• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

Ubwanditsi 29 Oct 2018 UBUKUNGU

BK Group Plc yatangije igikorwa cyo kugurisha imigabane mishya ku Isoko ry’Imari n’imigabane ry’u Rwanda, itazahita igurwa ikazashyirwa ku Isoko ry’Imari rya Nairobi guhera mu mpera z’ukwezi gutaha.

Iki kigo kuri uyu wa Mbere cyatangiye gucuruza imigabane ingana na 222.222.222, itazagurwa ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, ikazacuruzwa ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi guhera ku wa 30 Ugushyingo.

Banki ya Kigali yagiye bwa mbere ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda mu 2011, icyo gihe umugabane umwe wagurwaga 125 Frw. Havuyemo miliyari 37.5 Frw.

Ni amafaranga yafashije cyane mu kuzamura ibikorwa bya Banki ya Kigali, binayiha ubushobozi bwo gutera inkunga imishinga ikomeye irimo gusoza imirimo yo kubaka Kigali Convention Centre na Marriott Hotel.

Mu gukomeza kwagura ibikorwa, BK Group Plc irifuza kongera imari shingiro yo guteza imbere ibikorwa by’ibigo biyishamikiyeho birimo Banki ya Kigali, BK TecHouse, BK General Insurance na BK Capital.

Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc yabwiye abanyamigabane basaga 3800, ko inama y’ubutegetsi yanzuye ko ari bo bagira uruhare mu kongera imari shingiro.

Yatangaje ko abifuza iyi migabane batangira kuyigura guhera kuri uyu wa 29 Ukwakira kugeza ku wa 9 Ugushyingo, aho ku muntu ufite imigabane itatu, yahawe amahirwe yo kugura undi mugabane umwe kuri 270 Frw.

Ni amafaranga make ugereranyije n’uko umugabane wa BK usanzwe uhagaze ku Isoko n’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, kuko ugura hafi 290Frw.

Dr Karusisi ati “Mu minsi igera kuri 12 yo kugurisha, imigabane isaga miliyoni 200 izaba iri ku isoko, aho byitezwe ko izavamo miliyari 60Frw. Ndasaba abanyamigabane gukoresha uburenganzira bwabo bakagura imigabane muri BK, igihe isoko rigifunguye.”

“Nyuma imigabane yose izaba itafashwe hano mu Rwanda tuzayijyana ku isoko ry’imari rya Nairobi, hagamijwe kongera imari yacu no kwegera abandi bashoramari.”

Dr Karusisi yavuze ko bazajyana i Nairobi imigabane yasagutse, kuko bafite amakuru ko hari bamwe mu banyamigabane batazongera ishoramari ryabo muri BK Group Plc.

Abo barimo Guverinoma y’u Rwanda yari isanzwe ari yo munyamigabane mukuru, gusa RSSB yo izongera imigabane yayo.

Kutongera ishoramari mu migabane leta yari ifite muri Banki ya Kigali, bizatuma ihita igabanyuka igere kuri 23% ivuye kuri hafi 30%.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Isoko ry’Imari n’imigabane mu Rwanda, Eric Bundugu, yavuze ko iki gikorwa ari intambwe ikomeye kuri Banki ya Kigali no ku bukungu bw’u Rwanda.

Yavuze ko kuba iyi banki yarabashije kujya ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi, “ari uko yizeye imicungire yayo kandi yizera neza ibyo ikora, ari nayo mpamvu yiyemeje kubimurikira abandi bashoramari.”

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, Bapfakurera Robert, yavuze ko Banki ya Kigali ikwiye kubera urugero ibindi bigo byo mu Rwanda.

Kugeza ku wa 31 Werurwe 2016, Guverinoma y’u Rwanda niyo yari umunyamigabane munini na 29.5%, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize, RSSB kikagira 25.1%.

Hari nk’ibigo by’abashoramari b’abanyamahanga bifitemo 14.00%, abakozi n’abayobozi bayo bafitemo 1.00% , ibigo byo mu gihugu bifitemo 8.5%, ibigo byo mu karere bifitemo 7.7%, abantu ku giti cyabo bakagiramo 7.7%.

Izindi nzego zishamikiye kuri leta zifitemo 0.1%.

Mu Ukuboza 2017 imari shingiro ya BK Group yari igeze kuri miliyari 10, miliyoni 504 n’ibihumbi 600 by’amafaranga y’u Rwanda.

2018-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Ubwanditsi 09 Mar 2017
Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Ubwanditsi 19 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AU Summit: Mu bakandida batatu bari bahanganye habuze usimbura Dr Dlamini Zuma
Mu Rwanda

AU Summit: Mu bakandida batatu bari bahanganye habuze usimbura Dr Dlamini Zuma

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano
Mu Mahanga

Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 29 Oct 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 14 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru