• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Editorial 06 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, yageze mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane, aho yitabiriye Inama Nyafurika ku Iterambere ry’Ubuhinzi muri Afurika (African Green Revolution Forum-AGRF 2018) iteraniye mu Rwanda.

Uyu Mukuru w’Igihugu yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, i Kanombe.

Perezida Nana Akufo-Addo aritabira AGRF iteraniyemo abagera ku 2000. Iri kuganirirwamo impinduka zikwiye mu buhinzi bwo muri Afurika bijyanye n’icyerekezo 2063.

William Addo Dankwa Akufo-Addo w’imyaka 74, ayobora Ghana kuva muri Mutarama 2017. Yabaye Umushinjacyaha Mukuru hagati ya 2001 na 2003 ndetse aba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu kuva mu 2003 kugeza mu 2007.

Inama yitabiriye ihuriramo abakuru b’ibihugu, ba minisitiri b’intebe, abashakashatsi, abahagarariye ibigo bya Leta n’imiryango yigenga, ba rwiyemezamirimo bato n’abandi.

Ku nshuro yayo ya munani yatangijwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard ku wa 5 Nzeri 2018. Mu ijambo riyifungura, yavuze ko nta terambere ry’ubuhinzi rishoboka muri Afurika mu gihe hari abayobozi batumva akamaro k’ubuhinzi n’ibibazo birimo.

Yanagaragaje ko Afurika ifite amahirwe menshi yo kugira ubuhinzi buteye imbere, adakoreshwa.

Muri Afurika, ubuhinzi bugira uruhare rwa 32% ku musaruro mbumbe w’igihugu mu gihe bukorwa n’abagera kuri 70%.

AGRF yatangijwe mu 2010 nyuma y’imyaka itatu izi nama zibera mu Mujyi wa Oslo muri Norvège hagati ya 2006-2008.

Yabereye mu bihugu birimo Tanzania (2012), Mozambique (2013), Ethiopia (2014), Zambia (2015), Kenya (2016) na Côte d’Ivoire (2017).

Inama yo muri Côte d’Ivoire yayobowe na Perezida Ouattara yahuje abagera ku 1500 yakusanyirijwemo miliyari $6.5 yo gukoresha mu ishoramari ry’ibikomoka ku buhinzi bw’amavuta y’ingazi, amashaza, ibijumba n’umuceri.

Afurika isohora miliyari 35 z’amadolari ku mwaka igura ibiribwa hanze, nta gikozwe bizikuba gatatu bitarenze 2025.

Ubwo Perezida wa Ghana Nana Akufo-Addo yageraga ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yahawe ikaze mu rwa Gasabo na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente

2018-09-06
Editorial

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Editorial 16 Dec 2024
Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Editorial 09 Dec 2020
Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Editorial 21 Apr 2018
Umushyikirano wa 15 uzibanda kuri gahunda y’Igihugu igamije impinduka

Umushyikirano wa 15 uzibanda kuri gahunda y’Igihugu igamije impinduka

Editorial 07 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru