kuri icyo kibazo akabuka inabi, yateye intambwe ati “Murambaza iki kindi?”

Bamubajije impamvu umunyamategeko we yishyuye ayo mafaranga. Na we ati “Michael Cohen, ni umunyamategeko wanjye, muzamubaze.”

Yavuze ko atazi iby’ayo madolari ndetse ko atigeze ayaha uwo munyamategeko we, ngo ayishyure uwo mugore nk’uburyo bwo kumucecekesha.

Cohen yhaerukaga gutangaza ko yishyuye Stormy Daniels ariko ngo amadolari yayakuye mu mufuka we ndetse yaba Trump na sosiyete ye nta wari ubizi.

Nubwo icyo kiganiro n’itangazamakuru cyamaze amasegonda 25, amagambo ya Trump yasamiwe hejuru kuko iyo ngingo imaze igihe yibazwaho n’abatari bake ku mikorere ya Perezidansi ya Amerika.

Abajyanama ba Perezida Trump bamubujije kugira icyo abivugaho mu ruhame nubwo we yananiwe kwiyumanganya.

Stephanie Clifford uzwi nka Stormy Daniels wahawe amadolari yasinye ku masezerano yo kutazashyira amabanga ye na Trump hanze. Uyu mugore umaze imyaka 17 mu mwuga wo gukina filime z’urukozasoni, yareze Donald Trump avuga ko hari amasezerano y’ibanga bagiranye akanga kuyashyiraho umukono.

Umwunganizi wa Daniels yatangaje ko bazakomeza gukurikirana Trump mu nkiko no kugaragaza ko ari kubeshya itangazamakuru no gutatira indahiro yarahiye ajya ku butegetsi.

2018-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Polisi yafunze abantu bakekwaho ubujura bw’inka

Kirehe: Polisi yafunze abantu bakekwaho ubujura bw’inka

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Theo Badege Umuyobozi wa CID  yaba yubikiwe imbehe

Theo Badege Umuyobozi wa CID yaba yubikiwe imbehe

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Umuganga mu Karere ka Ngoma yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana

Umuganga mu Karere ka Ngoma yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Perezida Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika

Perezida Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika

Ubwanditsi 28 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore
UBUKUNGU

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana
ITOHOZA

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Ubwanditsi 31 Jul 2018
Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis
Amakuru

Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis

Ubwanditsi 23 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru