• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umucamanza urekura abajenosideri batarangije ibihano yongerewe manda

Umucamanza urekura abajenosideri batarangije ibihano yongerewe manda

Ubwanditsi 03 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryamabanga mukuru w’ umuryango w’ abibumye Antonio Guterres yongereye manda umucamanza Theodor Meron nk’umukuru wa “International Residual Mechanism for Criminal Tribunals” ikurikirana imanza zitarangijwe n’ icyahoze ari urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda i Arusha TPIR .

Meron inzego z’ubutabera n’iziharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zakomeje kugaragaza ko ari ku ruhande rw’abaregwa ndetse adakwiye kongererwa umwanya manda kuko arekura abahamwe n’ ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi batarangije ibihano.

Umunyamerika Meron w’imyaka 88 arazwi mu Rwanda bitewe no kuba yaranze gufunga burundu Col Theoneste Bagosora uzwiho kuba yarateguye umugambi wo gushyira mu bikorwa Jenoside akamukatira imyaka 35, no kuba bamwe mu bari bagize Guverinoma y’abatabazi na mbere yayo yarabagabanyirije ibihano mu bujurire ku byaha bya Jenoside byabahamye.

Umunyamabanga Mukuru wa UN yatangaje ko Me Meron azayobora International Residual Mechanism for Criminal Tribunals kugeza muri Mutarama 2019 anongerera manda y’imyaka ibiri abandi bacamanza b’uru rwego babisabye.

Theodor Meron yakoze mu cyari Urukiko mpuzamahanga rwa Arusha rwashyiriweho ibyaha byakorewe mu Rwanda akora mu bujurire ari naho yarekuye akanagabanyiriza ibihano bamwe mu bo icyaha cya Jenoside cyari cyarahamye.

Mu 2016, Meron yarekuye igihe kitageze Ferdinand Nahimana, uri mu bashinze Radio Television des Mille Collines (RTLM), na Padiri Emmanuel Rukundo bari barahamwe na Jenoside kucyo yise ‘imyitwarire myiza’ bafunze.

Meron kandi mu bujurire yagabanyirije ibihano Protais Zigiranyirazo, Justin Mugenzi, Prosper Mugiraneza, Augustin Ndindiriyimana, Francois Xavier Nzuwonemeye n’abandi.

Hassan Ngeze w’ikinyamakuru Kangura wari warakatiwe na Arusha gufungwa burundu, mu bujurire Theodor Meron yamuhaye imyaka 35 y’igifungo, ubu Ngeze na bagenzi be Dominique Ntawukuriryayo na Col Aloys Simba bakaba bari gusaba Mechanism for International Criminal Tribunals (MICT) iyobowe na Meron ngo ibarekure.

2018-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Ubwanditsi 18 Feb 2025
Uko Sarah Kagingo  Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Uko Sarah Kagingo Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Ubwanditsi 19 Jul 2024
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Ubwanditsi 29 Jan 2019

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 4, 20182:30 pm -

    MBEGA KAGAME NINKOTANYI BISHE ABAKONGOMANI NABAHUTU BARENGA MILIYONI 8 BIBA INZAHABU MWUBAKISHIJE IMIHANDA NAMAZU YAMARASO, HAMWE NUWICA ABATUTSI BATARENGA 800 000 UMU GENICIDERI NINDE MURI ABO BOMBI?
    IKINYOMA CYO GUCURUZA JENOSIDE KIRI KUBARANGIRANA SHA!! MUKWIYE KUBYUMVA MUKANABYEMERA UCURUZA GENOSIDE UKUNGUKA???????

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda
Amakuru

Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda

Ubwanditsi 07 Dec 2020
Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome
ITOHOZA

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA
IMIKINO

Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA

Ubwanditsi 12 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru