• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Editorial 24 May 2018 Mu Mahanga

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Gicurasi 2018, nibwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe muri Uganda byatangaje ko guverinoma iri kurebera hamwe uko abakozi ba leta bajya bahemberwa iminsi bakoze mu kwezi aho kubarirwa umushahara w’ukwezi.

Ibi bias n’ibyazamuye impaka mu bakozi ba leta muri kiriya gihugu ndetse abenshi bagaragaza kutavuga rumwe kuri uwo mushinga kuko ushobora gukiza bimwe ukabangamira ibindi.

Iyi gahunda yanagendanye no gushyiraho utwuma tujyanye n’ikoranabuhanga tuzajya tugaragaza igihe abakozi bagereye ku kazi n’igihe bagasoreje, abasibye n’bakagezeho bakerewe bityo bakazajya bahembwa amafaranga atandukanye bitewe n’iminsi bakoze mu kwezi.

Dunstan Balaba, ni umukozi muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu. Aganira n’itangazamakuru yagize ati “Igitekerezo twacyakiriye neza kuko kizatuma abakozi bakanguka ku murimo. Nubwo tutari twarabibwiwe ariko buriya Minisiteri y’abakozi n’umurimo iraza kubitubwiraho neza mu buryo burambuye. Ubusanzwe twishyurwaga umushahara ku kwezi ndetse n’ayo twakoreye muri za wikende.”

Walter Okiring Elakas, ni umukozi uhagarariye ihuriro ry’abakozi, yagize ati “Twabyakiriye neza ariko ntabwo bije gukemura ikibazo cya serivisi zitangwa nubwo abenshi bizagaragara ko bageze ku kazi.”

Bishoboka  ko abantu bajya bazinduka bakivivuza ku cyuma ko bahageze, barangiza bakigendera bakaza kugaruka nimugoroba gusezera,…”

Filbert Baguma, umunyamabanga w’urugaga rw’abarimu. Yagize ati “Twabyakiriye ariko bije kutwirukanisha mu kazi kuko niba umwarimu aturuka mu bilometero 15, nta nzu afite yatuamo aho hafi ngo ajye azinduka, nta n’ikindi cyamufasha kugera ku kazi, ibi bije gutuma akazi kazamba…”

Dr Okwaro Ebuku ahagarariye urugaga rw’abaganga. We avuga ko mbere yo gutangaza uyu mushinga, leta igomba kubanza kubishyura amasaha y’ikirenga bamara ku kazi kabo. Yagize ati”Ubusanzwe abakozi kwa muganga ni bacye ku buryo n’abakora usanga bakora amasaha y’ikirenga kandi ntibayishyurirwa. Bagomba kubanza gukemura icyo kibazo bakabona kuzana ibindi.”

Kmwe n’abandi bakozi batandukanye baganiriye n’itangazamakuru, bagaragaje ko iyi gahunda yo guhembera abakozi ba leta iminsi bakoze izabangamira akazi kuko bamwe bazatangira kujya bakora akazi kugira ngo bagaragaze ko bahageze gusa.

 

2018-05-24
Editorial

IZINDI NKURU

Bugesera: Abaturage ba Rilima bahuriye mu nama y’umutekano

Bugesera: Abaturage ba Rilima bahuriye mu nama y’umutekano

Editorial 06 Jan 2017
Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi

Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi

Editorial 05 Oct 2018
Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Editorial 26 Oct 2017
CNLG iramagana umwunganizi wa Victoire Ingabire wabaye imbata yo guhakana Jenoside

CNLG iramagana umwunganizi wa Victoire Ingabire wabaye imbata yo guhakana Jenoside

Editorial 12 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda
Amakuru

Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Editorial 28 Jan 2022
Umugabo wa Celine Dion yapfuye
IMIKINO

Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Editorial 15 Jan 2016
Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Editorial 12 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru