• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Zambia U20 izakina n’Amavubi yageze i Kigali itari kumwe na Mwiya ukina mu Bwongereza

Zambia U20 izakina n’Amavubi yageze i Kigali itari kumwe na Mwiya ukina mu Bwongereza

Ubwanditsi 10 May 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 ya Zambia igomba gukina n’Amavubi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika, yageze i Kigali itari kumwe na rutahizamu Mwiya Malumo ukinira Wigan Athletic mu Bwongereza utarabona ibyangombwa.

Amavubi atozwa na Mashami Vincent yasezereye Kenya mu ijonjora rya mbere ryo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20, agomba kwisobanura na Zambia ifite igikombe giheruka ku wa 12 Gicurasi 2018 saa 15h30 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Ikipe ya Zambia yageze i Kigali mu gitondo cyo ku wa 9 Gicurasi, izanye n’abakinnyi bayobowe n’umutoza Charles Bwale usanzwe anungirije mu ikipe y’igihugu nkuru ‘Chipolopolo’. Yanazanye na Wedson Nyirenda utoza Chipolopolo kugira ngo azunganire mugenzi we aho bikenewe.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu ribicishije ku rubuga rwaryo, ryatangaje ko iyi kipe yaje itari kumwe n’abakinnyi bayo babiri bakina mu Bwongereza, barimo rutahizamu Mwiya Malumo wa Wigan Athletic mu cyiciro cya kabiri na Lifumpa Yande Mwandwe ukina hagati mu kibuga muri Shrewsbury Town kuko bagize ibibazo by’ibyangombwa ariko bakaba bashobora kuzaza nyuma.

Ingimbi za Zambia zirakora imyitozo ya mbere i Kigali kuri uyu wa Gatatu saa 16h00 ku kibuga cya Ferwafa i Remera.

Iyi kipe ya ZAmbia yacumbikiwe muri Mirror Hotel.

Urutonde rw’abakinnyi 18 Zambia yazanye n’amakipe bakinamo

Abanyezamu: Prince Bwalya (Green Buffaloes), Flobby Mashakalati (Circuit City)

Ba myugariro: Benson Kolala (Nchanga Rangers), Jonathan Kapelembe (Romeki FC), Kingsley Hakwiya (Dream Factory), Christopher Katongo (Kasama United), Justin Mwanza (Young Nkana)

Abakina hagati: Obino Chisala (Happy Hearts), Muma Mumba (Green Eagles),Prince Mumba (Kabwe Warriors), Thomas Zulu (Kafue Celtic), Chanda Mukuka (Gomes), Albert Kangwanda (Red Arrows)

Ba rutahizamu: James Chilimina (Chirundu FC), Paul Mwachisema (Kafue Celtic), Lameck Banda (Zesco United), Martin Njobvu (Nchanga Rangers), Francisco Mwepu (Kafue Celtic).

Abakinnyi ba Zambia U20 baje i Kigali

Ikipe y’igihugu ya Zambia U20 iyobowe na Charles Bwale usanzwe ari umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu nkuru ‘Chipolopolo’

Rutahizamu Mwiya Malumo wa Wigan Athletic mu cyiciro cya kabiri mu Bwongereza ntiyazanye mu Rwanda na bagenzi be ba Zambia U20 kubera ibyangombwa

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mikino ya gicuti, APR FC yatsinze Kiyovu sc4-2, Mukura VS itsinda Rayon Sports igitego kimwe ku busa

Mu mikino ya gicuti, APR FC yatsinze Kiyovu sc4-2, Mukura VS itsinda Rayon Sports igitego kimwe ku busa

Ubwanditsi 09 Oct 2021
Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1

Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 25 Feb 2016
POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

RUSHYASHYA 02 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urujijo k’urupfu rwa Ganza watunganyaga muzika, wari utuye Chicago
HIRYA NO HINO

Urujijo k’urupfu rwa Ganza watunganyaga muzika, wari utuye Chicago

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe
Mu Rwanda

Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Ubwanditsi 10 May 2017
Azam  fc yagaragarije Ndayisenga Fuad ko atari ku rwego rwayo
IMIKINO

Azam fc yagaragarije Ndayisenga Fuad ko atari ku rwego rwayo

Ubwanditsi 12 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru