• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

Ubwanditsi 29 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda Samuel Baker wakoreraga impamyabumenyi y’ikirenga (PhD), mu birebana n’ubukungu mu Bwongereza, ariko akaba yari mu biruhuko mu Bufaransa, yarohamye mu bwogero (piscine), yitaba Imana.

Baker yari Impuguke mu by’ubukungu muri Banki Nkuru y’u Rwanda, ahava muri Nzeri yerekeza mu Bwongereza aho yatangiye kwiga muri City, University of London mu Ukwakira 2018.

Inkuru y’urupfu rwe yatangajwe n’uwitwa Twahirwa aho abinyujije kuri Twitter ye, yavuze ko umuryango wa Baker umaze kumenyeshwa ko yitabye Imana arohamye.

Iyi nkuru yababaje abarimo Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, aho nawe yifashishije Twitter ahamya ko igihugu kibuze umuntu w’umuhanga.

Ati “ Birababaje cyane. Samuel yari umwe mu basore b’abahanga, bakora cyane kandi bafite ibitekerezo byubaka nigeze guhura nabo. Ni igihombo gikomeye ku gihugu. Ku muryango wa Samuel turabasengera kandi twifatanyije namwe.”

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na iDebate yabereye umuyobozi ushinzwe gahunda mu 2013 ndetse akaba n’umwe mu bashinze iki kigo gitegura ibiganiro mpaka bigamije kwigisha, rivuga ko Baker wari ufite imyaka 25 gusa iteka yarose kugira uruhare mu mpinduka z’igihugu cye.

Ibi ngo ni nabyo byatumye areka akazi k’ubusesenguzi yari afite muri banki ya J.P.Morgan yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, maze muri Kanama 2017 agatangira gukora muri BNR nk’ impuguke mu bukungu mu Ishami rishinzwe politiki y’ifaranga n’ubushakashatsi, nyuma y’aho akaza kwimukira mu biro bya Guverineri.

Urubuga rwe rwa LinkedIn rugaragaza ko uretse amasomo, yanakoraga mu kigo IHS Markit cyo mu Bwongereza.

Samuel Baker yanditse inyandiko nyinshi zirimo izavugaga ku mpamvu Afurika ikeneye pasiporo imwe, uburyo ikoranabuhanga ryahindura byinshi mu bukungu bwa Afurika n’ibindi. Apfuye amaze gusohora inyandiko ivuga ku mabanki y’ibihugu n’ifaranga ryo mu ikoranabuhanga.

Icyiciro cya Gatatu cya kaminuza yacyize muri Stractclyde Business School muri Scotland, anahatangiriza ihuriro rya mbere ryahurije hamwe abanyeshuri biga ku mbogamizi n’impinduka mu bucuruzi ryiswe Glasgow Business Summit.

Benshi bashenguwe n’urupfu rwa Samuel Baker

Umunyarwanda Samuel Baker yitabye Imana nyuma yo kurohama muri ‘piscine’

Abarimo Guverineri wa BNR, John Rwangombwa bagaragaje agahinda batewe n’urupfu rwa Baker

Bose bahuriza ku kuba ejo he hari kuzaba heza cyane

iDebate yabereye umuyobozi ndetse akaba n’umwe mu bayishinze yavuze ko yari umusore ufite icyerecyezo cyo kugeza igihugu cye kure

Mu bagize icyo bamuvugaho harimo n’abo biganye mu ishuri ryisumbuye rya Lycée de Kigali

Umuyobozi wa Never Again Rwanda, Dr Joseph Nkurunziza nawe ari mu bagize icyo bavuga ku rupfu rwa Baker

Abari bamuzi bahamije ko hari byinshi bamwigiyeho

2018-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwanditsi 02 Jul 2025
Amakimbirane muri FDLR-FOCA, hagati ya Gen.Ntawunguka alias OMEGA na Gen. Byiringiro, nyuma y’urupfu rwa Mudacumura

Amakimbirane muri FDLR-FOCA, hagati ya Gen.Ntawunguka alias OMEGA na Gen. Byiringiro, nyuma y’urupfu rwa Mudacumura

Ubwanditsi 08 Mar 2020
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yirukanye umudiplomate wa Ambasade ya Uganda
INKURU NYAMUKURU

Amerika yirukanye umudiplomate wa Ambasade ya Uganda

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi
Amakuru

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.
Amakuru

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Ubwanditsi 07 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru