• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana

Ubwanditsi 19 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho mu kiganiro n’abayobozi mu by’ubucuruzi basaga 300, cyabereye mu Mujyi wa Charlotte muri Leta ya Carolina ya Ruguru, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Cyateguwe n’Umuryango wa Gikirisitu uharanira iterambere binyuze mu gushyigikira ba rwiyemezamirimo nyafurika mu kurwanya ubukene, Hiinga Inc.

Perezida Kagame yavuze ko amahano igihugu cyanyuzemo yanashibutsemo icyizere, abantu bakarangamira ahazaza heza haruta aho bari babayemo. Yagarutse ku bihe by’ubuhunzi abanyarwanda barimo na we ubwe bakuriyemo, bagakura bibaza byinshi ari nako bagerageza kubishakira ibisubizo binyuze mu rugamba rwo kwibohora rwatangiye mu 1990.

Nyuma y’imyaka ine urugamba rwo Kwibohora rutangiye habaye Jenoside yakorewe abatutsi yahitanye abasaga miliyoni imwe, igira ingaruka kuri buri munyarwanda mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo bibazo byasigiye abaturage amasomo yo gukora cyane bagamije kubikemura. Ubu umugabane wose ngo urajwe ishinga no gushaka ibisubizo ku bibazo ibihugu bifite, binyuze mu kwishyira hamwe.

Yakomeje ati “Ntabwo twemera guheranwa n’amateka yacu mabi kubera ko biramutse bibaye bityo, ni aho waguma. Ibyo twagerageje gukora ni ukugira ngo, yego twavanye amasomo muri ayo mateka, ariko ayo masomo akwiye kudufasha mu guhindura ahazaza hacu. Byanigishije abaturage kwiha agaciro ariko bakagaha n’abandi.”

“Mu Rwanda ntabwo dushobora guharanira iterambere ngo tugire uwo dusiga inyuma. Ntabwo byumvikana. Icyo tureba ni uburyo twakongerera ubushobozi abaturage bacu, kugira ngo buri wese tujyane mu iterambere. Ibyo bijyana n’ishoramari dukora mu burezi, ubuvuzi n’ibindi.”

Yanagarutse ku rugendo rw’ubwiyunge igihugu cyanyuzemo nyuma ya Jenoside, avuga ko ubusanzwe abantu bashobora gutandukana ariko bidakwiye ko umwe ashaka kwica mugenzi we kubera ko batandukanye.

Ati “Twagombaga kurenga uwo murongo udutandukanya ku buryo tugomba kubana. Ntabwo byoroshye kuko mu gihe twageragezaga ubwiyunge hari n’ababaga bavuga bati oya, dukeneye ubutabera. Guhuza ubwiyunge n’ubutabera bishobora kuba ari byo bintu bigoye cyane. Gusa tukabwira abahuye n’ibibazo tuti nimwe umuntu yagira icyo asaba kurusha abishe, mubabarire. Ntabwo tugomba kwibagirwa ariko tugomba kubabarira.”

Yashimangiye ko kubabarira birimo imbaraga, kuko bituma abaturage babasha kureba imbere bakima agaciro ibibatandukanya.

Yagaragarije abitabiriye iki kiganiro ko nyuma yo kwiyubaka ubu u Rwanda ari igihugu kibereye ishoramari, ashingira kuri raporo ngarukamwaka ya Banki y’Isi ku korohereza abakora ubucuruzi, aho u Rwanda mu 2004 rwatangiriye ku mwanya wa 150 ariko muri raporo ya 2019 ni urwa 29 ku Isi n’urwa kabiri muri Afurika. Rwabaye n’urwa mbere ku Isi mu gukora amavugurura menshi mu korohereza ubucuruzi.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo bitavuye gusa mu kwireba nk’igihugu gito kidakora ku nyanja kandi gifite amateka agoye, ahubwo bishingiye ku mahitamo akomeye u Rwanda rwakoze mu kwihitiramo ibirubereye.

Ati “Twaravuze tuti tugomba gukora amahitamo nubwo yaba agoye ku bijyanye n’ibyo tugomba gukora n’aho tugomba kugana. Nta mabwiriza tugenderaho, tugendera ku mahitamo yacu. Nta gitabo cy’amabwiriza dukurikiza gihari […] Tureba uburyo buri muntu yagira uruhare muri ayo mahitamo, iyo bibashije kudufasha tukabyungukiramo turabyishimira, tugakomeza. Iyo bidakunze ntawe dutunga agatoki, dusubiza amaso inyuma tukareba aho twakoze nabi n’uburyo twabikosora.”

“Ni ukugira ngo tudakora amakosa nk’ay’abandi. Hari aho twageze abantu bakaza bakakubwira ibyo ugomba gukora, kandi ibintu byagenda nabi akaba ari wowe bireba, bagahindukira bakabikugayira nubwo waba wakoze ibyo bakubwiye. Ni amasomo twavanye muri ibyo bihe bikomeye, tugakomeza kureba imbere.”

Perezida Kagame yagaragaje ko muri iki gihe u Rwanda rwazamuye inzego zose harimo n’abagore bagize 52% by’abaturage bose.

Ubu bagize kandi 61% by’abagize inteko ishinga amategeko, 50% by’abagize guverinoma na 44% by’abagize urwego rw’ubucamanza kandi bose bahembwa kimwe.

2019-02-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Ubwanditsi 16 Feb 2020
“Ubwanwa bwanjye ni ukwivumbagatanya k’umutwe w’inyeshyamba”- Kabila

“Ubwanwa bwanjye ni ukwivumbagatanya k’umutwe w’inyeshyamba”- Kabila

Ubwanditsi 22 Jan 2019
Hari Akagambane  Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Hari Akagambane Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Ubwanditsi 11 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

Ubwanditsi 26 Nov 2018
RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo
HIRYA NO HINO

RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi
Mu Rwanda

Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi

Ubwanditsi 28 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru