• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

Ubwanditsi 28 Sep 2018 UBUKERARUGENDO

Urwego rw’ubukerarugendo, cyane cyane gusura Ingagi, ni ingenzi mu kwinjiriza U Rwanda amadevize ariko nyuma yo kuzamura ibiciro byo kuzisura muri Gicurasi umubare w’abasura waragabanyutse cyane bigira ingaruka no ku bakora ibikorwa bitandukanye bijyanye n’ubukerarugendo.

Kuri ubu ibi biciro byari byazamuwe byagabanyijweho 30% mu rwego rwo kureba ko ba mukerarugendo bakongera kwiyongera, aho ba mukerarugendo bazajya basura izindi pariki nk’Akagera na Nyungwe mu gihe cy’iminsi itatu bazajya bishyura uruhushya amadolari 1050$, ari nayo azajya yishyurwa uruhushya uhereye mu Ugushyingo kugeza muri Gicurasi nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Pariki y’Ibirunga.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, Umuryango mpuzamahanga ushinzwe kubungabunga ibidukikije, World Wide Fund for Nature (WWF), cyari cyatangaje ko ubwoko bw’ingagi zo mu misozi burimo kugaruka, aho bwiyongereyeho ingagi 600 kuri 480 zari zitezwe mu 2010 mu Birunga, mu misozi ihuriweho n’ibihugu by’U Rwanda, Uganda na Congo.

Mu Rwanda kubungabunga ingagi ari ikintu gishyirwa imbere cyane bitewe n’uko ubukerarugendo ari bwo buza imbere mu kwinjiriza igihugu amafaranga y’amahanga (amadevize).

Muri Gicurasi 2017 Guverinoma y’U Rwanda yari yazamuye ibiciro by’uruhushya rwo gusura ingagi biva ku madolari 750$ bigera ku madolari 1,500$ bituma ari byo biba ibiciro biri hejuru mu karere, nk’aho muri Uganda uru ruhushya ari amadolari 600$ mu gihe muri Congo ari 400$. Ibi biciro bikaba bizakomeza kubahirizwa mu bindi bihe no kubazajya basura Pariki y’Ibirunga gusa.

Kuva icyo gihe ibiciro bizamurwa, benshi mu bakoraga mu bikorwa by’ubukerarugendo nk’abayoboraga ba mukerarugendo n’abandi babuze icyo gukora kuko ba mukerarugendo benshi bahise bahitamo kujya bajya gusura ingagi muri Uganda nk’uko urubuga rw’ubuyobozi bwa pariki ruvuga.

Parfait Kagibwami, umuyobozi wa Le Bambou Gorilla Lodge ikorera hafi ya Pariki y’Ibirunga, avuga ko bahuye n’ibibazo bikomeye. Ati: “Sinshobora kugereranya pourcentage ya ba mukerarugendo twabuze ariko byari bibi cyane,” iyi lodge ubwayo ivuga ko yabuze 40% by’abakiriya yakiraga.

Nyuma yo kubona umubare wa ba mukerarugendo ugenda urushaho kugabanyuka, Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yafashe icyemezo cyo kugabanya igiciro kuva mu Ugushyingo kugeza muri Gicurasi umwaka utaha bigera ku madorali 1,050, bikazaba bivuye ku madolari 1,500$.

Bamwe muri ba mukerarugendo bavuganye The Washington Post bavuga ko bishimiye iri gabanyuka ry’ibiciro.

Uwitwa Diege Joost ukomoka mu Budage yagize ati: “Nzabasha gukora ibi rimwe gusa mu buzima bwanjye,”

2018-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 24 Sep 2025
Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Ubwanditsi 01 Sep 2017
RwandAir yatangiye ingendo zigana i Kinshasa ziziyongera mu kwezi gutaha

RwandAir yatangiye ingendo zigana i Kinshasa ziziyongera mu kwezi gutaha

Ubwanditsi 17 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame
Amakuru

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ubwanditsi 27 Oct 2024
Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga
SHOWBIZ

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje
Mu Mahanga

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Ubwanditsi 16 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru