• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Ubwanditsi 06 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, yageze mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane, aho yitabiriye Inama Nyafurika ku Iterambere ry’Ubuhinzi muri Afurika (African Green Revolution Forum-AGRF 2018) iteraniye mu Rwanda.

Uyu Mukuru w’Igihugu yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, i Kanombe.

Perezida Nana Akufo-Addo aritabira AGRF iteraniyemo abagera ku 2000. Iri kuganirirwamo impinduka zikwiye mu buhinzi bwo muri Afurika bijyanye n’icyerekezo 2063.

William Addo Dankwa Akufo-Addo w’imyaka 74, ayobora Ghana kuva muri Mutarama 2017. Yabaye Umushinjacyaha Mukuru hagati ya 2001 na 2003 ndetse aba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu kuva mu 2003 kugeza mu 2007.

Inama yitabiriye ihuriramo abakuru b’ibihugu, ba minisitiri b’intebe, abashakashatsi, abahagarariye ibigo bya Leta n’imiryango yigenga, ba rwiyemezamirimo bato n’abandi.

Ku nshuro yayo ya munani yatangijwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard ku wa 5 Nzeri 2018. Mu ijambo riyifungura, yavuze ko nta terambere ry’ubuhinzi rishoboka muri Afurika mu gihe hari abayobozi batumva akamaro k’ubuhinzi n’ibibazo birimo.

Yanagaragaje ko Afurika ifite amahirwe menshi yo kugira ubuhinzi buteye imbere, adakoreshwa.

Muri Afurika, ubuhinzi bugira uruhare rwa 32% ku musaruro mbumbe w’igihugu mu gihe bukorwa n’abagera kuri 70%.

AGRF yatangijwe mu 2010 nyuma y’imyaka itatu izi nama zibera mu Mujyi wa Oslo muri Norvège hagati ya 2006-2008.

Yabereye mu bihugu birimo Tanzania (2012), Mozambique (2013), Ethiopia (2014), Zambia (2015), Kenya (2016) na Côte d’Ivoire (2017).

Inama yo muri Côte d’Ivoire yayobowe na Perezida Ouattara yahuje abagera ku 1500 yakusanyirijwemo miliyari $6.5 yo gukoresha mu ishoramari ry’ibikomoka ku buhinzi bw’amavuta y’ingazi, amashaza, ibijumba n’umuceri.

Afurika isohora miliyari 35 z’amadolari ku mwaka igura ibiribwa hanze, nta gikozwe bizikuba gatatu bitarenze 2025.

Ubwo Perezida wa Ghana Nana Akufo-Addo yageraga ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yahawe ikaze mu rwa Gasabo na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente

2018-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Ubwanditsi 14 May 2018
Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

RUSHYASHYA 02 Nov 2025
Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Agathe Kanziga imbere y’urukiko rwa Paris mu iperereza ku ruhare rwa Paul Barril, bafitanye amabanga adasanzwe

Agathe Kanziga imbere y’urukiko rwa Paris mu iperereza ku ruhare rwa Paul Barril, bafitanye amabanga adasanzwe

Ubwanditsi 03 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko
INKURU NYAMUKURU

Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko

Ubwanditsi 22 Dec 2017
Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda  guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije
POLITIKI

Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup
IMIKINO

Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru