• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO

Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO

Ubwanditsi 05 Oct 2018 HIRYA NO HINO

Mu mezi abiri ashize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangiye urugendo rwo kuzenguruka isi yiyamamariza kuyobora Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa (OIF).

Kuva mu ntangiriro za Nyakanga yatangiye urugendo ava mu gihugu kimwe kivuga Igifaransa ajya mu kindi akavuga imigabo n’imigambi y’ibyo azakorera OIF naramuka ayibereye Umunyamabanga mukuru mu gihe cy’imyaka ine.

Mbere y’uko atangira kampanye ye, Inama nshingwabikorwa y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) na yo yari yamwemereye kuzamushyigikira.

Iyo nama igizwe n’Abaminisitiri bahagarariye ibihugu byabo mu gushyira mu bikorwa imyanzuro ya AU. Ibyo byahaye amahirwe Mushikiwabo yo kuba yahigika Michaëlle Jean wari usanzwe ayiyobora, ariko wifuzaga gukomeza kuyiyobora.

OIF igizwe n’ibihugu na Leta 84, ariko abanyamuryango bahoraho ni ibihugu 58 n’ibihugu by’indorerezi 26.

Kigali Today yabateguriye amwe mu mafoto yaranze urwo rugendo, mu gihe hasigaye icyumweru kimwe ngo ayo matora abe, ni amatora azabera mu Mujyi wa Everan, Umurwa mukuru wa Armenia.

Mauritania

JPEG - 125.8 kb
Urugendo rwa Mushikiwabo rwatangiriye i Nouakchott muri Mauritania, aho abakuru b’ibihugu na za Guverinoma muri Afurika bamwemereye kumushyigikira 100%

Madagascar

JPEG - 61.9 kb
Mushikiwabo yakomereje urugendo i Antananarivo muri Madagascar, aho yagejeje imigabo n’imigambi ye kuri Perezida Hery Rajaonarimampianina
JPEG - 62.3 kb
Muri Madagascar kandi Mushikiwabo yabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dovo Eloi Maxime

Tchad

JPEG - 57.2 kb
I N’Djamena, Mushikiwabo yaganiriye na Perezida Idriss Deby anamwemerera kumushyigikira

Congo – Brazzaville

JPEG - 76.8 kb
Mushikiwabo yakurikijeho kugirana ibiganiro na Perezida wa Congo – Brazzaville Denis Sassou Nguesso

Senegal

JPEG - 59.2 kb
Uwo munsi Mushikiwabo yakomereje i Dakar, aho yahuye na Perezida Macky Sall na we amugezaho ibya kandidatire ye
JPEG - 106.7 kb
I Dakar kandi yanabonanye na mugenzi we ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Senegal, Sidiki Kaba

Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo

JPEG - 138.7 kb
Mushikiwabo yakomereje urugendo rwe i Kinshasa aho yabonanye na Perezida Joseph Kabila
JPEG - 92.5 kb
Mbere yo kuva muri icyo gihugu yanabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Léonard She Okitundu

Gabon

JPEG - 77.3 kb
Mushikiwabo yakomereje urugendo rwe rwo kwiyamamaza i Libreville, aho yabonanye na Perezida Ali Bongo Ondimba
JPEG - 161.7 kb
Mushikiwabo yageze no ku mugabane wa Aziya, mu Murwa mukuru wa Vietnam, Hanoi, kugira ngo ageze gahunda ye kuri Perezida Tran Dai Quang

Cambodge

JPEG - 95.4 kb
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko yagiriraga muri Aziya, Mushikiwabo yakiriwe na mugenzi we ushinzwe Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane, Prak Sokhonn

Armenia

JPEG - 31.5 kb
Mushikiwabo yakurikijeho umugabane w’u Burayi aho yanyarukiye mu Murwa mukuru wa Armenia, Everan, ari na wo uzaberamo amatora ya OIF, abonana na Minisitiri w’Intebe Nikol Pachinian
JPEG - 156 kb
Mushikiwabo yakoze umuhango wo gutera igiti, igikorwa gifite icyo gisobanuye mu mateka ya Armenia
JPEG - 108.3 kb
Yanasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abanya-Armenia, ruherereye ahitwa Tsitsernakaberd

Roumanie

JPEG - 92.3 kb
Mu Murwa mukuru Bucharest, Mushikiwabo yaganiriye na mugenzi we ushinzwe Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Teodor Meleșcanu

Liban

JPEG - 55.9 kb
Mushikiwabo yanageze mu Murwa mukuru Beyrouth abonana na Perezida wa Liban Michel Aoun

Tuniziya

JPEG - 137.8 kb
i Tunis muri Tuniziya , Mushikiwabo yakiriwe na Perezida w’icyo gihugu Béji Caïd Essebsi
JPEG - 215.9 kb
Mushikiwabo aganira na mugenzi we wa Tuniziya Khemaies Jhinaui

Niger

JPEG - 72.8 kb
Mushikiwabo yagarutse muri Afurika yerekeza i Niamey, aho yabonanye na Perezida Issoufou Mahamadou

Burkina Faso

JPEG - 257.2 kb
Mu Murwa mukuru Ouagadougou, Mushikiwabo yahuye na Perezida wa Burkina Faso Roch Marc Christian Kaboré

Côte d’Ivoire

JPEG - 79.6 kb
Mushikiwabo yakomereje mu Murwa mukuru Abidjan, ageza ibya kandidatire ye kuri Perezida Alassane Ouattara

U Bufaransa

JPEG - 114.5 kb
Mushikiwabo yakiriwe kuri Televiziyo ya TV5 Monde

New York, Mushikiwabo yabonanye n’abayobozi b’ibihugu bitandukanye atashoboye kugeramo

JPEG - 142.4 kb
Yaganiriye na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Albaniya, Ditmir Bushati
JPEG - 162 kb
Yanagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Moldaviya, Tudor Ulianovschi
JPEG - 135.5 kb
Yanaganiriye na Minsitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Vanuatu, Ralph Regenvanu
JPEG - 125 kb
Mu gihe cy’Inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UN), bamukoreye ibirori byo kumwereka ko bamushyigikiye

Luxembourg

JPEG - 33.5 kb
Mushikiwabo yakomereje mu Murwa mukuru Luxembourg City, aho yabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ean Asselborn

2018-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Dore ibintu 5 umusore n’umukobwa bakwiye kwirinda igihe bagiye guhura bwa mbere

Dore ibintu 5 umusore n’umukobwa bakwiye kwirinda igihe bagiye guhura bwa mbere

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 10 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi
Amakuru

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Ubwanditsi 05 May 2025
EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila
POLITIKI

EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA
Amakuru

Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

RUSHYASHYA 13 Jan 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru