• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yatumiye Macron kuzasura u Rwanda

Perezida Kagame yatumiye Macron kuzasura u Rwanda

Editorial 24 May 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yatumiye mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, kuzagirira urugendo mu Rwanda.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron ku birebana n’ubucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga, ubuzima n’umubano hagati y’ibihugu byombi, ku wa 23 Gicurasi 2018, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri arimo i Paris.

Muri uko kubonana, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Louise Mushikiwabo, yatangarije France 24 ko Perezida Macron yatumiwe kuzagirira uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.

Yagize ati “Perezida Kagame yatumiye mugenzi we. Perezida Macron azaba yisanga mu Rwanda.”

Umunyamakuru yabajije Mushikiwabo niba Macron yatumiwe kuzitabira mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, amusubiza ko atari ngombwa icyo gihe, igihe cyose yazasurira igihugu ahawe ikaze.

Yongeyeho ati “Naramuka aje, birumvikana ni ikimenyetso gikomeye …Tuzishimira kumwakira.”

Minisitiri Mushikiwabo yanagaragaje ko ibiganiro bya Perezida Kagame na mugenzi we, byagaragaje kuvugisha ukuri ku mateka y’ahahise mu mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa kandi akaba ari intangiriro nshya y’imibanire.

Muri iki kiganiro na Televiziyo, Mushikiwabo yanavuze kuri kandidatire ye yashyigikiwe na Macron, ku buyobozi bw’Umuryango Mpuzamahanga uhuriwemo n’Ibihugu bivuga Igifaransa, ashimangira ko u Rwanda rukiri muri uyu muryango kuva rwawinjira, kandi hakaba nta hangana riri hagati yawo (Francophonie) n’Umuryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) rurimo.

Mushikiwabo yongeyeho ko Igifaransa ari ururimi rw’ubutegetsi ndetse Televiziyo y’u Rwanda ikoresha, hakaba ntawe ukwiye kumva ko u Rwanda rwagiteye umugongo.

Perezida Macron w’imyaka 40 y’amavuko, ni we wa mbere uyoboye u Bufaransa utari muri politiki ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga.

Kuva Kagame yaba Perezida w’u Rwanda, u Bufaransa bumaze kuyoborwa n’abakuru b’ibihugu bane barimo Jacques Chirac (1995-2007), Nicolas Sarkozy (2007-2012), François Hollande (2012-2017) na Emmanuel Macron wagiyeho mu mwaka ushize.

Nubwo Perezida Kagame yagiye agirira mu Bufaransa ingendo zitandukanye, muri abo bane ni Perezida Nicolas Sarkozy wagendereye u Rwanda mu 2010.

2018-05-24
Editorial

IZINDI NKURU

Kaboneka – U Rwanda ruyobowe na Perezida Kagame ntabwo ari urw’akajagari

Kaboneka – U Rwanda ruyobowe na Perezida Kagame ntabwo ari urw’akajagari

Editorial 25 Apr 2017
Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo

Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo

Editorial 26 Jun 2018
Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Editorial 04 Jan 2018
RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

Editorial 23 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 10 Mar 2023
Dore Urutonde rw’ ibihugu byakandamije Itangazamakuru muruyu mwaka wa 2017
HIRYA NO HINO

Dore Urutonde rw’ ibihugu byakandamije Itangazamakuru muruyu mwaka wa 2017

Editorial 17 Dec 2017
Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC
Amakuru

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Editorial 28 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru