• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Bobi Wine Yahawe Uburinzi Buyingayinga Ubwa Perezida

Uganda: Bobi Wine Yahawe Uburinzi Buyingayinga Ubwa Perezida

Ubwanditsi 21 Sep 2018 ITOHOZA

Umuhanzi akaba n’umunyapolitiki, Robert Kyagulanyi uzwi ku izina rya Bobi Wine, ubwo yageraga mu gihugu (Uganda) avuye kwivuriza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasanze yiteguwe n’imbaga y’abaturage ariko n’inzego z’umutekano zimurinze mu buryo bujya kwegera ubwa Perezida w’igihugu.

Ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 20 Nzeri 2018, nibwo Depite Bobi Wine yari asesekaye Ku Kibuga Cy’Indege Mpuzamahanga Cya Entebbe, azanwe n’indege ya Kenyan Airways No KQ412 yari iturutse Nairobi. Uyu munyapolitiki ntabwo yagize amahirwe yo kwakirwa n’abamushyigikiye mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni, aho ku kibuga cy’indege kuko polisi yahise imuta muri yombi.

Nk’uko ikinyamakuru Chimpreports cyo muri Uganda kibitangaza, ngo polisi yavanye Bobi Wine ku kibuga cy’indege imurinze hamwe n’indi mitwe ishinzwe umutekano bamujyana kuri sitasiyo ya polisi ya Kasangati, aho yakuwe ajyanwa iwe mu rugo i Magere, muri district ya Wakiso.

Depite Bobi Wine w’imyaka 36 y’amavuko washinjwe ubugambanyi n’urukiko rukuru rwo mu gace ka Gulu yari ategerejwe n’imbaga y’abaturage bambaye imipira iriho amagambo amuha ikaze nk’intwari yabo igamije guhirika Perezida Museveni ku butegetsi, ingoferi, furali,…

Abaturage bari benshi bashaka kwakira intwari yabo

Aho i Kasangati,  imbaga y’abaturage yari ihanganye n’abagize inzego z’umutekano zambaye nk’iziteguye urugamba, bababuza kugira ibyo bakora birebana no kwigaragambya, abaturage nabo baririmbaga indirimbo zirata ubutwari Bobi Wine. Iki kivunge cy’abaturage cyari kigizwe n’ abo mu muryango we ndetse n’itsinda rye rya ‘Peope power’ barangaje imbere abandi.

Nubwo kugaruka kwe mu gihugu bisa nk’ibigiye kongerera imbaraga abatavuga rumwe na Perezida Museveni ufite ubuyobozi mu biganza bye kuva mu mwaka wa 1986, n’ishyaka rye NRM , Guverinoma yamushimiye uburyo yakoranyemo neza n’inzego z’umutekano zamurinze kuva ku kibuga cy’indege. Wine we akaba avuga ko agarutse muri Uganda kurwana (come back to fight).

Imitwe y’abashinzwe umutekano yari igizwe n’abasirikare kabuhariwe bashinzwe kurinda umukuru w’igihugu, umutwe wa polisi ushinzwe kurwanya iterabwoba, umutwe wa polisi ishinzwe kurwanya imyigaragambyo, ingabo zishinzwe kurinda umujyi wa Kampala,…

Basubizaga inyuma ikivunge cy’abaturage cyari cyaje kwakira Wine bifashishije inkoni, bambaye bikwije hose nk’abiteguye urgamba,…

Bobi Wine yari amaze ibyumweru bibiri muri Amerika yivuza nyuma yahoo akorewe iyicarubozo n’inzego z’umutekano za Uganda. Yatawe muri yombi ku wa 13 Kanama 2018, nyuma y’imyigaragambyo yabaye i Arua, yanakurikiwe n’urupfu rw’umushoferi we (Wine).

   

2018-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024
Rwamucyo Aimable  ikigarasha cyiyoberanya

Rwamucyo Aimable ikigarasha cyiyoberanya

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Ubwanditsi 15 Jan 2020
Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubwanditsi 17 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Sep 2018
S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba
Mu Rwanda

S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

Ubwanditsi 27 Jun 2017
James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida
POLITIKI

James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru