• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 29 Sep 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yasabye Ikigo cy’Imisoro n’amahoro (RRA) kongera imbaraga mu gushishikariza abanyarwanda kwitabira gusora kugira ngo igihugu kizagere ku rwego rwo kwihaza mu ngengo y’imari.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu ubwo yitabiraga ibirori byo kwizihiza imyaka 20 ishize RRA ishinzwe ndetse n’imyaka 16 hatangijwe umunsi w’abasora.

Mu ngengo y’imari ya miliyari 2.115.4 Frw yifashishijwe umwaka ushize wa 2017/2018, imisoro yari miliyari 1252.2 Frw angana na 58.3 % bivuye kuri miliyari 62.8 Frw zakusanyijwe mu 1998.

Icyo gihe imisoro yagiraga uruhare rwa 36.3% ku ngengo y’imari y’igihugu.

Dr Ngirente yashimye imbaraga RRA yashyize mu gukusanya imisoro mu myaka 20 ishize ariko ashimangira ko hagikenewe gukorwa byinshi kugira ngo u Rwanda rwihaze.

Yagize ati “Imisoro iri ku isonga mu gutanga umugabane munini ku ngengo y’imari y’igihugu cyacu. Iyo ngengo y’imari niyo igihugu cyifashisha mu kugeza ku banyarwanda ibikorwa remezo bitandukanye birimo amashuri, amavuriro, amazi amashanyarazi, imihanda n’ibindi biteza imbere abaturage n’igihugu muri rusange.”

Minisitiri w’Intebe yavuze ko igihe u Rwanda ruzaba rwihagije mu ngengo y’imari ari bwo ruzaba rwihesheje agaciro nyabyo.

Ati “Kugira ubushobozi bwo kwihaza ku buryo busesuye ni intego twiyemeje nk’igihugu kandi tukaba twumva tuzayigeraho mu gihe kiri imbere cya vuba. Kubigeraho niko kwihesha agaciro kandi bikaba bisaba ko abanyarwanda twese tubigira inshingano, tukarushaho kongera umusaruro mubyo dukora kandi tukaba abasora neza.”

Dr Ngirente kandi yanenze abanyereza imisoro n’abayitanga nabi, asaba inzego zibishinzwe kubihagurukira no kurushaho kongera ubukangurambaga.

Komiseri Mukuru wa RRA, Richard Tusabe, yagaragaje ko hari byinshi byakozwe mu myaka 20 ishize kandi ko intego ari ugukomeza umurego.

Yagize ati “Ikigo cy’imisoro n’amahoro gitangira guha serivisi abakigana cyari gifite ibibazo byinshi bishingiye cyane cyane ku mikorere itari inoze, nk’ubumenyi bw’abakozi bwari bukiri hasi cyane, amategeko y’imisoro yari ashaje akeneye kuvugururwa kugira ngo ajyane n’ubucuruzi twifuza. Imyumvire y’usora yari hasi cyane no gukoresha ikoranabuhanga nta byabagaho.”

Yavuze ko hari ibimaze kugerwaho, icyakora yemeza ko bitashoboka bitagizwemo uruhare n’abanyarwanda bose.

Ikigo cy’imisoro n’amahoro mu mwaka wa 2018/2019 cyihaye intego yo kwinjiza miliyari 1369.2 Frw na miliyari 60.2 Frw y’imisoro yeguriwe uturere.

Tusabe yavuze ko ingamba zafashwe ngo bigerweho harimo gukomeza kunoza ikoranabuhanga ry’imashini zitanga inyemezabuguzi, gushyira mu bikorwa inama z’umugenzuzi w’imari ya Leta, kongera imbaraga mu guhuza amakuru ku misoro n’abasora hifashishije ikoranabuhanga, gukangurira abaturage akamaro ko gusora n’ibindi.

Rwanyonga Mathias, umukozi wa sosiyete MTN Rwanda ari nayo yaje ku mwanya wa mbere mu basora banini, yavuze uwo mwanya bawukesha ibikorwa na serivisi byiza ari nabyo bazakomeza gukora kugira ngo bunguke babone uko basora.

Yakanguriye abanga gutanga imisoro cyangwa bakayinyereza kubireka ngo kuko ntaho bitaniye no gutema ishami wicayeho.

Ati “Abanyereza imisoro ni nko gutema igiti wicayeho.nUbundi iyo utanze umusoro Leta igakora ibikorwa remezo neza, umutekano ukaza n’ubundi amafaranga wabonaga ariyongera. Tanga umusoro, ejo uzabona amafaranga yikubye ayo wabonaga uyu munsi.”

Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018/19 watangiye ku wa 1 Nyakanga 2018, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko muri miliyari 2443.5 Frw ziteganywa, 62% azaba akomoka imbere mu gihugu.

Inguzanyo z’amahanga zizaba 16% naho iz’imbere mu gihugu zibe 6%, inkunga zisigarane 16% gusa.

2018-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Uruganda  “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Ubwanditsi 09 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abiyita Abanyarwanda ari abanyamahanga nibo basebya u Rwanda ku isonga Noble Marara 
ITOHOZA

Abiyita Abanyarwanda ari abanyamahanga nibo basebya u Rwanda ku isonga Noble Marara 

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Azam  fc yagaragarije Ndayisenga Fuad ko atari ku rwego rwayo
IMIKINO

Azam fc yagaragarije Ndayisenga Fuad ko atari ku rwego rwayo

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda
Mu Rwanda

Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru