• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza yaganiriye na Gen Kabarebe ku bufatanye mu bya gisirikare

Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza yaganiriye na Gen Kabarebe ku bufatanye mu bya gisirikare

Ubwanditsi 08 Apr 2018 POLITIKI

Kuri uyu wa Gatandatu Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza, Rtd Col John Mark Lancaster, yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen James Kabarebe, ku bufatanye hagati y’ibihugu byombi mu bya gisirikare.

Lancaster yavuze ko ibihugu byombi bisanzwe bifitanye umubano mwiza mu bya gisirikare.

Yagize ati “Nishimiye kugaruka mu Rwanda, iyi ni inshuro ya gatatu nsura u Rwanda. U Bwongereza n’u Rwanda bifitanye umubano ukomeye, nkaba ndi hano nka Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza kureba uko twafatanya n’u Rwanda by’umwihariko mu bijyanye no kugarura amahoro n’imyitozo, kandi ibiganiro byagenze neza.”

U Rwanda rufite ingabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Amajyepfo. Muri icyo gihugu u Bwongereza nabwo bufiteyo itsinda ry’ingabo z’inzobere mu mirimo itandukanye (Engineers Regiment).

Lancaster yavuze ko mu biganiro bagize, barebye uburyo Ingabo z’u Bwongereza zakomeza gufasha iz’u Rwanda mu bijyanye n’imyitozo.

Ati “Icyo twibanzeho ni ukureba uko twakomeza gufatanya mu bijyanye n’imyitozo, n’uko ingabo z’u Bwongereza zakomeza gufasha iz’u Rwanda mu myitozo itandukanye.”

U Rwanda n’u Bwongereza bisanzwe bifitanye ubufatanye mu guhugura ingabo zijya mu bikorwa byo kugarura amahoro.

U Bwongereza kandi busanzwe butera inkunga u Rwanda mu bindi birimo guteza imbere uburezi, ubuhinzi n’ubworozi, ubucuruzi n’ishoramari binyuze mu Kigo cy’u Bwongereza gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (DFID).

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza, Rtd Col John Mark Lancaster yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen James Kabarebe

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza, Rtd Col John Mark Lancaster ari mu Rwanda gutsura ubufatanye mu bya gisirikare

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza, Rtd Col John Mark Lancaster aramukanya n’Umugaba mukuru wa RDF, Gen Patrick Nyamvumba


2018-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Ubwanditsi 19 Sep 2017
Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Ubwanditsi 05 May 2018
Ngo ntashaka kuba perezida; icya ngombwa ngo ni uguhindanya ubutegetsi bwa FPR  – Amiel Nkuliza

Ngo ntashaka kuba perezida; icya ngombwa ngo ni uguhindanya ubutegetsi bwa FPR – Amiel Nkuliza

Ubwanditsi 21 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani
Amakuru

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Ubwanditsi 26 Jan 2024
Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari
Amakuru

Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR
Mu Mahanga

Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Ubwanditsi 09 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru