• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Ubwanditsi 05 Nov 2018 ITOHOZA

Umunyapolitiki Mpayimana Philippe yashize ishyaka yise PPR (Parti du Progrès du Peuple Rwandais) riharanira iterambere ry’abanyarwanda.

Mpayimana w’imyaka 48 kuri uyu wa Gatandatu nibwo abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yatangaje ko yashinze ishyaka.

Mu kiganiro Mpayimana yahaye Itangazamakuru,  uyu mugabo watsinzwe mu matora ya Perezida umwaka ushize n’ay’abadepite uyu mwaka, yavuze ko icy’ingenzi cyamuteye gushinga ishyaka azagitangaza mu minsi iri imbere.

Icyakora yavuze ko hari hakenewe ishyaka rizana ibindi bitekerezo kugira ngo iterambere u Rwanda rugezeho ridasubira inyuma.

Ati “Icy’ingenzi ni ugufatanya n’abandi banyarwanda, twerekana izindi nzira z’iterambere rirambye kuko iterambere rishobora kubaho ariko rikaba ryagira n’inzitizi zo gusubira inyuma. Niyo mpamvu tuba tugomba kuzana ibindi bisubizo kugira ngo ridasubira inyuma.”

Kuba yaratsinzwe ubugira kabiri mu matora, ni imwe mu mpamvu zatumye Mpayimana ashinga ishyaka.

Mu matora y’abadepite aherutse, amashyaka atavuga rumwe na Leta arimo Democratic Green Party of Rwanda na PS Imberakuri yabashije kubona amajwi ayemerera guhagararirwa bwa mbere mu Nteko Ishinga Amategeko, mu gihe mu bakandida bigenga nta n’umwe wabonye amajwi asabwa.

Mpayimana yavuze ko kwiyamamaza wenyine nta ngufu bigira nk’iz’umuntu ufite ishyaka.

Ati “Icy’ingenzi ni uko (nshinga ishyaka) ntabikoranye umujinya. Umukandida wigenga aba afite intege nke kandi tujya muri uyu murimo duharanira gutsinda, duharanira gutanga ibyo twateguriye igihugu. Niyo mpamvu tugomba guhindura uburyo bw’imikorere.”

Ishyaka PPR ntirirandikwa mu mategeko nk’umutwe wa politiki wemewe mu Rwanda.

Kugira ngo ryandikwe bimwe mu byo risabwa harimo kugaragaza umubare w’abantu nibura 200 barimo batanu muri buri Karere bashyize umukono ku mategeko shingiro arigenga.

Mpayimana avuga ko igitekerezo cyo kurishinga agisangiye n’abandi bantu bagera ku icumi, ubu bakaba bari gukora ibishoboka byose ngo babanze kubona abarwanashyaka b’imena.

Uyu mugabo wahoze aba mu Bufaransa, yavuze ko icyo asaba abanyarwanda ari ugufata abanyapolitiki nk’abakozi babo aho kubasuzugura.

Ati “Hari abantu banga politiki, bakayitinya kubera ko bakeka ko atari itegeko rya buri wese kubijyamo ariko bubashye uwabigiyemo bakumva ko abashakira ineza, bizaba biri mu byiza byo kuvugurura umurimo wa politiki mu Rwanda.”

Mpayimana yanze kugira icyo atangaza ku kuba ishyaka rye rizaba ritavuga rumwe na Leta cyangwa rizaba riri mu murongo wa Leta.

Kugeza ubu mu Rwanda habarizwa amashyaka 11 yemewe n’amategeko arimo FPR Inkotanyi, PSD, PL, PDI, PDC, PSR, UDPR , PPC, PSP, Democratic Green Party of Rwanda na PS Imberakuri.

2018-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Ubwanditsi 25 Mar 2017
HRW yongeye guhamagarira Loni na RDC guta muri yombi Mudacumura wa FDLR

HRW yongeye guhamagarira Loni na RDC guta muri yombi Mudacumura wa FDLR

Ubwanditsi 13 Jul 2017
Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rushyashya yashyize hanze Kayumba na Sisulu mu mibanire y’u Rwanda na Afurika y’epfo
INKURU NYAMUKURU

Rushyashya yashyize hanze Kayumba na Sisulu mu mibanire y’u Rwanda na Afurika y’epfo

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru
INKURU NYAMUKURU

Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ubwanditsi 16 Jul 2018
AMAFOTO – Nk’umutoza mukuru, Haringingo Francis yatangije imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023
Amakuru

AMAFOTO – Nk’umutoza mukuru, Haringingo Francis yatangije imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Ubwanditsi 23 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru