• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rwo mu Mujyi wa Hillerød muri Denmark, kuri uyu Kabiri rwemeje ko Wenceslas Twangirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yoherezwa mu Rwanda, kugira ngo aburanishwe ku byaha bikekwa ko yakoreye mu yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi.

Twagirayezu yatawe muri yombi muri Gicurasi umwaka ushize, ariko akomeza guhakana ibyaha byose aregwa, avuga ko bamwibeshyeho. Uyu mugabo w’imyaka 50 yabonye ubwenegihugu bwa Denmark mu 2004, igihugu yagezemo mu 2001.

Nk’uko The New Times yabitangaje, Uwunganira Twagirayezu, Bjørn Elmquist, yahise ajuririra mu Rukiko Rukuru, kuri uwo mwanzuro wo kohereza mu Rwanda umukiliya we.

Umushinjacyaha Mukuru, Jean Bosco Mutangana yagize ati “Urukiko rw’Umujyi wo muri Denmark rwashimangiye ubusabe bw’Ubushinjacyaha ko Wenceslas Twagirayezu yoherezwa mu Rwanda ariko ahita ajuririra Urukiko Rukuru. Turabanza gutegereza umwanzuro w’Urukiko Rukuru.”

Urukiko rwemeje ko kohereza mu Rwanda Twagirayezu bitanyuranye n’amahame agenga kohereza mu kindi gihugu umuntu ukekwaho icyaha, kandi bitanyuranye n’amategeko mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu, u Burayi buhuriraho.

Muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, Twagirayezu yari umuyobozi w’ishyaka rya CDR muri segiteri ya Gacurabwenge, akaba ashinjwa kugira uruhare mu iyicwa ry’abatutsi basaga igihumbi akoresheje imbunda.

Ashinjwa ko yari mu Nterahamwe zigera kuri 200 zagabye igitero kuri Kaminuza ya Mudende ahaguye abantu bagera ku 1000, biganjemo abanyeshuri, abarimu n’abakozi ba kaminuza.

Mbere ya Jenoside, Twagirayezu ubu wayoboraga umuryango witwa Dutabarane Foundation muri Denmark, ngo yari umwarimu ku ishuri ribanza rya Majyambere mu Murenge wa Busasamana, mu Karere ka Rubavu.

Urukiko Rukuru nirushimangira umwanzuro wo kumwohereza mu Rwanda, si we wa mbere ukekwaho ibyaha bya Jenoside Denmark izaba yohereje, kuko uheruka ari Emmanuel Mbarushimana wahamwe n’icyaha cya jenoside ndetse mu Ukuboza umwaka ushize yahanishijwe igifungo cya burundu.

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubwanditsi 08 Sep 2020
General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

Ubwanditsi 26 Nov 2024
Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Ubwanditsi 19 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala
HIRYA NO HINO

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Nyuma yo gushyira hanze indirimbo “Thank You”, The Ben yasubiye muri Amerika
Mu Rwanda

Nyuma yo gushyira hanze indirimbo “Thank You”, The Ben yasubiye muri Amerika

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Abahoze muri FDLR na RNC bifatanyije na Rusesabagina mu gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abahoze muri FDLR na RNC bifatanyije na Rusesabagina mu gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru