• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza

Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza

Ubwanditsi 30 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uyu muryango ufite abana 3 bato (imyaka 9,6,3) usanzwe ukorera ibikorwa by’ubucuruzi mu myaka 7 ishize ahitwa Musajjalumba muri Kampala,  washimuswe n’abakozi b’Umutwe wa gisirikare ushinzwe ubutasi muri Uganda [ CMI ] kuri uyu wa mbere tariki 28 Mutarama. Uyu muryango washimuswe ni uw ‘ abanyarwanda barimo umugabo n’umugore, umubyeyi w’umugore n’umugabo we hamwe n’abana babo batatu batoya, uw’imyaka 9, 6, na 3.

Kayobera Darius n’umugore we Uwineza Claudine bafashwe mu gicuku mu gihe bari aho bakorera ubucuruzi bwabo ku muhanda wa Musajjalumba Road i Kampala.

Darius Kayobera .

Amakuru  ava muri Uganda, avuga ko Kayobera yahoze akorera umurimo w’ubucuruzi muri iki gihugu cy’igituranyi mu myaka irindwi ishize, akaba anafite inzu z’ubucuruzi zikorerwamo ubwogoshi (saloons) ahitwa Rubaga.

Kugeza ubu kandi muri Uganda hamaze gutabwa muri yombi abanyarwanda benshi mu buryo butemewe n’amategeko.

Urutonde rw’Abanyarwanda  bamaze gushimutirwa muri Uganda

Ingero zirenga cumu n’ebyiri zimaze kuvugwa mu nkuru zitandukanye mu myaka nk’ibiri ishize aho CMI n’igipolisi cya Uganda benderezaga bidasubirwaho umunyarwanda utambuka mu muhanda ndetse n’utuye muri Uganda.

Nk’uko bimaze kuba urwitwazo akenshi, amakuru atugeraho avuga ko uyu mutwe  wa CMI mu gufata abanyarwanda muri iki gihugu cy’u Bugande, ukunze gushyira imbere urwitwazo ko ngo aba banyarwanda ari intasi/maneko z’u Rwanda.

Uyu mutwe kuva mu myaka mike ishize wagerageje kenshi gutoteza no kwibasira  Abanyarwanda,  ufata ugafunga, bagakorerwa iyica rubozo kugeza n’ubu abafashwe bose bafunzwe muburyo bunyuranije n’amategeko, abandi bafungiye ahantu hatazwi.

Claudene Uwineza .

Akenshi bafatwa bahatirwa kwinjira mu modoka nta nteguza nta no kubaza impamvu.

Mu masura apfutse (masked), aba bagizi ba nabi kandi bakora ibi bajugunya abanyarwanda ku ngufu mu modoka nk’aho atari ibiremwa muntu bakabatunga imbunda babatera ubwoba, izi nzirakarengaze zikazengurukanwa umujyi mbere y’uko zijyanwa mu nzu z’imbohe. Aba banyarwanda bahererekanywa n’izi ntasi bakajugungwa mu tuzu tw’imbohe bita ‘safe houses’ cyangwa bakajyanwa ahandi hantu hagenewe gukorera abantu iyicarubozo.

2019-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Nyakanga 2019

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Nyakanga 2019

Ubwanditsi 30 Jul 2019
Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 05 Dec 2020
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubwanditsi 26 Aug 2023
Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Ubwanditsi 17 May 2024

2 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    January 30, 20196:10 pm -

    ARIKO NIBA NTACYINDI
    MUSHOBORA GUKORA
    MWABWIYE ABANYARWANDA
    BARI UGANDA BAKAVAYO
    GUHORA MUVUGA ABASHIMUSWE
    NTACYO MUBAMARIRA
    BIMAZIKI
    MUMEZE KIMWE NA BYABINYAMAKURU
    BYA OPPOSITION BYIRIRWA
    BIVUGA ABARIGISHIJWE
    NABABUSE IRENGERO
    MURWANDA
    KABAREBE YARABABWIYE
    NGO. BAREKE KUJYA GUHUNAHUNA
    URUGERO. IMBWA IYO IGIYE
    GUHUNAHUNA KUMUTURANYI
    IRAKUBITWA MWE RERO MURABAGABO MUREKE KUJYA
    GUHUNAHUNA NKUKO
    KABAREBE YABIVUZE

    Subiza
    • Sunday
      January 31, 20196:18 am -

      Kabarebe yise abanyarwanda bose imbwa doreko imbwa arizo zihunahuna. Abashimutwa ni abicyanyi bakagome doreko abanyarwanda bahoze Muri Uganda before 1910.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

OIF: Min. Mushikiwabo uhanganye na Michaëlle Jean ni bantu ki?
ITOHOZA

OIF: Min. Mushikiwabo uhanganye na Michaëlle Jean ni bantu ki?

Ubwanditsi 12 Oct 2018
OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye
ITOHOZA

OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo
Amakuru

Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Ubwanditsi 30 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru