• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet

DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet

Editorial 01 Jan 2019 ITOHOZA

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, yahagaritse ikoreshwa rya internet, nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu yabaye tariki ya 31 Ukuboza 2018.

Abashyigikiye umukandida Martin Fayulu utavuga rumwe na leta, bashinje ubutegetsi kuba aribwo bwategetse ko internet ihagarikwa, kugira ngo babuze ko umukandida wabo atangaza ko ariwe watsinze amatora.

BBC yatangaje ko mu murwa mukuru Kinshasa, gukoresha internet bidashoboka iki kibazo kikaba kiri mu mijyi nka Goma na Lubumbashi, ahantu hari abatavuga rumwe na leta benshi. Ibura rya internet ryatangiye kugaragara ku bakoresha Twitter na WhatsApp.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abakoresha imbuga za internet, Mutala Israel, yavuze ko ababajwe n’iki cyemezo, kuko gisubiza inyuma ubukungu bw’igihugu, kikanabangamira uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo.

Minisitiri w’itumanaho muri iki gihugu, Emery Okundji, we yavuze ko ataramenya iby’iki kibazo.

Hagati aho Kiliziya Gatolika muri Congo, yavuze ko indorerezi zabo 100 zabujijwe kugera aho amatora yaberaga.

Yatangaje ko ahantu hangana na 20% mu gihugu, hafunguye ibiro by’itora byakererewe habaho no guterwa ubwoba.

Felix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi, yashinje ubutegetsi bwa Kabila guteza umwuka mubi mu gihe cy’amatora, bugamije gushaka kuramba ku buyobozi.

Naho umukandida Emmanuel Ramazani Shadary watanzwe na Perezida Joseph Kabila, we yavuze ko yatsinze amatora, ibi ngo akabishingira kuba ariwe wenyine washoboye kwiyamamaza mu ntara 25 zigiye iki gihugu.

Kugeza ubu Komisiyo y’amatora muri iki gihugu iteganya gutangaza amajwi y’agateganyo tariki ya 6 Mutarama 2019.

2019-01-01
Editorial

IZINDI NKURU

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Editorial 04 Apr 2018
Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Editorial 11 Sep 2016
Haribazwa byinshi nyuma y’ipfuba ry’umugambi w’abarwanya Leta y’u Rwanda bari muri Uganda

Haribazwa byinshi nyuma y’ipfuba ry’umugambi w’abarwanya Leta y’u Rwanda bari muri Uganda

Editorial 01 Dec 2017
IBYO UTARI UZI KURI  DAVID HIMBARA  N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

IBYO UTARI UZI KURI DAVID HIMBARA N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

Editorial 09 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze
Amakuru

Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Editorial 29 Nov 2022
Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Editorial 12 Jun 2019
Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea
Amakuru

Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Editorial 02 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru