• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Ubwanditsi 11 Dec 2018 POLITIKI

Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, niwe muyobozi wo muri Afurika wa mbere ukurikirwa n’abantu benshi ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, agakurikirwa na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame nk’uko byemezwa n’ikigo Burson Cohn &Wolfe.

Ibi bishingiye ku nyigo nshya ya 2018 y’abayobozi b’Isi kuri Instagram iherutse gushyirwa ahagaragara n’iki kigo cy’itumanaho cya BCW (Burson Cohn &Wolfe) cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Perezida Nana Akufo wa Ghana uza ku mwanya wa mbere w’abayobozi bakurikiranwa cyane kuri Instagram akurikirwa n’abantu ibihumbi 431, mu gihe ku mwanya wa kabiri haza Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ukurikirwa n’abantu 177,451.

Ku mwanya wa gatatu hazaho Perezida Muhammadu Buhari wa Nigeria ukurikirwa n’abantu bagera u 169,229, naho ku mwanya wa kane hakaza Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya ukurikirwa n’abantu bagera mu bihumbi 95.

Nyuma yo gukurikirana imikorere ya konti za instagram zigera kuri 426 z’abayobozi ba za leta na guverinoma, ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga, yazamutse kuva ku nyigo yo mu mwaka ushize, hagaragaye ko instagram kuri ubu ari rwo rubuga nkoranyambaga ruri kwihuta mu kuzamuka mu ikoreshwa n’abayobozi hirya no hino ku Isi nk’uko byemezwa na Chad Latz, umuyobozi ushinzwe udushya muri BCW.

Ku rwego rw’Isi nk’uko iyi nkuru dukesha Business Insider ikomeza ivuga, Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi niwe muyobozi wa mbere ku isi ukurikiranwa n’abantu benshi kuri instagram, aho akurikirwa na miliyoni 14.8, hagakurikiraho Perezida Joko Widodo wa Indonesia ukurikirwa na miliyoni 12,2, ku mwanya wa gatatu haza Perezida Donald Trump ukurikirwa na miliyoni 10, bagakurikirwa na Papa Fransisiko ukurikirwa na miliyoni 5,7.

Iyi mibare ni iyegeranyijwe ku itariki ya 01 Ukwakira muri uyu mwaka, kuko kuri ubu Perezida Kagame amaze kugera mu bamukurikira 221,000, mu gihe Perezida Akufo bamaze kugera mu bihumbi 445.

2018-12-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Congo-Brazaville: Louise Mushikwabo yatangiye gushimira abamushyigikiye

Congo-Brazaville: Louise Mushikwabo yatangiye gushimira abamushyigikiye

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Ubwanditsi 23 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso
Mu Mahanga

Polisi yafashe abigana ibyangombwa, abaturage barasabwa kuba maso

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena
Mu Rwanda

Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Uganda : Umuvugizi wa Polisi  yishwe arashwe
ITOHOZA

Uganda : Umuvugizi wa Polisi yishwe arashwe

Ubwanditsi 17 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru