• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018 Mu Mahanga

Senateri John McCain wigeze kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahanganye na Barack Obama mu 2008, yitabye Imana ku myaka 81 azize uburwayi.

Itangazo ryavuye mu biro bye ryavuze ko Senateri McCain yitabye Imana ku wa 25 Kanama 2018. Yaguye mu gace ka Cornville muri Leta ya Arizona, agaragiwe n’umuryango we.

Uyu musaza yatangiye kuvurwa ikibyimba cyo ku bwonko muri Nyakanga 2017 ariko aza guhagarika gufata imiti.

Umugore wa nyakwigendera, Cindy Lou Hensley McCain, yanditse kuri Twitter ye ati “Ndababaye. Nahiriwe no kumarana imyaka 38 n’uyu mugabo udasanzwe. Yatabarutse nkuko yabayeho, agaragiwe n’abantu yakundaga, n’ahantu yakundaga cyane.”

Senateri John McCain wabarizwaga mu Ishyaka ry’Aba-Républicains yiyamamaje bwa mbere mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu 2000, yongera mu 2008, aho yatsinzwe na Obama.

Obama yavuze ko usibye guhangana mu matora, basangiye intego ziganisha aho Abanyamerika n’abimukira barwaniye ndetse bakitangira kuhagera.

Ati “Bamwe muri twe bazi uko John yari ameze. Dukeneye kugaragaza ubunyangamugayo bwamuranze. Twese dukwiye kubigira intego ko dukeneye kongera umurava mu byiza dukora.”

Bush yagaragaje McCain “nk’intwari y’igihugu.” Ati “Yari umukozi wa rubanda bijyanye n’umuco w’igihugu cyacu. Kuri njye, yari inshuti ikomeye nzakumbura cyane.”

Donald Trump wanenzwe cyane na McCain kubera politiki ze, abinyujije kuri Twitter yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rwe, anihanganisha umuryango we ariko ntiyarenzaho andi magambo.

Gusa Trump ashobora kutitabira umuhango wo kumushyingura, hakoherezwa Visi Perezida, Mike Pence.

Senateri McCain afite amateka akomeye kuko yahoze mu Gisirikare cya Amerika ndetse yarwanye intambara yo muri Vietnam. Yatwaraga indege, yaje kuraswa ari mu Mujyi wa Hanoi mu 1967, afatwa bugwate imyaka itanu nk’imfungwa y’intambara. Yakorewe iyicarubozo rimuviramo ubumuga.

Yavutse ku wa 29 Kanama 1936. Yinjiye mu Gisirikare muri Kamena 1954. Yakoreye Igisirikare cya Amerika kugeza mu 1981. Yatorewe kuba Umudepite nk’uhagarariye Leta ya Arizona mu 1982 n’uwa Sena aho yari amaze manda esheshatu kuva mu 1986.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo  ukurikirana

Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo ukurikirana

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Ubwanditsi 31 May 2023
Washington DC : Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda rugeze rwubaka ubushobozi bw’abaturage

Washington DC : Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda rugeze rwubaka ubushobozi bw’abaturage

Ubwanditsi 14 Oct 2017
Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
ITOHOZA

Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Nzafashwanayo Jean Claude na Ingabire Diane irushanwa ryiswe Human Rights Race ryabereye I Rubavu
Amakuru

Nzafashwanayo Jean Claude na Ingabire Diane irushanwa ryiswe Human Rights Race ryabereye I Rubavu

Ubwanditsi 09 Dec 2024
Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.
Mu Rwanda

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Ubwanditsi 22 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru