• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Addis Ababa: Perezida Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU

Addis Ababa: Perezida Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU

Ubwanditsi 09 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatandatu,Umukuru w’Igihugu  Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), yageze i Addis Ababa muri Ethiopia, aho ku gicamunsi,  ayobora itangizwa rya gahunda nshya igamije kongera ubushobozi bushyirwa mu bikorwa by’ubuvuzi.

Iyi nama yiga uko ibikorwa by’ubuvuzi byagera kuri bose ku mugabane wa Afurika, irahuriza hamwe Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi n’imiryango ikora mu bijyanye n’ubuzima.

Abavuga amagambo barimo; Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, Minisitiri w’Intebe wa Norvège, Erna Solberg, Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo n’umuherwe Bill Gates.

Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) y’umwaka wa 2018, yagaragaje ko ibihugu bya Afurika birimo kongera ishoramari rishyirwa mu bikorwa by’ubuvuzi, kuko mu bihugu 35 ku bihugu 55 byongereye amafaranga bishyira mu bikorwa by’ubuzima ugereranyije n’umwaka watambutse.

Uku gushyira amafaranga menshi mu bikorwa by’ubuzima, byagaragaje impinduka nziza mu bantu hirya no hino ku mugabane wa Afurika no mu bikorwa by’ubuzima.

Nubwo ibihugu bya Afurika byagaragaje impinduka mu kongera ishoramari mu by’ubuvuzi, ibihugu bibiri ku bihugu 55 nibyo ngo byonyine byashoboye kugera ku ntego z’uyu mugabane zivuga ko ibihugu bishyira 15% by’ingengo y’imari mu bikorwa by’ubuvuzi.

Ntiharagerwa kandi ku madorali byibuze 86.3 asabwa kuri buri muntu kugira ngo abe yagerwaho n’ibikorwa by’ubuzima.

U Rwanda rumaze gutera intambwe igaragara mu gushyira amafaranga menshi mu rwego rw’ubuzima, aho mu 2015 rwashyizemo 6.7% by’ingengo y’imari, naho mu 2018/2019 rushyiramo 17% by’ingengo y’imari.

Abanyarwanda barenga 90% bafite ubwishingizi bw’ubuzima, aho bishyura 8% by’ikiguzi cy’ubuvuzi gusa.

Abateguye iyi nama bo bavuze ko Afurika nk’umugabane ufite urubyiruko rwinshi, iterambere ry’ejo rizashingirwa mu guteza imbere abaturage bawo.

Kugeza ubu kandi kimwe cya kabiri cy’abatuye umugabane wa Afurika ntibagerwaho n’ibikorwa by’ubuvuzi, ni mu gihe kandi miliyoni nyinshi z’abaturage bapfa buri mwaka bishwe n’indwara zakavuwe.

Kuri iki cyumweru kandi, Perezida Kagame azitabira inama ya 32 isanzwe y’abakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).

Iyi nama niyo ya nyuma Perezida Kagame azitabira ari Umuyobozi wa AU, yari amaze umwaka ayoboye kuko azahita asimburwa na Perezida wa Misiri, Abdel Fattah El-Sisi.

Muri manda ya Perezida Kagame, hari byinshi azibukirwaho bigamije kugira Afurika yibeshejeho, idategeye amaboko ibihugu by’i Burayi na Amerika. Ibyo birimo; isinywa ry’amasezerano y’isoko rusange rya Afurika (AfCFTA), nkuko ikinyamakuru Igihe cyabitangaje.

Muri Werurwe 2018 i Kigali hasinyiwe amasezerano y’ibihugu bigize AU, agamije gushyiraho Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA). Ibihugu 44 byayasinye ku ikubitiro, ndetse ubu bigeze kure biyemeza burundu ngo atangire gushyirwa mu bikorwa.

Biteganywa ko aya masezerano azahuriza ku isoko rimwe miliyari 1.2 z’abatuye Afurika, rifite umusaruro mbumbe wa tiriyali 2.19$.

Perezida Kagame kandi yakaganguriye ibihugu bya Afurika kwishakamo ingengo y’imari bidategereje inkunga.

AU yatangaje ingengo y’imari izakoresha mu 2019 yagabanutseho 12% ugereranyije n’iy’umwaka ushize, ariko ikagaragaramo ukwigira kwa Afurika.

Hasinywe kandi amasezerano yo koroshya urujya n’uruza, Pasiporo imwe Nyafurika, ikigega cy’amahoro ndetse n’ubufatanye bwa Afurika n’abandi bafatanyabikorwa.

Perezida Kagame azakomeza kuyobora amavugurura ya AU nk’uko yagiriwe icyizere mu nama ya AU yabereye i Kigali mu 2016.

Tariki ya 29 Mutarama 2018 nibwo Perezida Paul Kagame yatangiye inshingano nk’Umuyobozi wa AU, iyi manda ihurirana n’Inteko Rusange ya 30 y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango yabereye Addis Ababa.

2019-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo Mwenda ashingiraho yemeza ko Intambara hagati y’u Rwanda na Uganda ishoboka

Ibyo Mwenda ashingiraho yemeza ko Intambara hagati y’u Rwanda na Uganda ishoboka

Ubwanditsi 05 Jun 2019
Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Ubwanditsi 28 Jan 2025
Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ubwanditsi 04 Aug 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    February 9, 20195:27 pm -

    BRAVO!!!!!PEREZIDA WACU UKOZE IBINTU BYIZA CYANE MURI MANDA YAWE ABANDI BATIGEZE BANATEKEREZA,INTORE IZIRUSHA INTAMBWE!!! ABANDI NABO BAKOMEREZE AHEZA MWARI MUGEZE,AFRICA YACU ITERE IMBERE.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame ni ishema rya Afurika – Perezida Talon
POLITIKI

Kagame ni ishema rya Afurika – Perezida Talon

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Perezida Kagame yitabiriye Inama Rusange ya 71 ku Buzima i Geneve
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye Inama Rusange ya 71 ku Buzima i Geneve

Ubwanditsi 21 May 2018
Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde
Mu Mahanga

Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Ubwanditsi 06 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru