• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

Editorial 28 Sep 2018 UBUKERARUGENDO

Urwego rw’ubukerarugendo, cyane cyane gusura Ingagi, ni ingenzi mu kwinjiriza U Rwanda amadevize ariko nyuma yo kuzamura ibiciro byo kuzisura muri Gicurasi umubare w’abasura waragabanyutse cyane bigira ingaruka no ku bakora ibikorwa bitandukanye bijyanye n’ubukerarugendo.

Kuri ubu ibi biciro byari byazamuwe byagabanyijweho 30% mu rwego rwo kureba ko ba mukerarugendo bakongera kwiyongera, aho ba mukerarugendo bazajya basura izindi pariki nk’Akagera na Nyungwe mu gihe cy’iminsi itatu bazajya bishyura uruhushya amadolari 1050$, ari nayo azajya yishyurwa uruhushya uhereye mu Ugushyingo kugeza muri Gicurasi nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Pariki y’Ibirunga.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, Umuryango mpuzamahanga ushinzwe kubungabunga ibidukikije, World Wide Fund for Nature (WWF), cyari cyatangaje ko ubwoko bw’ingagi zo mu misozi burimo kugaruka, aho bwiyongereyeho ingagi 600 kuri 480 zari zitezwe mu 2010 mu Birunga, mu misozi ihuriweho n’ibihugu by’U Rwanda, Uganda na Congo.

Mu Rwanda kubungabunga ingagi ari ikintu gishyirwa imbere cyane bitewe n’uko ubukerarugendo ari bwo buza imbere mu kwinjiriza igihugu amafaranga y’amahanga (amadevize).

Muri Gicurasi 2017 Guverinoma y’U Rwanda yari yazamuye ibiciro by’uruhushya rwo gusura ingagi biva ku madolari 750$ bigera ku madolari 1,500$ bituma ari byo biba ibiciro biri hejuru mu karere, nk’aho muri Uganda uru ruhushya ari amadolari 600$ mu gihe muri Congo ari 400$. Ibi biciro bikaba bizakomeza kubahirizwa mu bindi bihe no kubazajya basura Pariki y’Ibirunga gusa.

Kuva icyo gihe ibiciro bizamurwa, benshi mu bakoraga mu bikorwa by’ubukerarugendo nk’abayoboraga ba mukerarugendo n’abandi babuze icyo gukora kuko ba mukerarugendo benshi bahise bahitamo kujya bajya gusura ingagi muri Uganda nk’uko urubuga rw’ubuyobozi bwa pariki ruvuga.

Parfait Kagibwami, umuyobozi wa Le Bambou Gorilla Lodge ikorera hafi ya Pariki y’Ibirunga, avuga ko bahuye n’ibibazo bikomeye. Ati: “Sinshobora kugereranya pourcentage ya ba mukerarugendo twabuze ariko byari bibi cyane,” iyi lodge ubwayo ivuga ko yabuze 40% by’abakiriya yakiraga.

Nyuma yo kubona umubare wa ba mukerarugendo ugenda urushaho kugabanyuka, Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yafashe icyemezo cyo kugabanya igiciro kuva mu Ugushyingo kugeza muri Gicurasi umwaka utaha bigera ku madorali 1,050, bikazaba bivuye ku madolari 1,500$.

Bamwe muri ba mukerarugendo bavuganye The Washington Post bavuga ko bishimiye iri gabanyuka ry’ibiciro.

Uwitwa Diege Joost ukomoka mu Budage yagize ati: “Nzabasha gukora ibi rimwe gusa mu buzima bwanjye,”

2018-09-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Editorial 15 Mar 2019
U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Editorial 01 Nov 2018
Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Editorial 11 Oct 2018
Ingoro yo ku Mulindi w’Intwari igiye gutangira kumurikirwamo amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu

Ingoro yo ku Mulindi w’Intwari igiye gutangira kumurikirwamo amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu

Editorial 08 Jan 2020
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Editorial 15 Mar 2019
U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Editorial 01 Nov 2018
Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Editorial 11 Oct 2018
Ingoro yo ku Mulindi w’Intwari igiye gutangira kumurikirwamo amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu

Ingoro yo ku Mulindi w’Intwari igiye gutangira kumurikirwamo amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu

Editorial 08 Jan 2020
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Editorial 15 Mar 2019
U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Editorial 01 Nov 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru