• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018 POLITIKI

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong un yagaragaje ko yishimiye ibiganiro yagiranye na Donald Trump uyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse ahamya ko hari intambwe imaze guterwa igaragaza ko ibyo bemeranyije bizashyirwa mu bikorwa.

Ibi Kim yabigaragaje mu ibaruwa yandikiye Trump ku wa 6 Nyakanga, ayiha itsinda ry’Umunyamabanga wa leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Mike Pompeo ryari ryitabiriye ibiganiro ku ntwaro za kirimbuzi byabereye i Pyongyang.

Ubwo yashyiraga kopi y’iyi baruwa kuri Twitter, Trump yagaragaje ko yishimiye kuba yamwandikiye, ndetse avuga ko uburyo bombi babashije guhuza biri mu bizagira uruhare mu gutuma ibyo impande zombi zumvikanye bigerwaho, nubwo Koreya ya Ruguru bigaragara ko ikomeje kugenda biguru ntege.

Uretse gusingiza Trump, mu ibaruwa ye nta hantu na hamwe Kim agaragaza aho ahagaze ku birebana no guhagarika umugambi wo gucura intwaro za kiri mbuzi.

Umwe mu bagize akanama k’Umuryango w’Abibumbye ku wa Kane yabwiye CNN ko Amerika yashyikirije Komisiyo ikurikirana ibihano byahawe Koreya ya Ruguru, raporo igaragaza ko iki gihugu gikomeje kurenga ku byo cyabujijwe gikora ubucuruzi burimo n’ubw’ibikomoka kuri peteroli.

Iyi baruwa ishyikirijwe Trump mu gihe mu cyumweru gishize Pompeo yananiwe kugaragaza aho ibiganiro ku ihagarikwa ry’uriya mugambi bigeze, umwe mu bari bahari akaba yaravuze ko byagenze nabi kurenza uko bari babyiteze.

Ku rundi ruhande ariko Umunyamabanga Mukuru wa ONU, Antonio Guterres, avuga ko nubwo kugongana bidashobora kubura, hari amahirwe menshi ko ibi biganiro bishobora kuzagera ku mwanzuro mwiza urebana no guhagarika ikorwa ry’intwaro rya kirimbuzi kandi bigakorwa mu mahoro.

Ku wa 12 Kamena 2018 nibwo Trump na Kim bahuriye muri Singapore, aho bagiranye ibiganiro byibanze ku bibazo birimo guhagarika ikorwa rya ziriya ntwaro muri Koreya ya Ruguru, ndetse n’ikurwaho ry’ibihano iki gihugu cyafatiwe na Amerika.

2018-07-13
Editorial

IZINDI NKURU

Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Editorial 07 Aug 2018
Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Editorial 26 Oct 2024
Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7%  [ VIDEO ]

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Editorial 21 Sep 2017
Minisitiri Biruta yatanze icyizere ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC itazongera gusubikwa

Minisitiri Biruta yatanze icyizere ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC itazongera gusubikwa

Editorial 10 Jan 2020
Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Editorial 07 Aug 2018
Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Editorial 26 Oct 2024
Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7%  [ VIDEO ]

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Editorial 21 Sep 2017
Minisitiri Biruta yatanze icyizere ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC itazongera gusubikwa

Minisitiri Biruta yatanze icyizere ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC itazongera gusubikwa

Editorial 10 Jan 2020
Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Ni Perezida Kabila Uri Kubyivangamo Kugira Ngo Ntiyamamaza- Moise Katumbi

Editorial 07 Aug 2018
Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Editorial 26 Oct 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru