• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

Ubwanditsi 10 Mar 2019 IKORANABUHANGA

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangije umushinga wo kongerera ubushobozi uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bukoreshwa n’abacuruzi mu gutanga inyemezabwishyu (EBM2.0), uzatwara miliyoni 8,65$.

Uyu mushinga wafunguwe kuri uyu wa 7 Werurwe, watewe inkunga ya miliyoni 6$ n’Umuryango mpuzamahanga w’Abanya-Koreya y’Epfo(KOICA), RRA iwutangaho miliyoni 2,65$ yose azifashishwa mu guhugura abakozi, kuwutegura, kuwumenyekashisha, kugura ibikoresho n’ibindi.

Umuyobozi wa KOICA mu Rwanda, Lee Byung Hwa, yavuze ko uyu mushinga uzakuraho imbogamizi zitandukanye abasora bagiraga, ukongera ingano y’umusoro kandi mu mucyo.

Ati “Mu bufatanye bwacu na RRA, turi gufasha guverinoma y’u Rwanda gukora iki gikorwa gikomeye cyo gushyiraho uburyo bworoshye kandi buhendutse no kongerera ubushobozi abashinzwe iby’imisoro.”

Umuhuzabikorwa wa EBM, Mbera Emmy, yavuze ko EBM 2.0 itandukanye n’utumashini dusanzwe twifashishwa mu gutanga inyemezabwishyu kuko ‘Ari porogaramu (Software) dushyira muri mudasobwa n’ibindi bikoresho bishobora kuyakira birimo na Telefone’.

Ati “Ku buryo(Porogaramu) ariyo ushyira muri icyo gikoresho ukaba ariyo ukoresha mu gutanga inyemezabwishyu. Icyiza cyo ni uko hagize ikibazo kigaragara utirirwa uza ku kigo cy’imisoro n’amahoro ngo tuguhe ubufasha.”

Yasobanuye ko icyo umuntu azajya akora agize ikibazo ari uguhamagara muri RRA abakozi baho bakayireba bifashishije ikoranabuhanga, bakamufasha atiriwe ajyayo kandi ku buntu.

Ikindi abacuruzi bazunguka ni uko porogaramu ya EBM 2.0 bazajya bayihabwa ku buntu ku bafite ibikoresho bizakira mu gihe utumashini twa EBM batuguraga.

Uretse uburyo bwo gutanga iyi porogaramu, RRA izanashyiraho uburyo umuntu yuzuriza ibisabwa kuri internet agahita ahabwa inyemezabwishyu.

Mbera ati “Ikigiye gukorwa ni ukuyitegura ku buryo uhereye muri Mutarama 2020 tuzaba dufite uburyo bwa mbere tuzaba twatangiye gukoresha.”

Yakomeje avuga ko RRA irajwe ishinga no gushaka icyafasha abasora kuzuza inshingano zabo, baba hari icyo badasobanukiwe bakayegera kandi bakarushaho kwifashisha no kujyana n’ikoranabuhanga.

Mu Rwanda habarubwa abasora umusoro nyongeragaciro banditse basaga ibihumbi 26 barimo 19 800 bakoresha EBM.

Bamwe mu bayobozi ba KOICA izatera inkunga uyu mushinga

Umuhuzabikorwa wa EBM, Mbera Emmy, yavuze ko EBM 2.0 itandukanye n’utumashini dusanzwe twifashishwa mu gutanga inyemezabwishyu

Uyu mushinga washyizwe mu bikorwa ku nkunga ya RRA na KOICA
Inkuru ya IGIHE

2019-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 05 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23
Amakuru

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Ubwanditsi 16 Feb 2023
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Itabi ry’abo kwa Rwigara Assinapol rigiye gutezwa cyamunara
INKURU NYAMUKURU

Itabi ry’abo kwa Rwigara Assinapol rigiye gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 15 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru