• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uburundi bwagiye Uganda gushimangira ibyo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uburundi bwagiye Uganda gushimangira ibyo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza yohereje intumwa zigizwe n’abayobozi bakuru muri Guverinoma mu gihugu cya Uganda zishyiriye ubutumwa budasanzwe Perezida Yoweri Museveni wakiriye izi ntumwa mu ngoro ye I Entebbe.

Ibi bibaye nyuma y’Amakuru avuga ko  Abayobozi b’inzego z’umutekano za Uganda batangiye gufatanya n’igihugu cy’u Burundi mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Aya makuru aravuga ko kuri ubu u Burundi na Uganda byatangiye ubufatanye bwimbitse bwo gushyigikira agatsiko kwose k’abanyabyaha katangiza ku mugaragaro intambara ku Rwanda, aho bivugwa ko mu gihe ibi bihugu byombi bisanzwe bivugwaho gukorana bya hafi na Kayumba Nyamwasa wa RNC, kuri ubu byatangiye no gufatanya gushyigikira umutwe w’inyeshyamba wa Paul Rusesabagina.

Itangazo rigenewe itangazamakuru ryashyizwe ahagaragara na perezidansi ya Uganda rikaba rigira riti: “Perezida Museveni yakiriye ubutumwa budasanzwe buvuye kuri Perezida Nkurunziza w’u Burundi.”

Ubu butumwa bwashyikirijwe Perezida Museveni kuri uyu wa kane, itariki 22 Ugushyingo na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Ezechiel Nibigira.

Uyu muminisitiri yari aherekejwe na Ambasaderi w’u Burundi muri Uganda, Jean Bosco Barege, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD, Evariste Ndayishimiye n’uwitwa Emmanuel Manirakira.

Ubwo Perezida Museveni yari amaze kwakira raporo y’umuhuza Benjamin Mkapa ku nzira y’ibiganiro hagati ya Guverinoma y’u Burundi n’abatavuga rumwe nayo, kuwa 20 Ugushyingo Museveni yagize ati: “U Burundi bukwiye kubaka itegeko nshinga rishya rishobora kuzana umutekano no kurinda abaturage bose hariya kugirango Abarundi basubire iwabo kandi babashe kubaho mu mahoro.”

Ibi bihabanye n’ukuri kuko kuri ubu  biravugwa ko Rusesabagina na Sankara ba MRCD biyunze kuri RNC ya Kayumba Nyamwasa no kurindirwa umutekano na CMI, hari ukoroherezwa mu bikorwa byo gushaka abarwanyi muri Uganda ahiganje Abanyarwanda nka Mubende, Masindi, Hoima, Kibale, Kagadi, Sembabule, Nakivale n’ahandi.

Bivugwa  kandi ko Abanyarwanda batuye muri ibi bice bari guhatirwa kohereza abantu babo mu myitozo mu nkambi ziri muri Congo no gutanga amafaranga y’imisanzu y’intambara kandi ngo CMI ikabigiramo uruhare rw’ingenzi. Ngo abanze kohereza abana babo cyangwa gutanga imisanzu, barashinjwa gushyigikira ubutegetsi bw’u Rwanda bakibasirwa kugerwa ubwo basubijwe mu Rwanda bitwa intasi.

Abasirikare bakuru b’u Burundi basura Uganda

Abasirikare bakuru b’u Burundi baravugwaho kuba bamaze iminsi bakunda kujya muri Uganda muri gahunda zigamije gupanga guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Urugero ni Gen. Prime Niyongabo, umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi, aho ngo yagaragaye I Kampala mu mushyikirano n’abasirikare bakuru ba Uganda barimo umuvandimwe wa Perezida Museveni, Salim Saleh, umuyobozi wa CMI, Col Abel Kandiho.

Mu nama zabanje kandi ngo Gen Niyongabo yakoranye inama n’aba basirikare bakuru ariko hari n’uwari minisitiri w’umutekano icyo gihe, Gen. Henry Tumukunde ndetse na Col Kaka Bagyenda ukuriye urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO).

Amakuru kandi anavuga ko ukuriye Urwego rushinzwe ubutasi rw’u Burundi (SNR), Etienne ‘Steve’ Ntakirutimana nawe yagiye I Kampala kenshi, aho ngo buri gihe yakirwaga bitangaje ndetse akarindirwa umutekano n’abasirikare ba CMI bisobanuye ko yabaga ari umushyitsi w’ingenzi kandi waje mu butumwa bufitiye inyungu ibihugu byombi.

Hagati aho, biravugwa ko iyi mitwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda yamaze gushinga ububiko bw’ibyo kurya mu Karere ka Kakumiro n’ahitwa Gayaza mu Karere ka Wakiso muri Uganda, aho ngo babitse amatoni y’ibigori yo kugurisha ngo babone amafaranga yo kugura ibikoresho bakeneye mu nkambi zabo no kubona ibyo bagaburira abo binjije.

 

2018-11-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Ubwanditsi 03 May 2021
Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Ubwanditsi 08 May 2021
Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Ubwanditsi 22 Nov 2018
Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Ubwanditsi 27 Apr 2021

4 Ibitekerezo

  1. Sunday
    November 23, 201812:22 pm -

    Rushyashya Noneho yahindutse itera bwoba yurwanda

    Subiza
  2. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye Rugarama
    November 23, 20188:33 pm -

    Ayamakuru Niyo Rushyashya Urumugabo

    Subiza
    • Sunday
      November 25, 20187:35 pm -

      Ndabona ntakosa rihari ukuyeho ubwoba Kagome afite

      Subiza
  3. niyogihozo
    November 26, 20187:11 am -

    Kwa jina la Yesu. Nizere ko bizahera mu nzozi bazo . Imana irinda u Rwanda irahari baragorwa n’ubusa. Nibatuze duturane mu bwatsi bwa thomasi. Aba niba bashaka intambara nibarwane hagati yabo twe ntayo dukeneye.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye
Mu Rwanda

Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi

Ubwanditsi 09 Jan 2019
Mu mukino wa gishuti Amavubi yatsinze iya Sudan 1-0, FERWAFA na Muhadjiri basaba imbabazi
Amakuru

Mu mukino wa gishuti Amavubi yatsinze iya Sudan 1-0, FERWAFA na Muhadjiri basaba imbabazi

Ubwanditsi 20 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru