• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Ubwanditsi 11 Oct 2018 POLITIKI

Leta y’u Rwanda ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), uyu munsi bamuritse urwandiko rw’inzira rushya (Passport) rwemerewe impunzi ziba mu Rwanda. Urwandiko rubasha gusomwa n’imashini.

Mu muhango wo kumurika uru rwandiko kuri uyu wa gatatu, Ikigo k’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka, Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDMAR) n’ubahagarariye UNHCR basobanuye ko uru rwandiko rushya rutandukanye n’urwari rusanzwe.

Irindi tandukaniro ni uko urusanzwe rwamaraga imyaka ibiri ariko urushya rukazajya rumara imyaka itanu. Uru kandi rukaba rukoze mu buryo bugezweho rusomwa na za mudasobwa.

Minisitiri muri MIDMAR, Madamu Debonheur Jeanne D’arc, avuga ko uru rwandiko ruzakemura ikibazo cy’impunzi zagorwaga no gusohoka hanze y’igihugu mu gihe zikora ibikorwa bitandukanye harimo, kwivuza, ubucuruzi n’ibindi

Yagize ati: “Abashaka akazi mu mahanga zazashobora kujyayo ariko ishingiro rye ari hano mu Rwanda.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka Anaclet Kalibata, yavuze ko uru rwandiko ruzajya rukorerwa mu Rwanda kandi rukazatangwa ku giciro gito.

Irakoze Ines, umurundi umaze imyaka itatu mu Rwanda nk’impunzi, avuga ko hari amahirwe menshi baburaga ariko ko uru rupapuro rushya ruzamufasha cyane.

Agira ati: “Njyewe nsanzwe ncuruza. bizamfasha kujya kurangura bitangoye.”

Minisitiri ufite impunzi mu nshingano aha umwe mu mpunzi iki cyangombwa

Minisitiri ufite impunzi mu nshingano aha umwe mu mpunzi iki cyangombwa

Uru rwandiko kandi ngo ruzakemura ikibazo cy’abanyeshuri benshi baburaga amahirwe yo kujya kwiga hanze y’u Rwanda kubera kubura ibyangombwa.

Ahmed Baba Fall wari uhagarariye UNHCR, ashimira Lete y’u Rwanda ikomeje kugaragaza itandukaniro n’uruhare rukomeye mu guhindura imibereho y’impunzi.

Kugirango impunzi yemererwe guhabwa uru rwandiko, izajya igaragaza ibyangombwa by’uko ari impunzi harimo ikarita zari zisanzwe ku bazifite, ikemezo cy’umuyobozi w’akagari cyangwa icy’uhagarariye inkambi ku bazimo.

Bwa mbere mu Rwanda, urwandiko rw’inzira ku mpunzi rwahawe impunzi z’Abarundi mu 1992/1973.

Hari hakurikijwe amasezerano yo ku wa 28 Nyakanga 1951. Aya masezerano yavuguruwe mu bihumbi 2004.

Uru rwandiko rusanzwe rukorerwa i Geneve mu Busuwisi gusa, ruzajya rutangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda ku bufatanye na UNHCR hashingiwe ku ibwiriza rya Minisitiri w’Intebe n° 02/01 of 31/05/2011.

src : Umuseke

2018-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Amateka ya Nyakwigendera  Mazimpaka  Patrick  guhera u Rwanda rwabona ubwigenge .

Amateka ya Nyakwigendera  Mazimpaka  Patrick  guhera u Rwanda rwabona ubwigenge .

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Ubwanditsi 26 Aug 2018
RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

RDC: Abaturage baracyari mu rujijo ku hazaza ha Joseph Kabila

Ubwanditsi 06 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora
Mu Rwanda

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Ubwanditsi 03 Jun 2017
U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya
Mu Mahanga

U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

Ubwanditsi 04 Oct 2018
RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru
UBUKERARUGENDO

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

Ubwanditsi 29 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru