• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Editorial 06 Mar 2019 ITOHOZA

Ubwo nasomaga inyandiko mu kinyamakuru Chimpreports cyo muri Uganda, y’umunyarwanda Théogene Rudasingwa wahunze uzwi cyane i Kigali kubw’imyitwarire idahwitse, byanteye kwibaza ibibazo byinshi.

Icya mbere nibajije kuri iyo nyandiko yiswe “Uganda should not fall for Rwanda’s provocations” (Uganda ntize kugwa mu mutego w’ubushotoranyi bw’u Rwanda), kubera iki yanyujijwe muri Chimpreports?

Iki kinyamakuru kizwiho gutangaza ibihuha byegamiye ku butegetsi bwa Museveni akenshi kigemurirwa na CMI (Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare), ISO (Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu), ESO (Urwego rushinzwe umutekano wo hanze) n’izindi nzego z’ubutasi za Kampala. Mu yandi magambo, ni ibintu bike byerekeye u Rwanda bitangazwa muri Chimpreports biba ari ukuri. Si igitangaza rero kuba imigani ya Rudasingwa yaranyujijwe muri icyo kinyamakuru.

Icya kabiri, ubusanzwe ibinyamakuru bitangaza ibitekerezo cyangwa inyandiko z’abantu bafite ubunararibonye ku byo bandikaho cyangwa bizeweho kutabogama n’ibindi. Ibi bingeza ku kindi kibazo: Ni ubuhe bunararibonye Rudasingwa afite ku mubano mubi uri hagati ya Kigali na Kampala?

Rudasingwa azwi cyane ku kabyiniriro ka ‘Redcom’ yahawe mu myaka ya za 1980 ubwo yigaga i Kampala muri Kaminuza ya Makerere. Yatetse umutwe abanyeshuri bagenzi be b’abanyarwanda, yifashishije telephone, akajya abahamagara yahinduye ijwi yiyise REDCOM avuga ngo ‘inzego z’ubutasi ziri kuguhiga’ yamara kumva ko umunyeshuri yagize ubwoba, akamusaba kwishyura amafaranga runaka ngo azamurindire umutekano. Uwo Redcom amaze imyaka 15 ataba haba mu Rwanda cyangwa muri Uganda.

Rudasingwa amaze igihe aba hirya iyo kure, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ntiyajya aho ngo abeshye ko afite ubunararibonye ku bibazo by’u Rwanda cyangwa Uganda kuri ubu.

Yagiye muri Amerika asaba ubuhungiro, nyamara ukuri ni uko yavuye mu Rwanda amaze kwirukanwa nk’ushinzwe abakozi mu biro bya Perezida Kagame. Abakora mu biro bya Perezida bazi neza urwego rw’imikorere iba yifuzwa n’ubushishozi uhakorera aba asabwa.

Icyakora mu Rwanda rushya, buri wese na Rudasingwa uzwi nka Redcom bahabwa amahirwe. Ikipe ya Perezida ishinzwe gutoranya abakozi imuhitamo yari yiteguye guha amahirwe buri wese dore ko ahahise hari harabaye isomo ku banyarwanda benshi babaye impunzi.

Nyamara nyuma y’igihe ari umukozi, byarigaragaje ko imyitwarire ya Rudasingwa, ‘Redcom’ wa kera itigeze ihinduka, ko ibyo yaciyemo ntacyo byamwigishije. Ubwo yari ashinzwe abakozi mu biro bya Perezida, yashatse kugarura amanyanga yerekwa umuryango. Iyo niyo nkomoko y’urwango uyu mugabo wahawe amahirwe benshi bifuza ariko akayapfusha ubusa, yanga igihugu cye.

Mu nyandiko ye muri Chimpreports, Rudasingwa ashyigikira ibirego by’uko “u Rwanda ruri gushotora Uganda”. Mu kinyabupfura gike, yibasira `Perezida Kagame ashaka kumugaragaza nka sekibi. Intego nyamukuru ni ugukomeza gukwirakwiza ibihuha by’uko yaba RNC yagabye mu Rwanda ibitero bya gerenade bikica benshi abandi bakamugara, yaba ibikorwa by’ubutegetsi bwa Uganda ku Rwanda nko gushimuta, gufunga binyuranyije n’amategeko, guhohotera no kwica abanyarwanda babashinja ‘ubutasi’ cyangwa ngo ‘kwinjira binyuranyije n’amategeko, byaba amabi abera i Burundi, ngo byose ni amakosa ya Kagame!

Rudasingwa akomeza atsindagira ibinyoma byibasira u Rwanda bikomeje gukwirakwizwa na RNC, FDLR n’utundi dutsiko dushaka kugaragaza u Rwanda nk’ikuzimu mu gihe ukuri kuzwi ko ubuyobozi u Rwanda rufite bwageze kuri byinshi mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, ndetse ari igihugu gihagaze neza mu miyoborere ku rwego rwa Afurika.

Igitangaje ni uburyo umuzindaro w’ubutegetsi bwa Uganda wahaye umwanya ibinyoma bya Redcom. Ibi ni ibyemeza ko Museveni n’abantu be ntaho batazagera bafata ibyaha bo ubwabo bakora, bakabitwerera abo babikorera.

Igihamya cya nyuma ni uko Chimpreports yatambukije inyandiko ya Rudasingwa icyarimwe n’ikinyamakuru The Rwandan. Icyakora icyo kinyamakuru cyo cyahinduye umutwe w’inkuru kivuga ngo “Rwanda closes border with Uganda as tension escalates (u Rwanda rwafunze umupaka na Uganda mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera) ariko ibiri mu nkuru imbere ni bimwe.

The Rwandan ni ikinyamakuru cy’agatsiko k’abanyarwanda b’abagizi ba nabi bahunze, gafitanye imikoranire na RNC, FDLR n’utundi dutsiko duhakana Jenoside, duhujwe n’urwango twanga ubuyobozi bw’u Rwanda.

Mu yandi magambo, abo nibo bantu bacuditse na Museveni muri iyi minsi.

Iki ni igitekerezo cya Jackson Mutabazi. Cyatambutse mu kinyamakuru VirungaPost mu rurimi rw’Icyongereza.

2019-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Editorial 03 Jan 2024
Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Editorial 02 Oct 2016
CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Editorial 11 Apr 2018
Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Editorial 05 Jul 2018
Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Editorial 03 Jan 2024
Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Editorial 02 Oct 2016
CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Editorial 11 Apr 2018
Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Editorial 05 Jul 2018
Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Editorial 03 Jan 2024
Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Editorial 02 Oct 2016
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 1, 20196:07 am -

    Nanjye nta kintu Rudasingwa yavuga cg se yakwandika ngo ngihe agaciro!

    Ndamuzi akiri SG wa FPR adusanga mu mahanga. Namubonagamo umwirasi noneho ngeze mu Rwanda nsanga yakuye agahu ku nnyo!

    Apuuu, FPR we genda waragowe kugira abantu nka Gahima cg Rudasingwa!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru