• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kenyatta si umuhuza w’u Rwanda na Uganda – Minisitiri Nduhungirehe

Perezida Kenyatta si umuhuza w’u Rwanda na Uganda – Minisitiri Nduhungirehe

Editorial 12 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Amb. Olivier Nduhungirehe, aravuga ko abatekereje ko Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta yagenzwaga no guhuza u Rwanda na Uganda bibeshya kuko atari umuhuza muri kibazo hagati y’ibihugu byombi.

Byavugiwe mu kiganiro bamwe mu ba minisitiri bagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 12 Werurwe 2019, cyavugaga ku byavuye mu mwiherero wa 16 w’abayobozi bakuru b’igihugu, umwiherero wabereye i Gabiro mu karere ka Gatsibo. Nkuko bitangazwa na KT.

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, yagiriye uruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda anahita ajya i Gabiro aho yaganiriye na Perezida Kagame.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko urwo ruzinduko ntaho ruhuriye n’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda nk’uko hari ababyibazaga.

JPEG - 149.7 kb
Abaminisitiri hamwe n’Abanyamakuru batandukanye mu kiganiro gikurikira umwiherero

Yagize ati “Uruzinduko rwa Perezida Kenyatta rwari rugamije gutsura umubano uri hagati y’ibihugu byombi, baganiriye ku mibanire, ubucuruzi n’ibindi. Ibyo guhuza u Rwanda na Uganda ntaho bihuriye na rwo kuko Perezida Kenyatta atari umuhuza w’u Rwanda na Uganda”.

Yagarutse kandi ku bibazo bitatu by’ingutu biri mu mubano w’u Rwanda na Uganda.

Icya mbere ngo ni Abanyarwanda bafatirwa Uganda nta mpamvu bagakorerwa iyicarubozo. Ibyo ngo binyuranyije n’amasezerano y’imigenderanire muri EAC.

Icya kabiri ngo ni inzego z’umutekano za Uganda zifasha abarwanya u Rwanda, bibumbiye mu mutwe RNC.

Icya gatatu ni kubangamira u Rwanda mu by’ubucuruzi kuko ngo hari amakamyo yo mu Rwanda apakiye ibicuruzwa yahejejwe muri Uganda nta mpamvu igaragazwa.

Nduhungirehe kandi avuze ko u Rwanda ruzakomeza gukoresha inzira ya diplomasi mu kugerageza gukemura ikibazo kiri hagati ya Uganda n’u Rwanda.

2019-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Editorial 01 Jan 2023
Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Editorial 09 Feb 2021
Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Editorial 30 Oct 2019
Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Editorial 26 Dec 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye Rugarama
    March 13, 20196:24 pm -

    Nyamuneka Mudufashe Nkabayobozi Bibihugu Mushake Uko Mwakemura Ikibazo Bidakomeje Kubangamira Abaturage, Twe Twegereye Imipaka Turi Kuharenganira

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru
POLITIKI

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Editorial 06 Nov 2017
UGANDA: Abakobwa Batonganye n’ Abayobozi b’ Ishuri Kubera Kwambara Imyenda Igaragaza ubwambure bwabo
Mu Rwanda

UGANDA: Abakobwa Batonganye n’ Abayobozi b’ Ishuri Kubera Kwambara Imyenda Igaragaza ubwambure bwabo

Editorial 02 Jun 2017
Kampala : Ikizere kiraza amasinde, gitumye  Rudasingwa yisubiriye mu ” ISHAKWE ” kugirango abone uko yaramuka kabiri
INKURU NYAMUKURU

Kampala : Ikizere kiraza amasinde, gitumye Rudasingwa yisubiriye mu ” ISHAKWE ” kugirango abone uko yaramuka kabiri

Editorial 08 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru