• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Editorial 10 May 2018 UBUKUNGU

Muri Werurwe uyu mwaka ibihugu 44 bihurira mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, byashyize umukono ku masezerano ashyiraho isoko rusange ry’ibi bihugu, AfCFTA, yitezweho guhindura uburyo ibihugu bigize uyu mugabane bihahirana hagati yabyo.

Impuguke zitandukanye zisanga Afurika ikeneye gushyiraho ibikorwa remezo ndetse igasubukura gahunda yo gushyiraho ifaranga rimwe ihuriyeho, kugira ngo intego ziri mu masezerano y’isoko rusange no koroshya urujya n’uruza zigerweho nta nzitizi.

Mu kiganiro cyatangiwe mu nama ya Transform Africa 2018, cyiga cyane ku kwihutisha ibikorwa byo guhuza isoko ry’ikoranabuhanga ku mugabane wa Afurika, hagaragajwe ko igihe kigeze ngo uyu mugabane ushyireho ifaranga ridafite igihugu rishingiyeho kandi ntirishobore kugaragara cyangwa ngo rifatwe mu ntoki ryitwa ‘Cryptocurrency’.

Iki kiganiro cyatanzwe na Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, Dr Monique Nsanzabaganwa; Dr Craig Wright, wo muri Chain Group; Tunde Ladipo na Stellar Charles Hoskinson; Umuyobozi Mukuru wa IOHK Thibault Verbiest na Minette Libom Li Likeng, Minisitiri w’Itumanaho na serivisi z’iposita muri Cameroon.

Dr Wright, avuga ko niba Afurika ishaka gucuruzanya hagati yayo ikagira ijwi rimwe nk’umugabane kandi ikazamura ubucuruzi bukorwa hagati y’ibihugu bya Afurika buri kuri 16%, ari ngombwa gushyiraho ifaranga rimwe.

Yagize ati “Niba dushaka gucuruzanya kandi umugabane wacu ukagira agaciro twifuza ugatera imbere, ni ngombwa ko dushyiraho ifaranga riduhuza tukareka gushingira ubukungu bwacu ku ifaranga ry’amahanga.”

Yongeraho ko hashyizweho ifaranga ryo mu ikoranabuhanga byaba byiza ariko bikagendana no gushyiraho amategeko n’indi mirongo ngenderwaho, kugira ngo hatagira ingaruka ateza.

Dr Nsanzabaganwa yavuze ko ikoranabuhanga muri serivisi z’imari ari ingenzi kandi ryatangiye gutanga umusaruro, aho ikoranabuhanga rya telefoni ngendanwa rimaze guhindura ubuzima bw’abaturage mu bijyanye n’imari.

Ku bijyanye no gukoresha ifaranga ryo mu ikoranabuhanga ku rwego rwa Afurika, yavuze ko ari ngombwa kubanza kumva ibyago n’amahirwe abirimo, kugira ngo abaturage bazabyaze umusaruro iryo koranabuhanga babisobanukiwe neza.

Yagize ati “Kuri ubu hari ibitagaragazwa kuri ayo mafaranga yo kuri internet, ku buryo tugomba kubanza kumenya ibyago birimo mu kurwanya iyezandonke n’iterabwoba ryifashishije serivisi z’imari. Tugomba kureba uburyo turengera uyakoresha niba hari ibitavugwaho rumwe kuri ayo mafaranga, tukamenya ni ikihe kibazo kirimo.”

Kuri ubu u Rwanda rugira abantu inama yo kwirinda gukoresha amafaranga yadutse yo mu ikoranabuhanga kuko ibyayo bitarasobanuka neza. Ruvuga ko kuri ubu nta mategeko afatika arajyaho agenga uko bayishyurana uretse igisa n’ubwumvikane bw’abantu bayakoresha.

Banki Nkuru y’Igihugu yashyizeho komite irimo kwiga kuri aya mafaranga, ku buryo izagaragaza niba koko iri koranabuhanga ryakwemerwa rikoroshya ubuzima bw’abantu.

Ku ruhande rwa Charles Hoskinson, asanga mbere y’uko Afurika ishyiraho ifaranga rimwe ryo mu ikoranabuhanga, ikwiye kubanza kwigisha abaturage bakabigiraho ubumenyi buhagije kandi hagashyirwaho ibikorwa remezo bizaborohereza kurikoresha.

Yagize ati “Guverinoma zikwiye kwigisha abaturage ibijyanye n’aya mafaranga yo mu ikoranabuhanga bagendeye ku bushakashatsi bwagiye buyakorwaho. Ibi bizatuma abaturage bazayakoresha bayasobanukiwe bityo n’impungenge z’uko bayahomberamo ziveho.”

Ibijyanye no gushyiraho ifaranga rimwe rya Afurika biherutse kugarukwaho na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, wavuze ko byaba byiza uyu mugabane ugize ifaranga rimwe nk’uko n’Umuryango w’Ubumwe bw’ Burayi urifite.

Yavuze ko Abanyafurika bagomba kurenga umurage mubi w’Abakoloni wo guhora bakoresha amafaranga y’amanyamahanga, bagashyiraho iryabo rizabafasha gucuruzanya.

Ku rundi ruhande ariko abahanga mu by’ubukungu bemeza ko gushyiraho ifaranga rimwe umugabane wose uhuriyeho bitoroshye, bitewe n’ubukungu bwa byinshi mu bihugu byawo buri ku rwego rwo hasi.

Bemeza ko igishoboka ari ugushyiraho ifaranga rihuriweho n’akarere runaka kuko usanga ibihugu bikagize biba bifite ubukungu bujya kwegerana.

2018-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Editorial 13 Dec 2018
Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Editorial 22 Oct 2019
BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki

BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki

Editorial 07 Feb 2020
Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa   Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Editorial 09 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 muri Volleyball yisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu gikombe cy’Isi.
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 muri Volleyball yisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu gikombe cy’Isi.

Editorial 14 Jun 2021
Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame
Amakuru

Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Editorial 25 Sep 2025
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina
INKURU NYAMUKURU

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Editorial 30 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru