• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Ubwanditsi 17 Jan 2019 ITOHOZA

Perezida Paul Kagame yihanganishije Kenya nyuma y’igitero cy’ubwiyahuzi cyaguyemo abantu 14 mu Mujyi wa Nairobi, cyigambwe n’Umutwe w’Iterabwoba wa Al Shabaab.

Ku wa 15 Mutarama 2019, abantu bane bavuye mu modoka bambaye imyenda itinjirwamo n’amasasu, bagaba igitero ku nyubako ya 14 Riverside Drive irimo Dusit Hotel, muri Westlands mu Mujyi wa Nairobi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Mutarama 2019, Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yatangaje ko abaturage 14 basize ubuzima muri icyo gitero, mu gihe abakigabye bose bishwe.

Mu butumwa bwe Umukuru w’Igihugu, Kagame Paul akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yanyujije kuri Twitter, yifatanyije n’abatuye Kenya mu bihe bikomeye barimo.

Ati “Perezida Kenyatta, nifatanyije n’abavandimwe bacu b’Abanya-Kenya n’abantu bose bagizweho ingaruka n’igitero cy’iterabwoba cyagabwe i Nairobi. Turabihanganisha kuri ibi byago. U Rwanda na Afurika byifatanyije na Kenya mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba.’’

Kuri iyo nyubako, amashusho yafashwe na Camera zicunga umutekano agaragaza ko abantu bane bihishe amasura bitwaje intwaro, aribo bagabye iki gitero ndetse bivugwa ko bari bamaze iminsi bahaneka.

Abiyahuzi bateye gerenade ku modoka zari ziparitse hanze mbere yo kwinjira mu nyubako. Abari bayirimo bagerageje guhungira mu bwogero, munsi y’intebe n’ameza mbere yo kurokorwa.

Mu 2013, abarwanyi ba Al-Shabaab bagabye igitero mu nyubako ikomeye y’ubucuruzi ya Westgate cyaguyemo abantu 67 mu minsi irindwi.

Muri Mata 2015 kandi aba barwanyi bishe abantu 148 muri Kaminuza ya Garissa mu Burasirazuba bwa Kenya. Muri uyu mwaka banateye ibirindiro by’ingabo za Kenya ku mupaka wa Somalia, bica abasirikare.

Perezida Kagame yifatanyije na Uhuru Kenyatta mu bihe bikomeye Kenya irimo

Abagabye igitero bateye gerenade mu modoka zari ziparitse hanze ya hoteli, zirashya zirakongoka

Abantu bagera kuri 700 bakuwe ahagabwe igitero bakiza amagara

 

2019-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Ubwanditsi 01 Feb 2019
Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko

Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko

Ubwanditsi 10 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

OIF: Min. Mushikiwabo uhanganye na Michaëlle Jean ni bantu ki?
ITOHOZA

OIF: Min. Mushikiwabo uhanganye na Michaëlle Jean ni bantu ki?

Ubwanditsi 12 Oct 2018
FDLR  igeze mu marembera
Mu Rwanda

FDLR igeze mu marembera

Ubwanditsi 16 May 2016
Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.
ITOHOZA

Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.

Ubwanditsi 03 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru