• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Ubwanditsi 20 Sep 2018 ITOHOZA

Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Bobi Wine, yageze muri Uganda nyuma y’ibyumweru hafi bitatu yivuza iyicarubozo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahita ajyanwa na Polisi yari imutegereje.

Bobi Wine yerekeje muri Amerika ku wa 1 Nzeri kugira ngo akurikiranwe byihariye n’abaganga kubera iyicarubozo yakorewe afunzwe. Yagiye anagira ibiganiro bya politiki muri icyo gihugu.

Yivuzaga ingaruka z’ibyo yakorewe guhera ubwo yafungwaga ku wa 13 Kanama, we n’itsinda ry’abantu 33 barimo abadepite, nyuma y’umuvundo wabereye mu gace ka Arua.

Hari mu kwiyamamaza ku bakandida depite bifuza guhagararira Arua mu Nteko Ishinga amategeko. Bobi Wine yari yagiye gushyigikira umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Perezida Museveni we yagiyeyo kwamamaza uw’ishyaka rye, NRM.

Museveni yavuze ko imodoka ye yamenwe ikirahuri cy’inyuma. Nibwo Bobi Wine na bagenzi be bafashwe ndetse igisirikare gikoresha amasasu mu gutatanya abantu.

Mbere gato, umushoferi wa Bobi Wine yishwe arashwe, bivugwa ko bakekaga ko ari we bahitanye.

Abafashwe bakorewe iyicarubozo ku buryo ubwo bagezwaga imbere y’urukiko, Bobi Wine yagenderaga ku mbago bigaragara ko arembye.

Ku wa 23 Kanama 2018, yakuriweho n’Urukiko rwa Gisirikare ibirego birimo ibyo gutunga imbunda binyuranye n’amategeko, asigara akurikiranywe n’urukiko rwa gisivili ku cyaha cy’ubugambanyi.

Gusa yarekuwe by’agateganyo ku wa 27 Kanama 2018 hamwe na bagenzi be barimo Kassiano Wadri wari uhanganye n’umukandida wa NRM, Nusura Tiperu ndetse akamutsinda. Basabwe gutanga ingwate n’abishingizi.

Mbere yo kugaruka muri Uganda avuye kwivuza, Polisi ya Uganda yatangaje ko yamenye ko hari urubyiruko rwateguye imyiyereko ndetse hakwirakwijwe imipira itukura n’ibyapa bimuha ikaze mu gihugu.

Byatumye ishyiraho amabwiriza ko ku kibuga mpuzamahanga cya Entebbe, Bobi Wine azakirwa n’umuryango we wa hafi gusa, agahabwa abamucungira umutekano bakamugeza iwe mu rugo.

Polisi yiyemeje kugenzura umutekano wo mu muhanda, ibuza inama zitemewe kandi yiyemeza gukorana n’izindi nzego z’umutekano ngo wubahirizwe.

Ivuga ko bitagenze bityo “hari ibikorwa byinshi bitemewe n’amategeko byashoboraga kubangamira ibikorwa bisanzwe birimo ingendo z’abajya cyangwa bava ku kibuga cy’indege.”

Ni igikorwa ariko Bobi Wine yamaganye, avuga ko “polisi nta nshingano ifite mu kugena abanyakira cyangwa aho ngomba kujya n’aho mbujijwe. Uyu muco wo kudahana ugomba guhagarara.” Ni amagambo yanditse kuri Twitter.

We yifuzaga kwakirwa n’inshuti, abayobozi n’abahanzi, akabanza gusura nyirakuru urwaye ahitwa Najjanankumbi, agafatira ifunguro rya saa sita Kamwokya mbere yo kujya iwe i Magere.

Bobi Wine yavuye muri Amerika kwivuza asubira iwabo i Kampala

Ubwo Bobi Wine yari ku kibuga cy’indege i Amsterdam ategereje indege imujyana muri Uganda

2018-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be

Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Ubwanditsi 12 Feb 2018
B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Ubwanditsi 17 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika
Amakuru

Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika

Ubwanditsi 06 Oct 2022
Perezida Kagame yitabiriye inama ku iterambere rirambye i Abu Dhabi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yitabiriye inama ku iterambere rirambye i Abu Dhabi

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo
Mu Mahanga

Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo

Ubwanditsi 20 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru