• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura nawe yatawe muri yombi

Uganda: Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura nawe yatawe muri yombi

Editorial 15 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda aravuga ko mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu, abashinzwe umutekano mu gisirikare bataye muri yombi Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura, wahoze ayoboye igipolisi cya Uganda mbere yo kwirukanwa akaba yanatawe muri yombi kuri uyu wa gatatu, itariki 13 Kamena 2018.

Urubuga Spyreports rwo muri Uganda dukesha iyi nkuru, ruravuga ko rwamenye ko Angella Kayihura yakuwe mu rugo iwe ahitwa Muyenga mu nkengero z’umurwa mukuru, Kampala, akajyanwa ahantu hataramenyekana.

Ni mu gihe ngo uru rubuga rutabashije ubona umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire, ngo agire icyo arutangariza kuri aya makuru.

Uru rubuga rurakomeza ruvuga ko rutamenye niba itabwa muri yombi rya Angella rifite aho rihuriye n’ibyaha umugabo we akekwaho byatumye atabwa muri yombi.

Rurakomeza ruvuga ko Angella Kayihura ari Umunyakenyakazi ufite inkomoko mu Rwanda, ndetse ngo akaba ari umwuzukuru wa Rudahigwa, umwami wa nyuma wa mbere y’uko u Rwanda rubona ubwigenge. We na Kayihura babyaranye abana babiri.

Gen. Kale Kayihura n’umugore we Angella Kayihura, umwuzukuru  wa Rudahigwa

Bivugwa ko nyuma yo kwirukanwa ku mirimo, Gen Kayihura yahise ategeka umukobwa we, Tesi gusubira mu rugo ako kanya. Uyu akaba yarataye akazi ka Loni kamuhembaga akayabo yakoreraga mu Rwanda, agasubira I Kampala ku mabwiriza ya se.

Uyu mukobwa wa Gen Kayihura witwa Tesi w’umuganga (doctor) kuri ubu ngo aba iwabo I Muyenga.

Ku rundi ruhande, umuhungu wa Gen Kayihura witwa Kale Jr, akaba ari umunyamategeko wabigize umwuga, nawe ngo yaba aherutse gusubira mu gihugu kujya gufasha se mu mirimo yo ku ifamu yabo iri Lyantonde bivugwa ko yinjiza za miliyari.

Ngo nyuma yo gusubira iruhande rw’ababyeyi, aba bana ba Kayihura bagaragaraga nk’abadashaka gukomeza imyuga yabo kandi babanaga nabo I Muyenga ndetse bakagenda bari kumwe n’abashinzwe kubarinda mu gihe basohotse mu rugo.

2018-06-15
Editorial

IZINDI NKURU

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Editorial 30 May 2019
Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Editorial 22 Apr 2021
Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Editorial 06 Jan 2018
Afrika y’Epfo : Perezida Kagame  mu bakuru b’Ibihugu na za guverinoma 22 bitabiriye irahira rya Cyril Ramaphosa

Afrika y’Epfo : Perezida Kagame mu bakuru b’Ibihugu na za guverinoma 22 bitabiriye irahira rya Cyril Ramaphosa

Editorial 25 May 2019

4 Ibitekerezo

  1. Shimon
    June 15, 201812:14 pm -

    Ntabwo uyu Angelina yaba umwuzukuru wa Rudahifwa kuko nta mwana Rudahigwa yigeze abyara rwose??

    Subiza
  2. Mujyanama
    June 15, 20185:21 pm -

    Ni umwuzukuru wa Yuhi Musinga!

    Subiza
  3. Munyangaju
    June 15, 20188:01 pm -

    Iyaba umwuzukuru wa Rudahigwa ntabayaratwaye umurambo wa Kigeli mu Rwanda
    Au Rwanda mujye mutinya Imana mwirinde guhemukira abavandimwe
    Angella ntiyarayobewe uko kigeli yahoraga aria gutaha ntacyo bataganiraga kuko
    Nyina wa Angella nu muhindiro kazi wanyirimbirima wa Rwabugiri naho Angera akaba umutsobe

    Mana uzaduhirera tukiraha

    Subiza
  4. niyogihozo
    June 18, 20186:59 am -

    Uyu muryango Nyagasani awufashe ndabona utorohewe na gato. Erega nta mahoro yo ku isi bavandidimwe. Uyu munsi biba ari byiza, ejo bigahinduka….Ni gatebe gatoki koko.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwanditse amateka yo gusoza itsinda badatsinzwe muri shampiyona y’isi ya Sitting Volleyball mu bagore , baba aba mbere babikoze muri Afurika
Amakuru

U Rwanda rwanditse amateka yo gusoza itsinda badatsinzwe muri shampiyona y’isi ya Sitting Volleyball mu bagore , baba aba mbere babikoze muri Afurika

Editorial 08 Nov 2022
Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa
ITOHOZA

Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Editorial 26 Apr 2018
Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo
Amakuru

Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Editorial 16 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru