• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Ubwanditsi 03 May 2018 IMIKINO

Nyuma yo gutera intambwe akava mu ikipe ya Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo akerekeza muri Delko Marseille Provence KTM yo mu Bufaransa, Joseph Areruya yahize kwigaragaza mu isiganwa rya mbere azayikinira kuva kuri uyu wa Kane tariki 3 Gicurasi 2018.

Areruya yatangiye kumenyekana mu 2013 azamuwe na Les Amis Sportif, mu 2017 agurwa na Dimension Data for Qhubeka yo muri Afurika y’Epfo ayikoramo byiza birimo kwegukana igihembo cy’umunsi muri Giro Ciclistico d’Italia U23, Tour du Rwanda 2017, La Tropicale Amissa Bongo 2018, Tour de l’Espoir 2018, imidali ibiri muri Shampiyona ya Afurika n’ibindi.

Mu kwezi gushize nibwo Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, Ferwacy, ryemeje ko uyu musore w’imyaka 23 yaguzwe n’ikipe y’ababigize umwuga mu Bufaransa ya Delko Marseille Provence KTM akaba yarayigezemo ku wa Mbere tariki 30 Mata yerekwa bagenzi be anatambagizwa aho ikipe iba.

Nyuma y’imyitozo y’iminsi itatu, uyu mukinnyi uzwi nka ‘Kimasa’ ari kumwe na bagenzi be, agomba kwitabira isiganwa rya mbere kuri uyu wa Kane tariki 3 Gicurasi 2018 rya Rhône-Alpes Isère Tour rizamara iminsi ine.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yagaragaje ko yishimiye bikomeye ikipe nshya yagiyemo, uburyo ibayeho ndetse n’uko yamwakiriye avuga ko intego ze nk’ibisanzwe ashaka gutangira amarushanwa yitwara neza kugira ngo adatenguha abamugiriye icyizere.

Yagize ati «Ni ikipe ubona ko ikomeye, ibayeho neza nk’amakipe akomeye y’ababigize umwuga. Banyakiriye neza nanjye ubu icyo nshaka ni uko ngiye gukora cyane kugira ngo nzitware neza mu isiganwa rya mbere tuzakina kuva kuva Kane. »

Yakomeje agira ati «Ku giti cyanjye nigirira icyizere ariko ntangiye neza n’abayobozi banjye babona ko batanyibeshyeho ndetse na bagenzi banjye bakabona ko hari ibyo dushobora gufatanya kugira ngo duheshe ikipe yacu intsinzi. Ntabwo byoroshye kuko haba hari amakipe akomeye ariko mfite icyizere. »

Ikipe ya Delko Marseille Provence KTM ibarirwa mu rwego rwa UCI Professional Continental Teams rufatwa nk’icyiciro cya kabiri nyuma y’icya mbere cyitwa UCI World Teams kibamo amakipe 18 gusa ya mbere ku Isi hakurikijwe amanota n’ubushobozi bwayo naho Dimension Data for Qhubeka yari asanzwe akinira yo iba mu cyiciro cya gatatu cya Continental Teams.

UCI Professional Continental Teams zikina amarushanwa atandukanye yo ku migabane ‘UCI Continental Circuits’ ari naho zihatanira amanota ya UCI azihesha kurangiza umwaka zihagaze neza ku rwego rw’Isi. Ikipe zo muri iki cyiciro zishobora no gutumirwa zikitabira World Tours [amasiganwa akomeye ku Isi nka Tour de France].

Isiganwa Areruya azaheraho akinira Delko Marseille Provence KTM riri ku rwego rwa 2.2 kimwe na Tour du Rwanda rikazamara iminsi ine.

Imihanda izakoreshwa muri Rhône-Alpes Isère Tour 2018

Tariki 3 Gicurasi 2018 – Etape 1: Charvieu-Chavagneux – Chateauvilain (143,3 km)

Tariki 4 Gicurasi 2018 – Etape 2: Aéroport-Saint-Exupéry – Saint-Bonnet-de-Mure (142,2 km)

Tariki 5 Gicurasi 2018- Etape 3: Vaulx-Milieu – Saint-Maurice-l’Exil (171,4 km)

Tariki 6 Gicurasi 2018- Etape 4: Bourgoin-Jailleu – Charvieu-Chavagneux (171,7 km)

Akanyamuneza kari kose ubwo yambikwaga umwambaro wa Delko Marseille Provence KTM

Areruya Jpseph avuga ko iyi kipe ibayeho neza ndetse yasanze ikomeye cyane

Areruya mu myitozo mbere yo gutangira gusiganwa mu ikipe ye nshya

Areruya Joseph yitwaye neza mu marushanwa atandukanye harimo na Shampiyona ya Afurika aho yegukanye umudali wa zahabu

2018-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yemerewe kwakirira Benin kuri Kigali Pele Stadium nta bafana bahari

Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yemerewe kwakirira Benin kuri Kigali Pele Stadium nta bafana bahari

Ubwanditsi 25 Mar 2023
Nyuma yo kuba umukinnnyi akaba na kapiteni wa Ukaine yamaze no kuba umutoza wayo wungirije

Nyuma yo kuba umukinnnyi akaba na kapiteni wa Ukaine yamaze no kuba umutoza wayo wungirije

Ubwanditsi 22 Feb 2016
Kiyovu SC yasezerewe na Gorilla FC, Rayon Sports itsinda Interforce FC mu mikino ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Kiyovu SC yasezerewe na Gorilla FC, Rayon Sports itsinda Interforce FC mu mikino ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 23 Jan 2024
Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Ubwanditsi 12 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara
UBUKUNGU

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe  bikekwa ko yaba yazize  kumena  ibanga
ITOHOZA

Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga

Ubwanditsi 08 Sep 2017
Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.
Amakuru

Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Ubwanditsi 26 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru