• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Editorial 06 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, yageze mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane, aho yitabiriye Inama Nyafurika ku Iterambere ry’Ubuhinzi muri Afurika (African Green Revolution Forum-AGRF 2018) iteraniye mu Rwanda.

Uyu Mukuru w’Igihugu yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, i Kanombe.

Perezida Nana Akufo-Addo aritabira AGRF iteraniyemo abagera ku 2000. Iri kuganirirwamo impinduka zikwiye mu buhinzi bwo muri Afurika bijyanye n’icyerekezo 2063.

William Addo Dankwa Akufo-Addo w’imyaka 74, ayobora Ghana kuva muri Mutarama 2017. Yabaye Umushinjacyaha Mukuru hagati ya 2001 na 2003 ndetse aba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu kuva mu 2003 kugeza mu 2007.

Inama yitabiriye ihuriramo abakuru b’ibihugu, ba minisitiri b’intebe, abashakashatsi, abahagarariye ibigo bya Leta n’imiryango yigenga, ba rwiyemezamirimo bato n’abandi.

Ku nshuro yayo ya munani yatangijwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard ku wa 5 Nzeri 2018. Mu ijambo riyifungura, yavuze ko nta terambere ry’ubuhinzi rishoboka muri Afurika mu gihe hari abayobozi batumva akamaro k’ubuhinzi n’ibibazo birimo.

Yanagaragaje ko Afurika ifite amahirwe menshi yo kugira ubuhinzi buteye imbere, adakoreshwa.

Muri Afurika, ubuhinzi bugira uruhare rwa 32% ku musaruro mbumbe w’igihugu mu gihe bukorwa n’abagera kuri 70%.

AGRF yatangijwe mu 2010 nyuma y’imyaka itatu izi nama zibera mu Mujyi wa Oslo muri Norvège hagati ya 2006-2008.

Yabereye mu bihugu birimo Tanzania (2012), Mozambique (2013), Ethiopia (2014), Zambia (2015), Kenya (2016) na Côte d’Ivoire (2017).

Inama yo muri Côte d’Ivoire yayobowe na Perezida Ouattara yahuje abagera ku 1500 yakusanyirijwemo miliyari $6.5 yo gukoresha mu ishoramari ry’ibikomoka ku buhinzi bw’amavuta y’ingazi, amashaza, ibijumba n’umuceri.

Afurika isohora miliyari 35 z’amadolari ku mwaka igura ibiribwa hanze, nta gikozwe bizikuba gatatu bitarenze 2025.

Ubwo Perezida wa Ghana Nana Akufo-Addo yageraga ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yahawe ikaze mu rwa Gasabo na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente

2018-09-06
Editorial

IZINDI NKURU

Amarira y’Ingona ya Minisitiri Bizimana mu Burundi arabasiga mu kangaratete

Amarira y’Ingona ya Minisitiri Bizimana mu Burundi arabasiga mu kangaratete

Administrator 09 Dec 2025
Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Editorial 06 Aug 2021
Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Editorial 21 Aug 2023
Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Editorial 09 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero
ITOHOZA

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Editorial 13 Nov 2016
CNLG:  Haribazwa impamvu  hafunzwe umwe kandi imishahara ica mu bantu benshi?
Mu Mahanga

CNLG: Haribazwa impamvu hafunzwe umwe kandi imishahara ica mu bantu benshi?

Editorial 22 Aug 2016
Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana
Mu Mahanga

Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Editorial 02 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru