• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 17 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihe muri aka karere hakomeje kuvugwa ubushotoranyi  bukorerwa u Rwanda, kugeza n’aho abakekwa kuba FDLR, bamaze iminsi bagaba ibitero mu Rwanda bakica abaturage. Mu gihugu  cy’abaturanyi cya Uganda ntihahwema kuvugwa abanyarwanda  bashimutwa bakajya gukorerwa iyica rubozo, mu gihe baba bagiye muri iki gihugu mu mirimo yabo isanzwe.

Mu minsi ishize  Urukiko rw’ibanze  rwa Mbarara  ruherutse gukatira abanyarwanda bagera k’ umunani  igihano cyo gufungwa  bashinjwa ibyaha byo kuba muri Uganda no gukora ubucuruzi binyuranyije n’amategeko.

Ibi umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame, yabikomojeho mu nama y’umushyikirano  aho yavuze ko nk’u Rwanda twifuza umubano mwiza n’ imikoranire n’ibihugu haba mu karere no muri Africa muri rusange. Ariko hakaba hakiri bimwe muri ibyo cyane by’ibituranyi bitarworohereza. Yagize ati “Mu mibanire n’ibindi bihugu u Rwanda rwagize uruhare mu bikorwa byinshi uyu mwaka ku bw’inyungu z’Abanyarwanda.  Nk’u Rwanda twifuza umubano mwiza, imikoranire n’ibihugu haba mu karere no muri Africa muri rusange.” yemeza ko hari uruhare rukomeye u Rwanda rwagize mu kubaka imibanire yarwo n’ibindi bihugu .

Ibi umukuru w’igihugu abivuze mu gihe hari abanyarwanda  bafunzwe  muri Uganda, nyuma y’aho inzego z’iperereza za Uganda CMI zibashinja kuba intasi.

Bivugwa ko iyi migambi yose icurirwa muri Uganda bigizwemo uruhare n’inzego z’iperereza zayo zikoreshwa  n’abahoze mu gisirikare cy’u Rwanda bahunze igihugu kubera ibyaha  bitandukanye bakoreye mu Rwanda kuri ubu  bari muri RNC n’abandi bahunze  ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Uganda kandi yabaye indiri y’urujya n’uruza rw’abarwanya Leta y’u Rwanda barimo  FDLR,Rusesabagina na Nsabimana Calixte alias Sankara aho bahurira n’intumwa zabo zirimo niza Leta y’u Burundi mu biganiro bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Amakuru  yatanzwe n’umuturage uri i Rutshuru ni uko Bazeye yafatiwe ku mupaka wa Bunagana avuye i Kampala afatwa ari kumwe na Lieutenant Colonel Abega. Uyu Lt Col Theophile uzwi nka Abega akuriye ishami rishinzwe iperereza muri FDLR-FOCA. Ngiyo imigambi mibi ikomeje gucurirwa muri Uganda.

Abakurikiranira hafi Politiki yo mu Karere n’imibanire y’ibihugu bagaragaza ko Uganda n’u Burundi, aribyo nyirabayazana w’umutekano muke uvugwa muri kano karere nk’uko bigaragarira mu mabarowa ibi bihugu bimaze iminsi byandikirana, agakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, ibi bibazo bimaze igihe kitari gito, ariko u Rwanda rwagaragaje ubushake bwo kubikemura bukoranye n’inzego z’ubuyobozi za Uganda, nk’aho Perezida Kagame yahuriye na Mugenzi we wa Uganda, Antebbe bakaganira kuri iki kibazo, ariko ntihagire igikorwa ngo iri hohoterwa rikorerwa abanyarwanda muri Uganda rihagarare.

Ibi bibazo bigira ingaruka z’ubukungu hagati y’abaturage babyo kuko  muri  Kanama 2016 Leta y’u Burundi yategetse ko nta bicuruzwa bigomba kongera kuva i Burundi bikinjira mu Rwanda.

Nyamara u Burundi bwoherezaga mu Rwanda 5,6% y’ibicuruzwa byose bwohereza mu mahanga. Inzego zibishinzwe zahise zitangira no gukumira ku mipaka yose umurundi wejeje n’inyanya ashaka kuzambutsa ku isoko ryo mu Rwanda.

U Rwanda nta bwirizwa rwashyizeho ribuza kohereza ibintu ku isoko ry’u Burundi, ariko birumvikana ko nta kaze byari buhabwe, n’ubwo ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga byose ibyajyaga i Burundi byari 2,9%.

Izi ngaruka ziba mbi ku Burundi kurusha ku Rwanda aho ziba nto cyane.

Izi mpungenge ku bijyanye n’umutekano mu karere,  zigaragaza ko  mu gihe ntagihindutse  k’umubano hagati y’u Rwanda, Uganda n’u Burundi,  ibintu bishobora kuba byagira ingaruka zikomeye z’ubukene ku baturage bibi bihugu kandi  umutekano muke uva mu Burundi na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ukaba  wakongeza akarere kose cyane ko hari imitwe myinshi yitwara gisilikare ikorera muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo muri Kivu y’amajyepfo , irimo na RNC ya Kayumba Nyamwasa, mu Burundi naho hakaba havugwa, Imbonerakure, FDLR na FLN ya Sankara.

Mukiganiro Perezida kagame yagiranye n’abanyamakuru   mu cyumweru gishize nyuma y’inama nkuru y’umushyikirano yavuze ko kugeza magingo aya mu mateka y’u  Rwanda ubushotoranyi ntagihe butabayeho , ariko ko u Rwanda, ikiruraje inshinga ari uguteza imbere igihugu n’abanyarwanda.

2018-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Burundi: Perezida Nkurunziza muri gahunda yo gutanga Laissez-passer zijyana mu ijuru abatavuga rumwe nawe

Burundi: Perezida Nkurunziza muri gahunda yo gutanga Laissez-passer zijyana mu ijuru abatavuga rumwe nawe

Ubwanditsi 20 Nov 2017
“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

Ubwanditsi 24 May 2018

2 Ibitekerezo

  1. Rebero Jeremy
    December 17, 20183:56 pm -

    Birababaje kwibukako kuva aho U Rwanda rutereye Zaire yahindutse Kongo nibwo abaturanyi binjiye mu bibazo bikabije. Isi yose ikwiye gutabara. Naho ibya Uganda tubirekere benebwyo yuko ari twe abanyarwanda tubirukira. Nonese Kabarebe ntabyita guhunahuna! Abanyarwanda bahatirwa gutaha kandi Leta yacu ikabishyiramo ingufu.

    Subiza
    • Sunday
      December 17, 20188:36 pm -

      Cangwa niwe ufite ubwoba ngo bazamufata?

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro
Amakuru

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Ubwanditsi 26 Sep 2022
RDC: Barasaba ko Laurent Nkunda na Sultani Makenga bohererezwa Congo nk’uko byagenze kuri Col Tshibangu
HIRYA NO HINO

RDC: Barasaba ko Laurent Nkunda na Sultani Makenga bohererezwa Congo nk’uko byagenze kuri Col Tshibangu

Ubwanditsi 08 Feb 2018
RwandAir yatangiye ingendo zigana i Kinshasa ziziyongera mu kwezi gutaha
UBUKERARUGENDO

RwandAir yatangiye ingendo zigana i Kinshasa ziziyongera mu kwezi gutaha

Ubwanditsi 17 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru