• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet

DRC: Leta yahagaritse ikoreshwa rya internet

Ubwanditsi 01 Jan 2019 ITOHOZA

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, yahagaritse ikoreshwa rya internet, nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu yabaye tariki ya 31 Ukuboza 2018.

Abashyigikiye umukandida Martin Fayulu utavuga rumwe na leta, bashinje ubutegetsi kuba aribwo bwategetse ko internet ihagarikwa, kugira ngo babuze ko umukandida wabo atangaza ko ariwe watsinze amatora.

BBC yatangaje ko mu murwa mukuru Kinshasa, gukoresha internet bidashoboka iki kibazo kikaba kiri mu mijyi nka Goma na Lubumbashi, ahantu hari abatavuga rumwe na leta benshi. Ibura rya internet ryatangiye kugaragara ku bakoresha Twitter na WhatsApp.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abakoresha imbuga za internet, Mutala Israel, yavuze ko ababajwe n’iki cyemezo, kuko gisubiza inyuma ubukungu bw’igihugu, kikanabangamira uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo.

Minisitiri w’itumanaho muri iki gihugu, Emery Okundji, we yavuze ko ataramenya iby’iki kibazo.

Hagati aho Kiliziya Gatolika muri Congo, yavuze ko indorerezi zabo 100 zabujijwe kugera aho amatora yaberaga.

Yatangaje ko ahantu hangana na 20% mu gihugu, hafunguye ibiro by’itora byakererewe habaho no guterwa ubwoba.

Felix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi, yashinje ubutegetsi bwa Kabila guteza umwuka mubi mu gihe cy’amatora, bugamije gushaka kuramba ku buyobozi.

Naho umukandida Emmanuel Ramazani Shadary watanzwe na Perezida Joseph Kabila, we yavuze ko yatsinze amatora, ibi ngo akabishingira kuba ariwe wenyine washoboye kwiyamamaza mu ntara 25 zigiye iki gihugu.

Kugeza ubu Komisiyo y’amatora muri iki gihugu iteganya gutangaza amajwi y’agateganyo tariki ya 6 Mutarama 2019.

2019-01-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Ubwanditsi 26 Sep 2022
Uganda: Maj. Gen. Kavuma Na Maj. Gen. Mugira Bashobora Kwishingira Gen Kayihura Akaburana Adafunze

Uganda: Maj. Gen. Kavuma Na Maj. Gen. Mugira Bashobora Kwishingira Gen Kayihura Akaburana Adafunze

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Ubwanditsi 24 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima

Ubwanditsi 10 Feb 2019
Hon Makuza Bernard,  yasobanuye uko urupfu rwa Mucyo Jean De Dieu rwagenze
Mu Mahanga

Hon Makuza Bernard, yasobanuye uko urupfu rwa Mucyo Jean De Dieu rwagenze

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025
Amakuru

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Ubwanditsi 06 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru