• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Ubwanditsi 16 Jan 2019 IKORANABUHANGA

Sosiyete yo muri Nigeria yamaze kwegeranya ibyangombwa byose ku buryo mu byumweru bibiri izaba yatangije ikoranabuhanga rishya mu Rwanda, rizafasha abakoresha Gaz kujya bayigura bakoresheje mobile money, ibyo bikazakemura ikibazo cy’iyangirika ry’amashyamba riterwa n’abacana inkwi.

Iryo koranabuhanga ryatangajwe n’uwitwa Oluwatobi Oyinlola, uhagarariye sosiyete y’ikoranabubanga yitwa “SkyRockets”,aho ngo bakoresha akamashani kagaragaza ingano ya Gaz imaze gukoreshwa n’igiciro cyayo, ndetse kakerekana n’isigaye mu icupa.

Ikindi kandi,abakoresha Gaz bashobora kugura iyo bakoresha mu gihe runaka, bakoresheje mobile money, ibyo bise “Pay As You Cook”.

Oyinlola yagize ati “Turateganya kubitangiza vuba nko mu mpera z’uku kwezi ”.

“Mu ntangiriro Gaz y’amafaranga make tuzashobora gutanga ni iya 300Frw, ashobora kwishyurirwa kuri mobile money umuntu akaba yateka ku manywa na nijoro.Ibyo birahendutse rero ku muntu ushaka gutekesha Gaz, akava ku makara.

Muri make, iyo sosiyete izazana icupa rya Gaz ryuzuye ku buntu iritereke mu rugo rw’umukiriya, nyuma azajye akoreshaho Gaz ijyanye n’amafaranga yishyuye kuri mobile money. Ibyo bizamworohera kuruta uko yafata amafaranga 10,000Frw ngo yishyure Gaz y’ibiro 10 icyarimwe.

Oyinlola kandi akomeza asobanura iyi mikorere mishya agira ati, “Dufite akamashini gashyirwa ku mutwe w’icupa rya Gaz, kabara kakerekana ko Gaz ikoreshwa ijyanye n’amafaranga yishyuwe. Intego ni ugufasha abantu badashobora kubona amafaranga yo kugura icupa ryuzuye Gaz.

Iyo icupa rishizemo Gaz, iyo sosiyete ihita iritwara, ikarisimbuza iryuzuye Gaz. Oyinlola yasobanuye ko bazakorana n’abasanzwe bakwirakwiza Gaz mu Rwanda, gusa iryo koranabuhanga ryo ngo rizajya ritangwa na “SkyRockets”, ubwayo.

Yagize ati, “Twatangiye igerageza mu ngo 100 mu gace kamwe muri Kigali. Mu byumweru bike biri imbere, abantu bashaka iryo koranabuhanga bazajya bajya ahagurirwa Gaz habegereye, ubundi biyandikishe”.

‘SkyRockets’ ni imwe muri sosiyete icumi z’ikoranabuhanga zahembwe na Guverinoma y’u Rwanda muri 2018, zihemberwa kuba zishishikariza urubyiruko guhanga udushya twinshi.

Abanyarwanda nibura 65% baracyacana amakara nubwo ikoreshwa rya gaze rigenda ryiyongera, ariko hari abavuga ko igihenze cyane.

Amacupa ya Gaz azatangwa azaba arimo ibiro hagati ya 6 na 50 bya Gaz. Mu gihe umufuka w’amakara utarenza ibyumweru 2 ugura 12.000Frw,ikiro cya Gaz cyo kigura hagati y’amafranga 1000Frw -1400Frw bitewe n’aho umuntu ayiguriye.

Oyinlola yagize ati “Ku bantu basanganywe amacupa ya Gaz ariko badashobora kubona amafaranga yo kuyigura buri kwezi, ikoranabuhanga rya ‘Pay As You Cook’ rije ari igisubizo kuri bo”.

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Ubwanditsi 15 May 2019
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020
U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Ubwanditsi 20 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Joseph
    January 17, 20199:16 am -

    Baduhe addresses zabo ahubwo tugure iyo gaz dukoreshe ikoranabuhanga nubundi guhutera amakara imbabura ikanga no gufatwa biraturambiye.

    KAGAME Paul uzatugeza kuri byinshi pe!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amacakubiri mu buyobozi, ubusambo n’ibitero bya FARDC, bishegeshe umutwe w’iterabwoba wa FDLR none wiyambaje indagu !!
Amakuru

Amacakubiri mu buyobozi, ubusambo n’ibitero bya FARDC, bishegeshe umutwe w’iterabwoba wa FDLR none wiyambaje indagu !!

Ubwanditsi 09 Nov 2020
RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.
Mu Mahanga

RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Kagame yahishuye ko yabajije Trump ‘mu buryo bucishije make’ ku bivugwa ko yatutse Afurika
ITOHOZA

Kagame yahishuye ko yabajije Trump ‘mu buryo bucishije make’ ku bivugwa ko yatutse Afurika

Ubwanditsi 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru