• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Ubwanditsi 27 Aug 2018 POLITIKI

Umuhanzi ubifatanya no gukora politike, Robert Kyagulanyi na bagenzi be bareganwa barekuwe by’agateganyo n’Urukiko Rukuru rwa Gulu kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Kanama 2018.

Urukiko rushingiye ku mpamvu zatanzwe na buri wese, rwemeye ko Bobi Wine n’itsinda ry’abantu umunani bafunzwe ku itariki ya 13 Kanama 2018 barekurwa by’agateganyo bagakurikiranwa bari hanze.

Abafunguwe ni Hon Robert Kyagulanyi, Kassiano Wadri, Gerald Karuhanga, Paul Mwiru, ndetse na Mike Mabikke wahoze ari umudepite wa Makindye. Abarekuwe bari mu itsinda ry’abantu 33 baherutse gufatirwa muri Arua bashinjwa guteza imvururu n’imidugararo muri aka gace ari naho imodoka za Perezida Museveni zajanjaguriwe.

Urukiko rwemeye kurekura abaregwa buri wese yemeye gutanga ingwate y’amashilingi miliyoni eshanu ndetse akerekana abantu batatu bamwishingira aramutse atorotse ubutabera.

Abishingizi b’abaregwa biganjemo abadepite bagenzi babo. Abishingizi na bo buri wese yasabwe gutanga miliyoni icumi. Bobi Wine ufatwa nka gashoza ntambara w’ibyabereye muri Arua, yatanze abamwishingira batatu barimo Depite wa Buyaga West , Barnabas Tinkasimire, uwahoze ayobora Ishyaka FDC Gen Mugisha Muntu, na mukuru we Eddy Yawe Ssentamu.

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko abaregwa bakimara gufungurwa by’agateganyo rwahita rufatira impapuro z’inzira zabo, umucamanza Stephen Mubiru yamagana ubu busabe kuko ‘mu barekuwe hari abashobora gusaba kujya kwivuza mu mahanga’.

Bobi Wine yari yishingikirije imbago mu cyumba cy’urukiko

Umucamanza ariko yategetse Depite Kassiano Wadri w’agace ka Arua kutazigera akandagira muri aka gace ahagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko ndetse ngo yemerewe kujyayo gusa igihe yabisabiye uburenganzira kugira ngo atabangamira iperereza rigikorwa.

Mu rukiko, umwe mu baburanyi yituye hasi, abacamanza bavuze ko bishobora kuba byatewe n’uburyo abantu bari benshi mu cyumba cyasomewemo imyanzuro bityo akabura umwuka akagwa hasi.

Abaregwa hafi ya bose baje mu rukiko bacumbagira abandi baza bisunze imbago nk’ibimenyetso bishimangira ko bakubiswe nk’uko Bobi Wine yabigarutseho kenshi mu mvugo ze.

Bobi Wine hano yarimo yereka umugore we ibikomere afite mu biganza

Bobi Wine yaje mu rukiko bamurandase

2018-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwa ICC rwagiyeho rushyiriweho Isi yose ariko byarangiye rubaye urwa Afurika gusa- Perezida Kagame

Urukiko rwa ICC rwagiyeho rushyiriweho Isi yose ariko byarangiye rubaye urwa Afurika gusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida  Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)

Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Ubwanditsi 01 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 May 2018
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE
Amakuru

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Ubwanditsi 07 Apr 2025
Abahanzi bagera kuri 20 bonyine nibo batagiye gusora Imisoro
IMIKINO

Abahanzi bagera kuri 20 bonyine nibo batagiye gusora Imisoro

Ubwanditsi 05 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru