• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Ubwanditsi 05 Nov 2018 ITOHOZA

Umunyapolitiki Mpayimana Philippe yashize ishyaka yise PPR (Parti du Progrès du Peuple Rwandais) riharanira iterambere ry’abanyarwanda.

Mpayimana w’imyaka 48 kuri uyu wa Gatandatu nibwo abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yatangaje ko yashinze ishyaka.

Mu kiganiro Mpayimana yahaye Itangazamakuru,  uyu mugabo watsinzwe mu matora ya Perezida umwaka ushize n’ay’abadepite uyu mwaka, yavuze ko icy’ingenzi cyamuteye gushinga ishyaka azagitangaza mu minsi iri imbere.

Icyakora yavuze ko hari hakenewe ishyaka rizana ibindi bitekerezo kugira ngo iterambere u Rwanda rugezeho ridasubira inyuma.

Ati “Icy’ingenzi ni ugufatanya n’abandi banyarwanda, twerekana izindi nzira z’iterambere rirambye kuko iterambere rishobora kubaho ariko rikaba ryagira n’inzitizi zo gusubira inyuma. Niyo mpamvu tuba tugomba kuzana ibindi bisubizo kugira ngo ridasubira inyuma.”

Kuba yaratsinzwe ubugira kabiri mu matora, ni imwe mu mpamvu zatumye Mpayimana ashinga ishyaka.

Mu matora y’abadepite aherutse, amashyaka atavuga rumwe na Leta arimo Democratic Green Party of Rwanda na PS Imberakuri yabashije kubona amajwi ayemerera guhagararirwa bwa mbere mu Nteko Ishinga Amategeko, mu gihe mu bakandida bigenga nta n’umwe wabonye amajwi asabwa.

Mpayimana yavuze ko kwiyamamaza wenyine nta ngufu bigira nk’iz’umuntu ufite ishyaka.

Ati “Icy’ingenzi ni uko (nshinga ishyaka) ntabikoranye umujinya. Umukandida wigenga aba afite intege nke kandi tujya muri uyu murimo duharanira gutsinda, duharanira gutanga ibyo twateguriye igihugu. Niyo mpamvu tugomba guhindura uburyo bw’imikorere.”

Ishyaka PPR ntirirandikwa mu mategeko nk’umutwe wa politiki wemewe mu Rwanda.

Kugira ngo ryandikwe bimwe mu byo risabwa harimo kugaragaza umubare w’abantu nibura 200 barimo batanu muri buri Karere bashyize umukono ku mategeko shingiro arigenga.

Mpayimana avuga ko igitekerezo cyo kurishinga agisangiye n’abandi bantu bagera ku icumi, ubu bakaba bari gukora ibishoboka byose ngo babanze kubona abarwanashyaka b’imena.

Uyu mugabo wahoze aba mu Bufaransa, yavuze ko icyo asaba abanyarwanda ari ugufata abanyapolitiki nk’abakozi babo aho kubasuzugura.

Ati “Hari abantu banga politiki, bakayitinya kubera ko bakeka ko atari itegeko rya buri wese kubijyamo ariko bubashye uwabigiyemo bakumva ko abashakira ineza, bizaba biri mu byiza byo kuvugurura umurimo wa politiki mu Rwanda.”

Mpayimana yanze kugira icyo atangaza ku kuba ishyaka rye rizaba ritavuga rumwe na Leta cyangwa rizaba riri mu murongo wa Leta.

Kugeza ubu mu Rwanda habarizwa amashyaka 11 yemewe n’amategeko arimo FPR Inkotanyi, PSD, PL, PDI, PDC, PSR, UDPR , PPC, PSP, Democratic Green Party of Rwanda na PS Imberakuri.

2018-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yazamuye mu ntera ba Ofisiye bato barenga 400

Perezida Kagame yazamuye mu ntera ba Ofisiye bato barenga 400

Ubwanditsi 08 Apr 2017
Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Ubwanditsi 29 May 2019
Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Ubwanditsi 15 Feb 2019
Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ubwanditsi 04 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame
INKURU NYAMUKURU

Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Ubwanditsi 21 May 2020
Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Ubwanditsi 31 May 2018
Perezida Museveni yagaragaje impamvu avuga ko akunda Donald Trump
HIRYA NO HINO

Perezida Museveni yagaragaje impamvu avuga ko akunda Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru