• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Editorial 30 Mar 2019 UBUKERARUGENDO

Sosiyete itwara abantu n’ibintu mu ndege, Brussels Airlines, yamuritse imiterere y’intebe nshya yashyize mu ndege zayo zikora ingendo ku Isi yose mu kurushaho kunoza serivisi iha abagenzi.

Ni ivugurura rizatuma abagenda mu ndege za Brussels Airlines barushaho kuryoherwa na serivisi zitangirwamo zirimo ibyicaro byiza, umuziki ucurangwa, ububiko bwizewe, ibyo kunywa no kurya ndetse n’umutekano uzira amakemwa.

Brussels Airlines yamuritse imiterere mishya y’imbere mu ndege zayo mu muhango wabereye muri Kigali Convention Center ku wa 27 Werurwe 2019.

Serivisi nshya zizatangirwa mu kirere zagereranyijwe n’izo wasanga muri Hôtel-boutique yita ku banyacyubahiro, abayobozi bakuru muri guverinoma, ba mukerarugendo n’abandi.

Ubusanzwe Hôtel-boutique zatangiye kubakwa ahagana mu 1980 mu mijyi ikomeye irimo Paris, Londres, New York na San Francisco. Ni hoteli usanga ifite ibyumba biri hagati ya 10 na 100, kandi iri ahantu hatuje cyane.

Umwongereza Richard Ingress witabiriye iki gikorwa yavuze ko kuba Brussels Airlines yaguye serivisi ari iby’agaciro.

Yagize ati “Ni byiza kubona bagura imikorere yabo, nizeye ko nanjye bizangirira akamaro cyane ku buryo nzajya mbona uko njya mu Bwongereza byoroshye. Bagize neza kuko mu rugendo rurerure umuntu aba akeneye guhitamo filime areba n’umuziki umuryoheye.’’

Umuyobozi w’ikigo gitanga serivisi z’ingendo, International Travel Agency (ITA) Rwanda, Nadia Keza, yavuze ko serivisi nshya zizafasha mu kumvisha abagenzi gukoresha indege za Brussels Airlines mu ngendo zabo.

Yagize ati “Ni byiza kuba Brussels Airlines ihinduye intebe zayo mu ndege ngo abantu bisanzure, bamererwe neza mu ngendo zabo. Kuri twe biradushimishije kuko tugurisha amatike y’indege kandi tuba twifuza ko abakiliya bamererwa neza. Iyo indege ibidufashijemo igahindura imiterere yayo biradufasha kuko aba ari byiza.’’

Impinduka mu ndege za Brussels Airlines zizanagera ku kunoza serivisi kuva mu myanya y’icyubahiro ‘Business Class’, iyo mu rwego rwa ‘Premium Economy’ no mu isanzwe ya ‘Economy Class’.

Keza yakomeje ati “Wasangaga batabyishimiye kuko abagenzi bicaranaga kandi bishyuye amafaranga arutana. Ubu byaratandukanyijwe. Ubu bafite ahantu habo n’umuntu ubitaho buri kanya.’’

Brussels Airlines yanasangije serivisi zayo nshya abarenga 1800 barimo abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, ibya Leta n’abandi bafite aho bahuriye n’ubucuruzi ku mugabane bitabiriye Inama Nyafurika y’abayobozi b’ibigo bikomeye (Africa CEO Forum) yasojwe ku wa 26 Werurwe 2019.

Umuyobozi wa Brussels Airlines mu Rwanda, Coline Everard, yabwiye IGIHE ko bafite intego yo gufasha abagenzi bagenda mu ndege zayo kumererwa neza mu ngendo bakora.

Ati “Abagenzi bashyiriweho serivisi zizatuma bakora urugendo biyumva nk’abari mu ngo zabo. Brussels Airlines imuritse iyi miterere y’indege muri Afurika. Uyu ni umwanya twafashe wo gusangiza abakiliya bacu serivisi nshya tubafitiye.’’

Brussels Airlines yashoye miliyoni 10 z’amayero mu kuvugurura imiterere ya buri ndege zayo mu mushinga wagizwemo uruhare n’Ikigo cy’Ubugeni cya JPA Design.

Biteganyijwe ko indege ya mbere ifite imiterere mishya izakora urugendo muri Mata 2019.

Brussels Airlines iri mu maboko y’Ikigo cy’indege cy’Abadage cyitwa Lufthansa Group. Ikora ingendo esheshatu buri cyumweru ziva i Kigali.

Iyi kompanyi y’indege ya mbere mu Bubiligi ifite icyicaro kuri Brussels Airport, igana mu byerekezo 120 birimo u Burayi, Amerika ya Ruguru, Afurika na Aziya.

Kuva muri Gashyantare 2017, Brussels Airlines na Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere, RwandAir, bifitanye amasezerano y’ubufatanye akubiyemo imikoranire mu by’ubucuruzi no gukemura ibibazo bya tekiniki.

Imiterere mishya yo mu myanya y’icyubahiro ‘Business Class’ mu ndege za Brussels Airlines

2019-03-30
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Editorial 01 Jun 2023
Rwandair irakomereza ingendo i Harare na Cape Town

Rwandair irakomereza ingendo i Harare na Cape Town

Editorial 13 Feb 2018
Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Editorial 26 Sep 2018
Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Umusaruro wo gusura ingagi wiyongereyeho hafi miliyoni 853 Frw mu mezi ane ashize

Editorial 29 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops
Amakuru

Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops

Editorial 03 Jan 2023
U Rwanda rwafunguriye amarembo ibihugu by’isi yose
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwafunguriye amarembo ibihugu by’isi yose

Editorial 16 Nov 2017
Umugande  Andrew Mwenda,  yemeza ko  Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka
Mu Rwanda

Umugande Andrew Mwenda, yemeza ko Perezida Kagame yari yasabye kuruhuka

Editorial 01 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru