• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza

Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza

Ubwanditsi 31 May 2018 HIRYA NO HINO

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku wa Gatatu yahuye n’umunyamideli Kim Kardashian aho baganiriye ku ngingo zirimo ivugururwa ry’itegeko rirebana na gereza.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Trump yavuze ko inama na Kim usanzwe ari umugore w’umuraperi Kanye West yagenze neza, ndetse ashyiraho ifoto bari kumwe mu biro bye.

Iyi nama yitabiriwe n’abandi bayobozi ku rwego rwo hejuru barimo n’umukwe wa Trump akaba n’umujyanama we, Jared Kushner.

Kardashian wagiye guhura na Trump, mu gihe cy’amatora ya perezida mu 2016 yari yagaragaje ko ashyigikiye Hillary Clinton, bitandukanye n’uko byari bimeze ku mugabo we Kanye West.

CNN yatangaje ko mu nama n’abanyamakuru yabanjirije kuza kwa Kim muri White House, Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri perezidansi, Sarah Sanders, yari yanze gutangaza ko uyu mugore wamamaye kubera ibiganiro bya televiziyo bigaragaza ubuzima bwa buri munsi bw’umuryango we byitwa ‘Keeping up with the Kardashians’ aza guhura nawe.

Yahuye na Trump mu gihe amaze igihe akorera ubuvugizi umugore witwa Alice Marie Johnson wakatiwe gufungwa burundu kubera ibiyobyabwenge, kuri ubu akaba amazemo imyaka 20.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Kim yashimiye Trump ku bw’umwanya yamuhaye ndetse avuga ko afite icyizere ko azaha imbabaza Johnson, wakatiwe burundu kandi ari ubwa mbere afatiwe mu cyaha. Ni mu gihe nyamara uyu mugore yagerageje gusaba Barack Obama imbabazi, ariko akarinda ava ku butegetsi nta gisubizo amuhaye.

Nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, AP, Johnson yahamwe n’icyaha cyo kuba kuva mu 1991-1994 yarayoboye itsinda ryacuruzaga Cocaine, ahabarurwaga ibiro biri hagati ya 2000-3000 byacurujwe.

Uyu mugore wemeza ko yakoze amakosa, avuga ko yabyinjiyemo nyuma yo gupfusha umuhungu we no gutandukana n’umugabo, bikaba ngombwa ko ashakisha akazi mu buryo bwihuse ngo abashe gutunga umuryango we dore ko n’akandi yari afite kari kamaze guhagarara.

Iyi nama yateguwe nyuma y’ibiganiro by’igihe kitari gito hagati ya Kim na Kushner, utarahwemye kugaragaza ko ashyize imbere ibirebana no kuvugurura itegeko rigenga amagereza.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Komisiyo y’Ubutabera mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika yemeje itegeko rirebana no kwagura uburyo bwo gufungwa, ryemera gufungira abantu mu ngo ryari rishyigikiwe cyane na White House.

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Ubwanditsi 15 Mar 2017
Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026
Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho

Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho

Ubwanditsi 02 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida
POLITIKI

Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861
Mu Mahanga

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861

Ubwanditsi 25 Mar 2016
U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika
POLITIKI

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru