• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Editorial 19 Nov 2018 IKORANABUHANGA

Ibigo by’ubucuruzi bikorera mu Rwanda, mu minsi iri imbere bishobora kugira amazina akomeye ku ruhando mpuzamahanga, byinjize n’amamiliyoni mu gihe byaba bikomeje gushyira imbaraga mu bucuruzi bwo kuri internet, n’imbuga zifite amazina ashingiye ku ndangarubuga y’u Rwanda, aherwa na .rw.

Ni ibintu byarushaho kuzamura isura nziza y’igihugu ndetse bikanateza imbere ubukungu.

Ni mu gihe ubucuruzi bukorerwa kuri internet bwazamutseho 35% bukinjiza miliyari ibihumbi $25 mu myaka itatu ishize, nk’uko Inama y’Umuryango w’Abibumbye ku Bucuruzi n’Iterambere (UNCTAD) ibigaragaza.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga mu Rwanda (RICTA) Ghislain Nkeramugaba avuga ko kutabyaza umusaruro ikoranabuhanga bihombya abacuruzi bo mu gihugu ntibabashe guhura n’abakiliya, atari abo mu gihugu gusa ahubwo n’abanyamahanga. Ibyo bigahita biba igihombo ku bucuruzi bw’igihugu.

Ati “Ubucuruzi bwo kuri internet bufasha abacuruzi guhura n’abakiliya bitabasabye kujya ku maduka yabo. Bufasha umuntu ugurisha kubona abakiliya benshi barimo n’abanyamahanga. Binafasha mu kugabanya ikiguzi cyo gukodesha aho gukorera.”

Nkeramugaba yakomeje agira ati “Niba u Rwanda ruvana miliyari $100 mu bucuruzi busanzwe, ubucuruzi bwacu butangiye gukorera kuri internet, ibicuruzwa n’abaguzi byakwiyongera kandi batari abo mu gihugu gusa, ahubwo n’abo mu bindi bihugu. Ibi byanafasha mu guhanga imirimo mishya. Niba umuntu uranguza akeneye umukozi umwe cyangwa babiri, ubucuruzi bwe nibukura azakenera abarenzeho.”

RICTA ivuga ko uko ubucuruzi burushaho gukorerwa kur internet, izina ry’imbuga zikoreshwa zikaba izirebana n’u Rwanda (.rw), byafasha abantu benshi ku Isi kureba amakuru arebana n’igihugu bityo ibikorerwa mu Rwanda bikarushaho kubona amasoko.

Indangarubuga za .rw zatangiye gukoreshwa mu Ukwakira 1996, ariko kugeza muri Gashyantare uyu mwaka zari zimaze gukoreshwa ku mbuga zisaga 3700.

Nkeramugaba ati “Izamuka ryagenze gahoro ariko ubu turi kugerageza gukora ubukangurambaga mu kumvikanisha agaciro ibikorwa byagira biramutse bikoresheje .rw kuri internet.”

Ubwo .rw yatangiraga gukoreshwa mu 1996, yagenzurwaga n’ikigo cy’Ababiligi, ariko iyo mirimo iza kwegurirwa RICTA mu 2012.

Christian Muhirwa uyobora ikigo Broadband Systems Corporation gifasha imbuga za internet kubika amakuru y’ibyo zikorerwaho, avuga ko ibigo byinshi bigikora ubucuruzi gakondo, ugasanga ntibikoresha ikoranabuhanga bityo ntibyungukire ku isoko ryagutse ryo kuri internet.

RICTA yiyemeje ko nibura mu myaka itanu iri imbere, imbuga zigera ku 5000 zazaba zikoresha izina riherwa na .rw.

Nkeramugaba avuga ko kurushaho gukoresha indangarubuga y’u Rwanda bigabanya amafaranga agenda mu kureba ibintu biri kuri izo mbuga, biba byakorewe mu Rwanda, bikenewe n’abanyarwanda ariko bitabitse mu Rwanda.

Ati “Bityo rero uko tugize urubuga rukoresha izina ryo mu Rwanda, tuba tuzigamye amafaranga ku gihugu cyacu.”

2018-11-19
Editorial

IZINDI NKURU

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Editorial 02 Apr 2019
Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Editorial 03 Aug 2019
Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Editorial 14 Sep 2018
U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Editorial 16 May 2018
Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Editorial 02 Apr 2019
Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Editorial 03 Aug 2019
Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Editorial 14 Sep 2018
U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Editorial 16 May 2018
Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Editorial 02 Apr 2019
Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Editorial 03 Aug 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru