• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Editorial 24 May 2018 Mu Mahanga

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Gicurasi 2018, nibwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe muri Uganda byatangaje ko guverinoma iri kurebera hamwe uko abakozi ba leta bajya bahemberwa iminsi bakoze mu kwezi aho kubarirwa umushahara w’ukwezi.

Ibi bias n’ibyazamuye impaka mu bakozi ba leta muri kiriya gihugu ndetse abenshi bagaragaza kutavuga rumwe kuri uwo mushinga kuko ushobora gukiza bimwe ukabangamira ibindi.

Iyi gahunda yanagendanye no gushyiraho utwuma tujyanye n’ikoranabuhanga tuzajya tugaragaza igihe abakozi bagereye ku kazi n’igihe bagasoreje, abasibye n’bakagezeho bakerewe bityo bakazajya bahembwa amafaranga atandukanye bitewe n’iminsi bakoze mu kwezi.

Dunstan Balaba, ni umukozi muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu. Aganira n’itangazamakuru yagize ati “Igitekerezo twacyakiriye neza kuko kizatuma abakozi bakanguka ku murimo. Nubwo tutari twarabibwiwe ariko buriya Minisiteri y’abakozi n’umurimo iraza kubitubwiraho neza mu buryo burambuye. Ubusanzwe twishyurwaga umushahara ku kwezi ndetse n’ayo twakoreye muri za wikende.”

Walter Okiring Elakas, ni umukozi uhagarariye ihuriro ry’abakozi, yagize ati “Twabyakiriye neza ariko ntabwo bije gukemura ikibazo cya serivisi zitangwa nubwo abenshi bizagaragara ko bageze ku kazi.”

Bishoboka  ko abantu bajya bazinduka bakivivuza ku cyuma ko bahageze, barangiza bakigendera bakaza kugaruka nimugoroba gusezera,…”

Filbert Baguma, umunyamabanga w’urugaga rw’abarimu. Yagize ati “Twabyakiriye ariko bije kutwirukanisha mu kazi kuko niba umwarimu aturuka mu bilometero 15, nta nzu afite yatuamo aho hafi ngo ajye azinduka, nta n’ikindi cyamufasha kugera ku kazi, ibi bije gutuma akazi kazamba…”

Dr Okwaro Ebuku ahagarariye urugaga rw’abaganga. We avuga ko mbere yo gutangaza uyu mushinga, leta igomba kubanza kubishyura amasaha y’ikirenga bamara ku kazi kabo. Yagize ati”Ubusanzwe abakozi kwa muganga ni bacye ku buryo n’abakora usanga bakora amasaha y’ikirenga kandi ntibayishyurirwa. Bagomba kubanza gukemura icyo kibazo bakabona kuzana ibindi.”

Kmwe n’abandi bakozi batandukanye baganiriye n’itangazamakuru, bagaragaje ko iyi gahunda yo guhembera abakozi ba leta iminsi bakoze izabangamira akazi kuko bamwe bazatangira kujya bakora akazi kugira ngo bagaragaze ko bahageze gusa.

 

2018-05-24
Editorial

IZINDI NKURU

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Editorial 04 Jan 2022
U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

Editorial 04 Oct 2018
Mu mukino wa mbere wo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’isi, Mali yatsinze Amavubi y’uRwanda igitego kimwe ku busa

Mu mukino wa mbere wo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’isi, Mali yatsinze Amavubi y’uRwanda igitego kimwe ku busa

Editorial 02 Sep 2021
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Editorial 05 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?
INKURU NYAMUKURU

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Editorial 15 Mar 2018
Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF
IMIKINO

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF

Editorial 29 Aug 2018
Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda
UBUKUNGU

Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Editorial 13 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru