• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako
Umushumba Mukuru w’Itorero Patmos of Faith Church, Prophet Bosco Nsabimana

KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

Ubwanditsi 31 May 2018 Mu Rwanda

Umushumba Mukuru w’Itorero Patmos of Faith Church, Prophet Bosco Nsabimana yatanze nyirantarengwa y’imyaka itatu akaba yamaze gusengera amadayimoni yose abuza abakobwa basengera mu itorero rye kurongorwa. Ibi yabitangarije mu materaniro yo kuri iki cyumweru, tariki 27 Gicurasi 2018 yabereye kuri Hoteli Umubano aho iri torero ririmo gusengera muri iyi minsi.

Prophet Bosco yavuze ko kugirango umuntu agere ku kintu yifuza cyamugirira umumaro agomba kubanza kumenya aho ava n’aho ajya, aravuga ati: “Icyo utekereza ku mutima wawe cyakugirira umumaro kirahari, ariko menya ngo uri nde, urajya he, urava he? burya abantu basenga cyane si bo bakire cyane mu Rwanda ndetse no ku isi.”

Yahumurije abakobwa basengera mu itorero ayoboye ko nta mukobwa n’umwe uzabura umugabo kuko ngo yiyemeje gusengera dayimoni zose zibabuza kurongorwa ndetse ngo yazihaye igihe ntarengwa cy’imyaka itatu, ngo nta dayimoni yasengera ngo hashire imyaka itatu itarahunga.

Prophet Bosco yakomeje avuga ko ubundi iyo Imana igushyize mu kigeragezo itabura abaza kukuganiriza bagushuka, bakubwira ngo “ariko waje tukajya kukurogoza, bati sha barakuzinze ndakurahiye! bati nta mukobwa w’iwacu wigeraga arenza imyaka 26, ukabije ni 26 none ugize mirongo itatu.”

Ngo hari n’abaza bakakubwira ko bagiye kukurangira umugabo nyamara uwo bakurangiye ari kabutindi bakujugunyiye. Prophet Bosco we akomeza ashimangira ko Imana ariyo muranga kuko ngo wizera ko “umuntu akurangiye umugabo kumbi akujugunyiye kabutindi, burya umuntu akurangira iseta kuko azi ibyo yashyizemo wagerayo ugashya.”

Benshi mu ba kristo bateraniye mu Itorero Patmos kuri ubu riri gukorera muri Hotel Novotel Umubano ku ka cyiru

Uyu mushumba bakunze kwita` asoza avuga ko zimwe mu mbogamizi ari ukutamenya kwiha igihe, igihe imbere yawe haje umuraba.

Ngo usanga iyo umuntu yabenzwe icyo akurikizaho ari amagambo n’urusaku no gutuka Imana. Nyamara ngo umuntu aba asabwa kugenda mu bwato bw’imbaraga z’Imana ikaba ari yo imuyobora muri ibyo bibazo.

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 17 Jul 2025
Tariki 22 Gicurasi 1994: Umunsi RPA yafashe Ikibuga cy’Indege cya Kigali n’ikigo cya gisirikare

Tariki 22 Gicurasi 1994: Umunsi RPA yafashe Ikibuga cy’Indege cya Kigali n’ikigo cya gisirikare

Ubwanditsi 22 May 2018
Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Ubwanditsi 01 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu
Mu Rwanda

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.

Ubwanditsi 10 Feb 2019
Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid
Amakuru

Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Ubwanditsi 18 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru