• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Ubwanditsi 05 Nov 2018 Mu Mahanga

Ikinyamakuru ‘New Vision’ cyo muri Uganda kigiye gukurikiranwa mu mategeko nyuma y’uruhererekane rw’inkuru cyagiye cyandika kuri Gen. kale Kayihura zimushinja kugira uruhare mu rupfu rw’uwari umuvigizi w’Igipolisi cya Uganda, Andrew Felix Kaweesi.

Muri Werurwe 2017, nibwo Assistant Inspector General of Police (AIGP) Andrew Felix Kaweesi, wari Umuvugizi wa Polisi muri Uganda yicanwe n’umushoferi we ndetse n’uwari ushinzwe kumurinda. Nyuma y’urupfu rwe, Gen Kayihura wayoboraga Polisi, yagiye ashinjwa urupfu rwe ndetse anasabwa ibisobanuro kuri rwo.

Mu mwaka ushize ubwo yashinjjwaga kubigiramo uruhare, aganira na Chimpreports Kayihura yagize ati “Kuki nari kwica Kaweesi? Kubera iki?, njyewe? Gen Kale? Nubwo muntera (itangazamakuru) ibyondo ntibizamfataho. Kubera ko ndi inzirakarengane cyane”.

Ikinyamakuru ‘New Vision’ cya Leta ya Uganda cyagiye gisohora inkuru zishinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi, ariko umunsi yagezwaga mu rukiko mu byaha yashinjwe iki ntabwo kigeze kigaragaramo.

Kayihura utemerewe kurenga umujyi wa Kampala atabiherewe uburenganzira, kubera ibyaha bitatu ashinjwa ‘kunanirwa kurinda ibikoresho by’intambara(imbunda), kunanirwa kugenzura imbunda zahawe umutwe wa Flying Squad w’igipolisi n’umutwe w’ubugenzacyaha wa polisi hagati ya 2010 na 2018 no kugira uruhare mu ishimuta no gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda hagati ya 2012 na 2016’; ubwo yagezwaga mu rukiko ntabwo yigeze ashinjwa icyo kwica Kaweesi.

Abamwunganira mu by’amategeko bibumbiye mu rugaga rw’Abavoka KAA (Kampala Associated Advocates), batangaza ko Kayihura yifuza ko iki kinyamakuru cyamushinje ubwicanyi kimusaba imbabazi, kikanyomoza inkuru cyagiye kimwandikaho by’umwihariko kikanamwishyura ibihumbi 300 by’amashilingi ya Uganda kuri buri nkuru y’indishyi z’akababaro.

Nk’uko Chimpreports ibitangaza, ngo mu cyumweru gishize New Vision yasohoye inkuru mu bice bitatu zigaruka ku rupfu rwa Kaweesi, by’ubwihariko kikarugereka kuri Kayihura. Abunganizi be bakaba bavuga ko kimwe n’izindi cyatangaje mbere atari iz’ukuri.

Abatangaga ubuhamya mu nkuru cyasohoye bavuga ko bashinja Kayihura, ngo bitangarije ubwabo ko babikoreshejwe ku gahato ndetse ngo banacurirwa ibimenyetso byo kumushinja.

Ibiganiro byo kuri Telefoni ngo New Vision yatangaje ko aribyo kayihura yagiye agirana n’abishe Kaweesi ubwo bari basoje misiyo, byagaragaye ko nabyo ari ibicurano, mu gihe bigaragara ko Kayihura atigeze yakira izo telefoni zivugwa.

Aba banyamategeko bavuga ko inkuru zose iki kinyamakuru cyagiye cyandika kuri Kayihura zamugizeho ingaruka mu gihe hari ibindi binyamakuru byagiye bizikoresha nka Sunday Vision, Bukedde, Saturday Vision,… zikwirwakwizwa ku mbuga nkoranyambaga n’abantu benshi, bityo ngo abantu ibihumbi bakaba baragiye bazisoma.

Bagira bati “urukuta rwanyu rwa Twitter ubwarwo rukurikirwa n’abasaga ibihumbi 462, ibyo birego byasomwe n’ibihumbi amajana y’abaturage”.

Ibi byaha byashinjwe Kayihura, ngo byateje akababaro n’ ihungabana ku muryango, inshuti n’abavandimwe, bityo bakaba bategeka iki kinyamakuru ko mu minsi itarenze irindwi kigomba kuba cyarangije kunyomoza inkuru zose cyamwanditseho kimusiga icyasha, kumusaba imbabazi ndetse no kumwishyura ibihumbi 300 by’amashilingi ya Uganda kuri buri nkuru y’indishyi y’akababaro, bitaba ibyo kikagezwa imbere y’ubutabera. Ku ruhande rwa ‘New Vision’ nta kintu bari batangaza kuri ibi bavugwaho.

Gen Kale Kayihura w’imyaka 62 y’amavuko, yahoze ari umuyobozi w’igipolisi cya Uganda, muri Werurwe uyu mwaka nibwo Perezida Museveni yamuvanye kuri uyu mwanya amusimbuza Okoth Ochola. Ku buyobozi bwe hakaba haragiye habaho ubwicanyi bwakorewe abayobozi mu nzego zitandukanye barimo n’uyu AIGP Andrew Kaweesi.

Andrew Kaweesi yishwe ku mwanywa y’ihangu

 

2018-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo utamenye kuba Jenosideri umunani batifuzwa n’igihugu na kimwe harimo n’ibicumbikiye imiryango yabo

Ibyo utamenye kuba Jenosideri umunani batifuzwa n’igihugu na kimwe harimo n’ibicumbikiye imiryango yabo

Ubwanditsi 09 Feb 2022
Ambasaderi Bazivamo yakurikiye umukino APR WVC yatsinzemo Carthage yo muri Tunisia mu irushanwa Nyafurika riri kubera muri Nigeria

Ambasaderi Bazivamo yakurikiye umukino APR WVC yatsinzemo Carthage yo muri Tunisia mu irushanwa Nyafurika riri kubera muri Nigeria

Ubwanditsi 03 Apr 2025
Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Ibyemezo bya CAF bitumye U Rwanda U20 rusezerera Uganda

Ibyemezo bya CAF bitumye U Rwanda U20 rusezerera Uganda

Ubwanditsi 13 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga
INKURU NYAMUKURU

Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Ubwanditsi 29 Dec 2017
‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’
ITOHOZA

‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina
INKURU NYAMUKURU

Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Ubwanditsi 11 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru